Urubyiruko rwo mu karere ka Burera ruracyakeneye ibiganiro ku mateka y’u Rwanda cyane cyane avuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko batarayasobanukirwa neza; nk’uko byagaragaye mu biganiro “Youth CONNEKT Dialogue”, tariki 11/05/2013.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo muri Kaminuza ya Kibogora iri mu karere ka Nyamasheke, tariki 11/05/2013, bashyizeho Urwego rwihariye rubagenga, nk’abanyamuryango ba FPR babarizwa muri iyi kaminuza.
Ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe Bibiliya mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda cyatangiye kuwa 4-11 Gicurasi 2013, Mundanikure Simeon w’imyaka 50 yatangaje ko ijambo ry’Imana ryanditse muri Bibiliya ryahinduye imibereho ye.
Ambasade ya Leta zunze ubumwe za Amerika ijya ifata igihe ikagurisha muri cyamunara bimwe bikoresho byayo byakoreshejwe, ku giciro gito gikurura benshi; ariko ngo itangiye kujya ibangamirwa n’abakomisiyoneri bahanika ibiciro, nabo baba batahatanzwe.
Kuba hari ibitangazamakuru by’imbere mu gihugu bitamenya ibiteganywa n’amategeko agenga Itangazamakuru, ngo ni yo mpamvu ituma Abanyarwanda bizera ibitangazamakuru byo hanze kuruta ibikorera imbere mu gihugu, nk’uko bamwe mu baganiriye na Kigali Today batangaza.
Amacakubiri yabibwe n’abayobozi bateguye Jenoside, yatumye bamwe mu banyarwanda bagira urwango rwabashoye mu bwicanyi. Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, atangaza ko urwo rwango rutari muri kamere ya Muntu kuko yuma y’ibyabaye Abanyarwanda bongeye kubana neza.
Abakozi muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) hamwe n’abakozi b’ibigo bya Leta biyishamikiyeho kuri uyu wa 11/05/2013 basuye urwibutyo rwa rwa Nyarubuye mu karere ka Kirehe barutera inkunga y’amafaranga miliyoni yo gufasha mu bikorwa bitandukanye kuri uru rwibutso.
Inama y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize umuryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) yabereye i Bujumbura taliki 10/5/2013 yemeje ko abayobozi b’ibihugu bigize uwo muryango bazahura taliki 15/9/2013 kugira ngo bemeze imikorere y’uyu muryango umaze imaze imyaka 5 wongeye gukora.
Icyigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kiratangaza ko abahawe ibyangombwa by’ubutaka, ku butaka rusange bwa Leta bwo ku nkengero z’ibiyagaga, inzuzi n’ibishanga itegeko rigiye gukurikizwa bakabusubiza Leta.
Mu nama abagize komisiyo y’imiyoborere myiza n’ubutabera y’ihuriro ry’abafatanyabikorwa bo mu Karere ka Huye bagize kuwa Kane tariki 09/05/2013, bagaragarijwe ko bashobora gufasha mu gikorwa cy’itorero maze kikarushaho kugenda neza.
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rwaremeye umusore witwa Jean Claude Ishimwe, utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, rumuha ibikoresho byo kubaza kuko yize ububaji ariko kubera ubukene akaba yari yarabuze uko ashyira mu bikorwa ibyo yize.
Kubera ubwicanyi bwaranze akarere ka Gisgara mu minsi ishize bukozwe n’abagore, abategarugori bo mu itsinda ryitwa IJWI RY’IBYIRINGIRO ryo mu karere ka Muhanga baherekejwe n’umuyobozi w’akarere kabo basuye akarere ka Gisagara basengera imiryango ibanye nabi n’akarere muri rusange.
Abagize ihuriro ry’Abafatanyabikorwa b’akarere (DJAF) ka Bugesera baratangaza ko bagiye kuzajya bamurika ibikorwa byabo mu mirenge bakoreramo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa gahunda ya Leta yo kwegereza abaturage ibikorwa bibakorerwa.
Nyuma y’uko umuhanda uva kuri kaburimbo ahitwa ku rukiko ugana ku cyicaro cy’akarere ka Ngororero ari kimwe mu byatumye imihigo y’akarere mu mwaka ushize itagerwaho 100%, ubu gahunda yo kuwubaka yaratangiye.
Nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) gitangije uburyo bwifashisha ikoranabuhanga mu gusakaza ibarurishamibare ku barikeneye, kirasaba Abaturarwanda kugira umuco wo gukoresha imibare iba yaratanzwe mu ibarurishamire ryakozwe mu gihugu..
Abakorerabushake bo muri Koreya y’Epfo bakorera umuryango KOICA, bakaba batuye mu mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika; batangiye kubaka ibyumba bitatu by’amashuri ku Kigo cya Kinyambi, mu rwego rwo gufatanya n’abaturage kwiteza imbere.
Ubwo hizihizwaga isabukuru ya Henry Dunant Gustave Moynier washinze umuryango Croix Rouge, abanyamuryango bayo mu karere ka Musanze tariki 09/05/2013 baranzwe n’ibikorwa birimo gutanga ibiribwa ku miryango 21 itishoboye mu murenge wa Remera.
Abagenerwabikorwa b’ubumuryango BENIMPUHWE bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara baratangaza ko nyuma y’imyaka itatu bakorana n’uyu muryango wabafashije muri byinshi birimo no kuboroza inka, bateye imbere kandi bakungua n’imibanire myiza hagati yabo bivuye ku korozanya.
Umuryango Mpuzamahanga wita ku kwimuka kw’abantu (Organisation Internationale pour Migration) wohereje abakozi bawo bazakorera mu karere ka Karongi mu mushinga ushyigikira abatahutse n’abatishoboye mu iterambere.
Ingingo ya 13 y’itegeko rishya rigenga itangazamakuru yemerera umunyamakuru iyubahirizwa ry’ibanga rye nk’uko byari bisanzweho mu itegeko rya kera, ngo izafasha benshi kurushaho gutinyuka gutanga amakuru, nk’uko abayiganiriyeho batangaza.
Umusirikari ifite ipeti rya Lieutenant witwa Hagenimana Théophile yitandukanyije n’umutwe wa FDLR akaba yageze mu Rwanda ku mupaka wa Rusizi ya mbere tariki 09/05/2013.
Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 08/05/2013 muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika yashimiye abantu bose bagize uruhare mu gushaka inzira kugira ngo umuhanda wa Kigali-Musanze wongere kuba nyabagendwa.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo ku rwego rwihariye (Cellule Specialisé) rw’Ibitaro bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke bibarutse abandi banyamuryango 18 barahiye tariki 8/05/2013 bemeza ko batazasubira inyuma mu bikorwa biteza imbere u Rwanda n’Abanyarwanda.
Komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena iri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu karere ka Nyamagabe rwatangiye tariki 08/05/2013, aho ireba ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zigamije iterambere ry’abaturage.
Kaporari Harerimana Pascal na mugenzi we kaporari Bahizi bavuye mu mutwe wa FDLR baratangaza mu myaka 19 bamaze mu mashyamba ya Congo abayobozi b’umutwe wa FDLR bahoraga bababeshya ngo bazaza mu Rwanda binyuze mu biganiro cyangwa hakoreshejwe imbaraga zabo.
Abize mu Ishuri ry’Ubumenyi rya Byimana (Ecole des Sciences Byimana) batangiye gahunda yo gutabariza abana biga muri iki kigo, babuze ibikoresho byabo mu nkongi y’umuriro yibasiye imwe mu nyubako abanyeshuri bararagamo bataha amaramasa.
Koperative ishinzwe gukora isuku mu mujyi wa Kigali (COOPED), yazanye imodoka zigezweho mu gutwara imyanda n’ibishingwe. Ubu buryo buracyari mu igeragezwa ariko mu gihe cya vuba buzaba bwatangiye gukorera mu mirenge yose igize Umujyi wa Kigali.
Hari inzobere mu mwuga w’ubunyamakuru, zijya inama y’uburyo ibitangazamakuru bigomba guharanira kubona inyungu ziva mu nkuru bitangaza, ariko ntibyishyire mu byago kubera kutubahiriza ituze rusange rya rubanda n’uburenganzira bwa buri muntu, bwo kugira icyubahiro n’agaciro mu maso y’abandi.
Ingagi yo mu birunga yitwa Umuhanga yo mu muryango ufite izina rya Karisimbi A yabyaye mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 30/04/2013.
Kuva taliki 07/05/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira zatangiye kwimurirwa mu nkambi ya Nyabiheke aho zishobora kuba igihe kirekire.