Mu biganiro ku bijyanye n’ingorane zibangamira umutekano urambye mu karere, abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru basanze FDLR umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda ari ryo pfundo ry’umutekano muke mu karere.
Abagore bahagarariye abandi mu karere ka Kamonyi barashima ibyakozwe n’abagore b’Abadepite bari muri manda igiye gucyura igihe, kuko bagaragaje ubufatanye mu kuzamura umugore, bamwegera bakamugira inama bakanatora amategeko amurengera.
Imiryango 112 ituye mu kagali ka Kibari, umurenge wa Gikomero, akarere ka Gasabo, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye imbere y’amategeko, mu muhango wo gushyingiranya abatari bujuje iryo tegeko, wabaye kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013.
Abanyamahirwe batandatu bashyikirijwe igihembo cy’amafaranga miliyoni umwe umwe muri gahunda ya sosiyete y’itumanaho ya MTN yiswe “MTN Yora Cash”, aho abandika ubutumwa bugufi bwinshi cyangwa bagahamagara kenshi gashoboka ku munsi babona ibihembo.
Inama yagombaga guhuza abaturage b’akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, tariki 05/06/2013, yasubitswe bitewe n’uko hari ingingo zikomeye zirimo icy’abaturage biyahura umuyobozi w’akarere yashakaga kuganiraho n’abaturage nyamara hakaba hari haje bacye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare butangaza ko na mbere yo gutunganya imihanda muri quartier ya Gihorobwa hari haratangiye igikorwa cyo kubarura ibikorwa by’abaturage byakwangizwa, bakaba buhumuriza aba baturage ko bazishyurwa.
Ibi ni ibyatangajwe n’abasirikare barindwi bo mu mutwe wa FDLR batahutse kumugoroba wo kuwa 04/06/2013 bavuye mu mashaymba ya Congo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi I berekeza mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, yashimiye ubwitange n’ubunararibonye Umunyarwanda Lieutenant General Patrick Nyamvumba yagaragaje mu gihe yari ayoboye ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani (UNAMID).
Abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru (Senior command and staff course) i Nyakinama mu karere ka Musanze, bari kuganirizwa ku mutekano w’imbere mu gihugu mu gihe cy’iminsi ibiri.
Nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, akarere ka Rutsiro kegukanye umwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’urubyiruko mu guteza imbere imiturire y’icyaro, mu cyiciro cy’indirimbo.
Umusaza w’imyaka 90, Rutayisire Gerivas, utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, avuga ko ikintu gishobora kumubabaza ari ukuzitaba Imana atabonye Perezida Paul Kagame amaso ku maso ngo amubwire ijambo rimwe.
Abanyarwanda bari barahungiye mu bihugu bituranye n’u Rwanda bakomeje guhunguka ari benshi batanguranwa n’itariki yo guca ubuhunzi; nk’uko ubwabo babyivugira.
Diyosezi Gatulika ya Kibungo iri mu myiteguro yo kwimika ku mugaragaro Mgr Kambanda Antoine uherutse kugirwa umushumba mushya w’iyo Diyoseze. Imihango yo kumwimika izaba 20/07/2013.
Imibiri y’abantu umunani bishwe muri Jenoside yabonetse mu cyobo kiri hafi y’umupaka wa Nemba uhuza igihugu cy’u Rwanda n’u Burundi mu ishyamba rya Gako mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Inteko nshingamategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, kuri uyu 04/06/2013 wasuye ishuri rya ES Byimana riherutse kwibasirwa n’inkongi y’umuriro inshuro eshatu inaritera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko bari bamaze iminsi bifuza gutahuka ariko bagaterwa ubwoba n’amakuru y’ibihuha bahabwaga n’abasirikare ba FDLR bababwira ko nta mutekano w’abatahutse mu Rwanda.
Umuhanda Muhanga-Karongi hagati y’i Nyange n’aho bita ku Rufungo ushobora kwangirika cyane nyuma y’aho ubutaka bwo munsi yawo butwawe n’inkangu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bemeza ko bafashe ingamba zo guharanira amahoro nyuma yo kumva ubuhamya bwa Bamporiki Edouard bukubiyemo ibyo yabonye muri Jenoside.
Raporo iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango Transparence International Rwanda igaragaza ko mu Rwanda ruswa ishingiye ku gitsina ihaboneka nubwo inzego nyinshi zibihakana zivuga ko byaba ari amagambo.
Imibare itangwa n’akarere ishimangira ko ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bwabashije gukemura ibibazo by’abaturage ku kipimo cya 96.8% muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Ndaruhutse Jean De Dieu uyobora akagali ka Gahima mu murenge wa Kibungo,akarere ka Ngoma yahawe moto na Polisi kubera kuba indashyikirwa mu gushyiraho morare irimo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira gahunda za Leta no kwicungira umutekano.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bishimira ko nyuma y’amezi abiri babonye umuyobozi mushya ibibazo byabo bibasha gukemuka vuba bagereranyije na mbere, hakabaho n’inama zibahuza n’abayobozi zigamije kwigira hamwe uko bafatanya mu bikorwa by’iterambere.
Kuwa 03/06/2013 ikigo MTN gicuruza serivisi z’itumanaho cyatangije gahunda y’iminsi 21 cyise iyo kugira impuhwe no kugaragariza Abaturarwanda urukundo mu buryo bunyuranye burimo gufasha no gutabara.
Ministiri ushinzwe iterambere n’ubutwererane w’Ubudage, Dirk Niebel, wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuva tariki 02/06/2013, yatangaje ko igihugu cye gishyigikiye uburyo u Rwanda rurimo gutera imbere, ndetse n’uko rwitwaye neza mu kugarukana amahoro muri Kongo.
Abanyamuryango ba koperative Abasangirangendo Twisungane Mukama y’abafite ubumuga ikorera mu murenge wa Mukama ho mu karere ka Nyagatare yacitse ku ngeso mbi yo gusabiriza babikesha umwuga w’ubukorikori.
Inama ya gatanu y’u Buyapani n’ibihugu by’Afurika yasojwe kuri uyu wa mbere tariki 03/06/2013, umugabane w’Afurika wijejwe inkunga ingana na miliyari 10.8 z’amadolari mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Umuhanda wa kaburimbo ukorwa mu karere ka Nyamasheke watangiye gusaduka bu bice bitandukanye, mu gihe nta mwaka urashira ukozwe. Ibi ngo bishobora kuba biterwa n’uko abawukoze bagiye ifungirana amasoko y’amazi bakayazibya badashyizeho ibiraro.
Mu murenge wa Rubengera, akarere ka Karongi ku cyumweru tariki 02-06-2013 bimuriye mu rwibutso rushya imibiri y’abatutsi basaga 3500 baturukaga mu duce dutandukanye tw’ahahoze ari muri perefegitura ya Kibuye bishwe muri jenoside yo muri Mata 1994.
Niyikora Marthe w’imyaka 33 wari warahungiye mu Burundi atangaza ko hari igihe yari agiye guta abana be batandatu ariko ngo umutima ukamucira urubanza. Kubera ubuzima bubi yabagamo, yafashe icyemezo cyo gutahuka agera mu Rwanda tariki 01/06/2013.
Mu muhango wo gutangiza siporo mu bigo by’amashuri ndetse no kwibuka abakoraga siporo bazize Jenoside, tariki 31/05/2013, umukozi ushinzwe ubushakashatsi muri komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Gasanabo Yohani Damaseni, yasobanuriye abanyeshuri bo mu bigo byo mu mujyi wa Butare ko Jenoside n’intambara bitandukanye.