Radiyo y’Abaturage Isangano ivugira i Rubengera mu karere ka Karongi yasuye umukecuru Nyiraminani Mariya ufite imyaka 79 warokotse Jenoside utuye mu kagari ka Mataba mu murenge wa Rubengera.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Célestin, aratangaza ko imihigo y’uturere twose tugize iiyo ntara igeze kuri 80%, kandi ko na 20% bisigaye nabyo bizagerwaho muri Kamena 2013.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Dr Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abasura inzibutso za Jenoside kutabikora nk’umuhango gusa kuko gusura izi nzibutso ari kimwe mu bishimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Mu mahungurwa barimo guhabwa n’umuryango mpuzamahanga uharanira gukemura amakimbirane mu mahoro (Search for Common Ground), abanyamakuru baturuka mu Rwanda, u Burundi na Congo baratangaza ko bajyiye kugira uruhare mu gukemura amakimbirane ari mu bihugu byabo bifashishije umwuga wabo.
Umuhungu na mushiki we bakomoka mu Kagali ka Huro, Umurenge wa Muhondo mu Karere ka Gakenke bamaze amezi atatu baryamana nk’umugabo n’umugore kandi bava inda imwe.
Bamwe mu Banyarwanda baba muri Amerika basabye Perezida Barack Obama kudasura igihugu cya Tanzaniya, niba umukuru wacyo Jakaya Kikwete ativuguruje kubera ibyo yasabye ko u Rwanda rwashyikirana n’umutwe wa FDLR.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), Rwangombwa John, yasuye imishami rya banki nkuru y’igihugu mu karere ka Rusizi ndetse anareba uko imikorere imeze hagati y’ibigo by’imari n’abikorera.
Kuri uyu wa gatatu tariki 29/05/2013, u Rwanda na Lesotho byasinye amasezerano y’ubufatanye agamije kujya bihana amakuru n’ubumenyi bijyanye no guteza imbere imiyoborere myiza.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Gakenke baganiriye na Kigali Today bavuga ko gusabiriza ari ukwitesha agaciro, bityo basaba bagenzi babo kubireka bagashaka icyo bakora cyabinjiriza amafaranga.
Akimanizanye Belancile, umugore uri mu kigero cy’imyaka 55 utuye mu mudugudu wa Kibingo, akagali ka Musezero, umurenge wa Rwaza avuga ko kuva aho ubutaka bwe butangiriye kurigita mu ntangiriro za 2012, imibereho ye yasubiye inyuma, kuko ngo nta cyamusimburira ubutaka yatakaje.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza bufatanyije n’umushinga wo gufata amazi, ubutaka no kuhira imirima y’imusozi (LWH) ukorera muri Minisiteri y’ubuhinzi bakomeje guhamagarira abantu babishaka bose kuza muri ako karere bagahabwa akazi ko gukora mu materasi y’indinganire.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arahamagarira abandi bayobozi mu nzego zinyuranye ku mugabane wa Afurika gufatisha yombi amahirwe menshi y’iterambere Afurika ifite iki gihe, bakayabyaza umusingi w’iterambere rirambye Abanyafurika basonzeye.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Nyamagabe bari kurebera hamwe uburyo umwanzuro wo gutunganya umudugudu w’icyitegererezo mu iterambere rikomatanyije bahuriyeho (JADF IDP Model Village) bafatiye mu rugendo shuri bagiriye mu karere ka Rubavu washyirwa mu bikorwa.
Hasize imyaka irindwi abaturage bo mu murenge wa Rilima mu karere ka Bugesera batarahabwa ingurane z’imyka yabo yangijwe igihe umushinga wa SOGEA SATOM wakwirakwizaga amazi mu ngo muri uyo murenge.
Umujyanama Mukuru mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Miturire (UN Habitat) mu karere akaba anashinzwe u Rwanda by’umwihariko, Dr Jossy Materu, yatangije amahugurwa y’iminsi itanu agenewe abafite imiturire n’imicungire y’ubutaka mu nshingano mu karere ka Nyamasheke.
Tariki 27/05/2013, Abakongomani bavuga Ikinyarwanda bari mu nkambi zo mu Rwanda bibutse ku nshuro ya 10 ababo bazize ubwicanyi bwabakorewe ahantu hatandukanye muri Congo (Mukoto, Ngungu, Bukavu, Karehe, Lubumbashi, Kamina, Kinshasa), mu Rwanda (Mudende no mu kambi ya Nkamira) no mu Burundi mu Gatumba.
Nubwo Perezida wa Tanzaniya yari yasabye ko Leta y’u Rwanda yakwicarana na FDLR mu biganiro bigamije kubaka amahoro arambye mu karere no muri Kongo-Kinshasa by’umwihariko, Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko itazigera ijya mu biganiro n’uwo mutwe.
Perezida Kagame yitabiriye inama ya 48 ya banki nyafurika itsura amajyambere (AfDB) yatangiye tariki 27/05/2013 mujyi wa Marrakech mu gihugu cya Maroke. Iyi nama izibanda ku bicyenewe mu kuzamura ubukungu bw’Afurika ku buryo burambye.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imfubyi Orphelinat Imbabazi butangaza ko gahunda yo gushyira abana mu miryango igenda neza k’uburyo mu bana 100 cyari gifite hasigaye abana bane gusa batarabona imiryango ibakira.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa guhorana inyota yo gusobanukirwa n’ibarurishamibare, hagamijwe ko badakora amakosa mu bijyanye no gukusanya amakuru, kuko iyo batanze amakuru atariyo bidinziza iterambere ry’igihugu.
Umuryango w’abafasha b’abakuru b’ibihugu bya Afurika urwanya SIDA (OAFLA), watoreye madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, kuwubera visi Perezida, mu matora yabereye i Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia, kuri iki cyumweru tariki 26/05/2013.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt. Gen Charles Kayonga, hamwe n’umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’ingabo muri Uganda, Gen Jeje Odong, bashimye imyitwarire myiza y’abahagarariye u Rwanda mu masomo ajyanye n’ubutabazi bwihuse, yahurije hamwe ibihugu byo mu gace ka Afurika y’uburasirazuba.
Nyuma y’aho imvura idasanzwe yibasiye cyane intara y’amajyaruguru mu minsi ishize, ubu abayobozi muri iyi ntara barimo barigira hamwe icyakorwa vuba kugira ngo abantu bose batuye ahashobora kubangamira ubuzima bwabo bimurwe batuzwe ahateganijwe.
Nyuma yuko Amosi Musa atanze inkwano y’ibihumbi 700 yifuza kuzarongora umwana w’umukobwa witwa Fatina Nyirahabimana w’imyaka 20; uyu mukobwa we yanyuze inyuma yisangira undi muhugu witwa Sadamu Harerimana bamaze imyaka itatu bakundana.
Abanyarwanda 41 biganjemo abana n’abagore batahutse ku mugoroba wo kuwa 24/05/2013 bavuye muri Congo; batangaza ko batahutse kubera kurambirwa ubuzima bw’ishyamba kandi igihugu cyabo gitekanye.
Imbuto Foundation ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye urengera abagore (ONE UN) bateguye umunsi wo gusoma wahariwe gushishikariza abana gusoma. Igikorwa cyaranzwe n’amarushanwa yo kugaragaza ubumenyi.
Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe wa Senat, Bernard Makuza, yifatanyije n’Abanyakarongi mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya Ibiza. Igikorwa cyabereye mu kagari ka Bubazi umudugudu wa Bunyankungu, umurenge wa Rubengera aharimo kubakwa amazu 384 y’icyitegererezo, kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/05/2013.
Umwe mu Banyarwanda bari barafatiwe mu mujyi wa Goma agahohoterwa yarekuwe aho yari afungiye mu kigo cya Gisirikare cya Camps Katindo, nyuma yo gucunzwa ibyo yarafite. Ibi bibaye nyuma y’aho bivugwa ko hari abandi Banyarwanda bafatirwa muuri uyu mujyi n’inzego z’umutekano bagahohoterwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero buratangaza ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari usoza, mu karere kose hamaze gukemurwa ibibazo by’abaturage 501. Ibyo byakozwe mu rwego rw’imiyoborere myiza n’iterambere ry’abaturage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’ibikorwa remezo, Alexis Nzahabwanimana, yemeza ko ibikorwaremezo byo mu karere ka Nyanza biri mu nzira nziza. Ibi yabitangaje ubwo yasuraga imihanda iri gukorwa muri aka karere, Kuri uyu wa Gatanu tariki 24/05/2013