Abasirikare n’abapolisi 35 barangije amasomo bari bamazemo ibyumweru 28 i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho bigaga mu bijyanye no kuyobora abasirikare ku rugamba, ibijyanye gufata ibyemezo, gufata ibyemezo, ibirebana n’akazi ko mu biro n’ibindi.
Ubwo abagore bari bamaze gushima Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ko Leta y’u Rwanda ayobora yahaye agaciro umugore, yabashubije ko byaba ari ikibazo kudateza imbere abagore aho ari ho hose ku isi, kuko atari ubugira neza baba bagiriwe, ahubwo ari uburenganzira bemererwa, bagomba no guharanira.
Abagororwa 22 kuri 60 basabye guhuzwa n’imiryango biciye ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ngo bayisabe imbabazi. Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 03/07/2013.
Abanyarwanda 120 batashye kuri uyu watanu taliki 05/07/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye mu gihugu cya Congo aho babaga mu duce twa Masisi na Rutchuro na Minova.
Abaturage batanu bo mu murenge wa Bugeshi bagize uruhare mu guhisha abahigwa mu gihe cya Jenoside bashyikirijwe inka nk’ishimwe ry’ubutwari bagize mu gihe byari bikomeye.
Brig. Gen. Nabere Honore Traore, umugaba mukuru w’igisirikare cya Burkina Faso uri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, yemeza ko igisirikare cy’iwabo cyagirana umubano wihariye n’icy’u Rwanda, akanemeza ko nta mupaka n’umwe abona wabangamira uwo mubano.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karereka Burera gukomeza urugamba rwo kwibohora kugira ngo imbaraga zakoreshejwe mu kubohora u Rwanda zitazapfa ubusa.
Abayoboke b’idini ya Islam bo mu mudugudu wa Gikwege, akagari ka Mpenge umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze baravuga ko bishimira ubwisanzure babonye ubwo igihugu cyibohoraga, none ubu ihezwa bakorerwaga rikaba ryarabaye amateka.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu nama y’igihugu y’abagore mu turere twose tw’intara y’uburasirazuba, Guverineri w’iyo ntara yavuze ko umudamu agize uruhare mu gukemura ibibazo biri muri sosiyete byagabanuka ndetse bikazagera n’igihe birangira burundu.
Mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu karere ka Gicumbi hasigaye haza abantu baje kuhasengera mu matsinda ngo bahabonere ibitangaza.
Nyuma yo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 19, umunsi wizihirijwe mu midugudu, biteganyijwe ko abayobozi b’ubuturere bahura na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wa taliki ya 4 Nyakanga 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arahamagarira abatuye ako karere n’Abanyarwanda bose muri rusange kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta yabohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, ariko agasaba abakiboshywe n’imyumvire mibi kubohoka bakayoboka inzira y’iterambere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba Abanyarwanda ko n’ubwo bamaze imyaka 19 bibohoye, bidakwiye guhagararira aho kuko bakwiye no gukora ibyo babona byabateza imbere aho gutegereza ko hari undi uzabibakorera.
Mu gihe Abanyarwanda bizihiza umunsi wo kwibohora ubuyobozi bubi, abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira ibikorwa byo kwibohora ubukene n’imibereho mibi babikesha ubuyobozi bwiza bubaba hafi.
Bamwe mu bayobozi b’izari ingabo za RPF baratangaza ko bagowe cyane no kubohoza igihugu cyari mu kaga mu mwaka w’1994 kuko hajemo Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi kandi batarigeze na rimwe bakeka ko Abanyarwanda bashobora kwicwa nk’uko byagenze.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Burkina Faso, Gen Nabère Honoré Traoré waje gushaka ubufatanye n’u Rwanda mu bya gisirikare, yavuze ko urwibutso rwa Jenoside rugomba gushimangira amateka, nk’uko urwa Goreé muri Senegal rwibutsa akababaro k’Abanyafurika kubera ubucuruzi bw’abacakara bajyanwaga muri Amerika.
Amakuru dukesha inzego zitandukanye mu karere ka Ngororero avuga ko hamaze iminsi hari kutumvikana hagati y’akanama gashinzwe gutanga amasoko mu karere ka Ngororero n’umwe muri ba rwiyemezamirimo warenganijwe mu gupiganirwa isoko.
Biteganyijwe ko imiryango 188 yo mu Karere ka Gakenke ituye mu manegeka (high risk zone) izaba yimuwe yose mbere y’impera za Nzeri z’uyu mwaka. Ibikorwa byo kuyimura bigeze kure aho hasizwa ibibanza n’amatafari akaba abumbwa.
Abapolisi 140 bahagurutse kuri uyu wa Kabiri tariki 02/06/2013 ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kanombe bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti.
Inama y’abaministiri yateranye ku wa gatanu ushize, yagabanyije umubare w’abakozi ba Leta bafashwaga kubona ibinyabiziga byabo bwite, guhera ku bayobozi mu nzego nkuru za Leta kumanura, ndetse inagabanya amafaranga azajya ahabwa abasigaye, kugera ku kigero cya 30%.
Hambere aha, inzego nkuru z’ubuyobozi bw’igihugu zashyizeho komisiyo yo kwita ku kibazo cy’irangiza ry’imanza za Gacaca, hagamijwe kureba uko iki kibazo cyifashe mu gihugu ndetse no gutanga inzira y’uburyo cyakemuka.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura Impuzi (MIDIMAR) iratangaza ko n’ubwo Abanyarwanda bakiri mu buhunzi bazakomeza kwemererwa gutaha, nyuma y’uko itariki yo kurangiza ubuhunzi igeze, atari ko bizahora kuko hari igihe kizagera imipaka ikabafungirwaho.
Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, yongeye kunyomoza abakomeje kuvuga ko abasirikare b’u Rwanda (RDF) bishe Abanyarwanda bari barahungiye mu gihugu cya Congo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi bishimangirwa na Maj. Gen. Rwarakabije wari muri Congo icyo gihe.
Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kw’igihugu, abatuye akarere ka Nyamasheke bishimira ko Ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi mu 1994 zikarokora Abatutsi bari bataricwa ariko kandi zikarokora n’abandi baturage kuko abicanyi bari basubiranyemo ubwabo ndetse bica n’abandi (…)
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Bahame Hassan, yongeye kuburira abatuye akarere ka Rubavu bajya mu mujyi wa Goma kwitondera ingendo bakora kuko hari abagerayo bagahohoterwa bakamburwa cyangwa bagafungwa kugeza batanze amafaranga yo kwigura.
Uretse kuba hari umutwe wihariye washyizweho n’umuryango w’Abibumbye mu guhashya imitwe yitwaza intwaro mu burasirazuba bwa Congo, abava mu mutwe wa FDLR bahunguka mu Rwanda bemeza ko n’ubuzima bari basanzwe babamo butari bwiza.
Bamwe mu batuye mu karere ka Kayonza bemeza ko u Rwanda rwabonye ubwigenge mu 1962, mu gihe hari abavuga ko ubwigenge bwabonetse mu Rwanda nyuma y’urugamba rwo kubohoza igihugu rwakozwe na FPR-Inkotanyi.
Leta ya Amerika iravuga ko u Rwanda rushobora kubera urugero ibindi bihugu byo mu karere ruherereyemo mu rwego rwo kwiyubaka, kubungabunga amahoro no kugera ku bumwe n’ubwiyunge hagati y’abaturage babyo.
Abayobozi ba za Farumasi z’uturere tugize u Rwanda tariki ya 29 Kamena 2013, boroje inka 2 umusaza n’umukecuru barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, avuga ko nk’Umunyarwanda yaterwaga ipfunwe na Leta zaje zikurikira ubwigenge bwo ku ya 01/07/1962 ariko ngo yageze aho arabyibohora.