Imibiri y’abantu umunani bishwe muri Jenoside yabonetse mu cyobo kiri hafi y’umupaka wa Nemba uhuza igihugu cy’u Rwanda n’u Burundi mu ishyamba rya Gako mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Inteko nshingamategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, kuri uyu 04/06/2013 wasuye ishuri rya ES Byimana riherutse kwibasirwa n’inkongi y’umuriro inshuro eshatu inaritera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko bari bamaze iminsi bifuza gutahuka ariko bagaterwa ubwoba n’amakuru y’ibihuha bahabwaga n’abasirikare ba FDLR bababwira ko nta mutekano w’abatahutse mu Rwanda.
Umuhanda Muhanga-Karongi hagati y’i Nyange n’aho bita ku Rufungo ushobora kwangirika cyane nyuma y’aho ubutaka bwo munsi yawo butwawe n’inkangu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bemeza ko bafashe ingamba zo guharanira amahoro nyuma yo kumva ubuhamya bwa Bamporiki Edouard bukubiyemo ibyo yabonye muri Jenoside.
Raporo iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango Transparence International Rwanda igaragaza ko mu Rwanda ruswa ishingiye ku gitsina ihaboneka nubwo inzego nyinshi zibihakana zivuga ko byaba ari amagambo.
Imibare itangwa n’akarere ishimangira ko ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bwabashije gukemura ibibazo by’abaturage ku kipimo cya 96.8% muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Ndaruhutse Jean De Dieu uyobora akagali ka Gahima mu murenge wa Kibungo,akarere ka Ngoma yahawe moto na Polisi kubera kuba indashyikirwa mu gushyiraho morare irimo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira gahunda za Leta no kwicungira umutekano.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bishimira ko nyuma y’amezi abiri babonye umuyobozi mushya ibibazo byabo bibasha gukemuka vuba bagereranyije na mbere, hakabaho n’inama zibahuza n’abayobozi zigamije kwigira hamwe uko bafatanya mu bikorwa by’iterambere.
Kuwa 03/06/2013 ikigo MTN gicuruza serivisi z’itumanaho cyatangije gahunda y’iminsi 21 cyise iyo kugira impuhwe no kugaragariza Abaturarwanda urukundo mu buryo bunyuranye burimo gufasha no gutabara.
Ministiri ushinzwe iterambere n’ubutwererane w’Ubudage, Dirk Niebel, wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva tariki 02/06/2013, yatangaje ko igihugu cye gishyigikiye uburyo u Rwanda rurimo gutera imbere, ndetse n’uko rwitwaye neza mu kugarukana amahoro muri Kongo.
Abanyamuryango ba koperative Abasangirangendo Twisungane Mukama y’abafite ubumuga ikorera mu murenge wa Mukama ho mu karere ka Nyagatare yacitse ku ngeso mbi yo gusabiriza babikesha umwuga w’ubukorikori.
Inama ya gatanu y’u Buyapani n’ibihugu by’Afurika yasojwe kuri uyu wa mbere tariki 03/06/2013, umugabane w’Afurika wijejwe inkunga ingana na miliyari 10.8 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Umuhanda wa kaburimbo ukorwa mu karere ka Nyamasheke watangiye gusaduka bu bice bitandukanye, mu gihe nta mwaka urashira ukozwe. Ibi ngo bishobora kuba biterwa n’uko abawukoze bagiye ifungirana amasoko y’amazi bakayazibya badashyizeho ibiraro.
Mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi ku cyumweru tariki 02-06-2013 bimuriye mu rwibutso rushya imibiri y’abatutsi basaga 3500 baturukaga mu duce dutandukanye tw’ahahoze ari muri perefegitura ya Kibuye bishwe muri jenoside yo muri Mata 1994.
Niyikora Marthe w’imyaka 33 wari warahungiye mu Burundi atangaza ko hari igihe yari agiye guta abana be batandatu ariko ngo umutima ukamucira urubanza. Kubera ubuzima bubi yabagamo, yafashe icyemezo cyo gutahuka agera mu Rwanda tariki 01/06/2013.
Mu muhango wo gutangiza siporo mu bigo by’amashuri ndetse no kwibuka abakoraga siporo bazize Jenoside, tariki 31/05/2013, umukozi ushinzwe ubushakashatsi muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Gasanabo Yohani Damaseni, yasobanuriye abanyeshuri bo mu bigo byo mu mujyi wa Butare ko Jenoside n’intambara bitandukanye.
Ubwo Umuryango w’abibumbye (UN) wizihizaga umunsi mpuzamahanga w’ababungabunga amahoro ku isi tariki 29/05/2013, Ingabo na Polisi b’Igihugu babihariye gusuzuma uburyo bitanga hirya no hino ku isi, mu kurengera ubuzima bw’abantu no guharanira iterambere rusange ry’abo bagiye kurinda.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiyoborere myiza (RGB) kiremeza ko nta gihugu na kimwe cyagera ku iterambere nyaryo kandi rirambye ribaye ridashingiwe ku miyoborere myiza, bityo RGB igasaba Abanyarwanda guharanira imiyoborere myiza mu nzego zose ngo u Rwanda ruzatere imbere ku buryo busesuye.
Minisitiri Vincent Biruta ushinzwe uburezi mu Rwanda aravuga ko Guverinoma y’u Rwanda ihamagarira Abaturarwanda bose guhaguruka bakarwana ku buzima bwabo bitabira gukora siporo byibura rimwe mu cyumweru kuko abahanga bagaragaje ko siporo n’imyitozo ngororamubiri birinda abantu kurwaragurika.
Inama y’Igihugu y’Abantu Bafite Ubumuga kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013 yatangije gahunda y’imihigo ku rwego rw’igihugu, igikorwa cyabereye mu karere ka Karongi ahahuriye abahuzabikorwa bo mu Ntara y’iBurengerazuba.
Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi mu ishuri rya Green Hills Academy, kuri uyu wa Gatandatu tariki 01/6/2013, bemereye Mme Jeannnette Kagame ibyo yabasabye, birimo kudata umuco w’iwabo wo kwihesha agaciro no guharanira kugira ubuhanga buhanitse, aho bagiye kwiga hirya no hino ku isi.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rusizi ziri mu gikorwa cyo guhiga umuntu wese waba ufite imitego itemewe ikoreshwa mu kuroba injanga, nyuma yo gusanga amafi ari mu kiyaga cya Kivu ashobora kuzimira kukoabenshi nta wundi mwuga bagira uretse uburyobyi.
Nyuma y’uko intore zo kurugerero zitangiye icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa by’urugerero cyatangiye tariki 22/04/2013, urwo rubyiruko rurashimirwa imyifatire myiza rugaragaza kuva mu nyigisho rwahawe kugeza muri iki cyiciro cy’urugerero.
Imiryango 49 igizwe n’abantu 121 bari bamaze imyaka 19 m’ubuhunzi mu gihugu cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo bahungutse kuri uyu wa gatanu tariki 31/05/2013. Batangaza ko kimwe mu byababuzaga gutaha ari ukutamenya ukuri kw’ibibera mu Rwanda.
Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NHRC), itangaza ko raporo z’imiryango mpuzamahanga zivuga ko uburenganzira bwa muntu butubahirizwa mu Rwanda, zirangwa no kwivuguruza kuko zinenga ariko zikisubiraho zivuga ko birimo gukemurwa.
Bamwe mu bakenera serivisi zinyuranye mu karere ka Rwamagana bemeza ko babona inzego z’imirimo zinyuranye zaratangiye kunoza imitangire ya serivisi, bagasaba Leta kongerera ubushobozi izigicumbagira nko mu bigo by’imari.
Abagize imitwe ya politike n’abahagarariye amadini mu karere ka Ruhango barasabwa kugira uruhare rugaragara mu mu matora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 kuko bafite abayoboke benshi bagomba gukangurira kuzitabira aya mato.
Akarere ka Nyamagabe n’abafatanyabikorwa bako mu kwita ku mibereho myiza n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bw’umwana, biyemeje gufatanya no gushyira ingufu hamwe mu guhangana n’ikibazo cy’abana bata imiryango ndetse n’amashuri bakajya mu dusantere dutandukanye kuba inzererezi.