Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu, IGP Gasana Emmanuel, hamwe n’umuyobozi w’akarere ka Bugesera, Rwagaju Louis, tariki 02/05/2013, bashyize umukono ku masezerano agamije ubufatanye mu bintu byinshi bitandukanye.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri barinubira ko imishahara yabo iza itinze ndetse no kudahabwa agahimbazamusyi kabo nk’uko bakemerwa. Ibi ngo bigira ingaruka ku mitunganyirize y’inshingano zabo.
Ku munsi wa kabiri w’ibiganiroku ishoramari muri Afurika biri kubera i Los Angeles muri USA, Perezida Kagame yabwiye abateraniye iyo nama ko u Rwanda rwagize amateka yihariye ariko rwayubakiyeho rubasha gutera imbere.
Umujyi wa Kigali ufatanyije na Polisi wongeye gukaza umurego mu guhangana n’abamotari batubahiriza amategeko y’umuhanda, hashyirwaho itegeko ryo kujya bakurikiranwa mu nkiko na moto zabo zigahagarikwa.
Uko abaturage bo mu karere ka Nyabihu bitabiraga ibiganiro byatanzwe mu cyumweru cy’icyunamo ni na ko baranzwe n’umutima w’impuhwe bagatanga inkunga izafasha bagenzi babo batishoboye bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo hizihizwaga umunsi w’abakozi tariki 01/05/2013, mu karere ka Gisagara batashye ibikorwa by’iterambere binyuranye abaturage bo mu murenge wa Mamba bagezeho ndetse abakozi b’akarere baremera abatishoboye 109 bafungurizwa konti mu SACCO yabo.
Minisitiri w’abubanyi n’amahanga mu Burundi, Kavakure Laurent, aravuga ko ibihugu bihuriye mu muryango wa CEPGL bikwiye gukomeza kuwushyigikira kugera ku nshingano zo guharanira amahoro n’umutekano, guteza imbere ibikorwa by’amajyambere bihuza abanyagihugu hamwe no korohereza ubuhahirane mu karere.
Ku kirwa kitwa Phuket cyo mu gihugu cya Thailand harategurwa igitaramo kigamije gukusanya inkunga izafasha mu mushinga usanzwe uriho, ugamije guteza imbere abana b’abakobwa barera barumuna babo ndetse n’abandi bayobora ingo mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa EWSA bwemeza ko bugiye guhindura imikorere bwihutisha imikorere no kwegereza ibikorwa remezo abaturage, bikaba biri mu myanzuro y’umwiherero w’iminsi ubuyobozi bwa EWSA n’abafatanyabikorwa bayo bakoreye mu karere ka Rubavu.
Radio Isangano ivugira ku murongo wa 89,4 FM tariki 30 Mata 2013 yujuje imyaka ibili itangiye gukorera mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi.
Tariki ya 1 Gicurasi buri mwaka ni umunsi wahariwe umurimo, uyu munsi wizihijwe ku rwego rw’ibigo n’abakozi babikoramo, abakozi bose b’Akarere ka Gatsibo bakaba bawizihirije ku biro bikuru by’akarere.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, arashima ubuyobozi bw’uturere twose uko ari dutanu tugize iyo ntara kubera inkunga ishimishije abaturage babashije gukusanya bakayifashisha abacitse ku icumu rya Jenoside.
Abarwanyi 682 bahoze muri M23 ku ruhande rwa Jean Marie Runiga bacumbikiwe mu karere ka Ngoma basinye ko bitandukanije n’ibikorwa b’imirwano tariki 30/04/2013. Nyuma y’amezi atanu, abazaba barubahirije ibyo basinye bazahabwa uburenganzira bwo kwaka ubuhungiro mu gihugu bashaka ku isi.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere imiturire (RHA) cyahagaritse by’agateganyo ibikorwa byo kwagura inyubako ikoreramo SACCO y’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, guhera tariki 30/04/2013, kubera ko iyo nyubako yari isakajwe amabati arimo Asibesitosi kandi mu kuyisakambura kugira ngo yagurwe ntihrubahirijwe (…)
Nyuma yo kwifatanya mu bikorwa by’iterambere n’abaturage b’akarere ka Gicumbi, Guverineri w’intara y’Amajyarugu Bosenibamwe Aime yasabye abaturage b’akarere ka Gicumbi guharanira kwigira no kwitabira ibikorwa by’iterambere kugirango bivane mu bukene.
Komisiyo y’imibereho myiza mu muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, yaremeye abacitse ku icumu bo mu Murenge wa Mutete mu Karere ka Gicumbi, babasaba kwiremamo icyizere no guharanira kwigira nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi Mvuyekure Alexandre.
Ikigo gitanga service zinyuranye zijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda, Diamond Holiday Travel, cyasuye abana b’imfubyi ziba mu kigo cya Nyundo mu karere ka Rubavu kibashyikiriza inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni n’ibihumbi 600.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange mu karere ka Musanze bashima ko Leta y’ubumwe yabavanye mu mashyamba, ikabubakira amazu meza ku buryo nta hezwa ndetse n’inenwa rikibakorerwa, cyakora ngo kutagira itaka ryo guhoma birabangamiye umutekano wabo.
Abatuye umurenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo barasabwa guhuza ubutaka hagamijwe guhinga igihingwa kimwe kugira ngo haboneke umusaruro uhagije no kwegera abacitse ku icumu babaremera kugira ngo bazamukire rimwe mu iterambere.
Umuyobozi mu muryango mpuzamahanga wita ku mbabare (ICRC) avuga ko afite amakuru menshi ku bwicanyi bwakorewe mu bitaro bya Gisenyi mu gihe cya Jenoside kuko ari mu bashoboye kwibonera n’amaso ye uburyo abarwayi bishwe urw’agashinyaguro n’abaganga babavuraga bakoresheje utwuma twitwa pistor mu gukata imitsi mu ijosi.
Abanyarwanda 13 bahungiye i Burundi bari mu Rwanda muri gahunda yiswe ngwino urebe mu rwego rwo kureba uko igihugu gihagaze bityo nibasubirayo bageze kuri bagenzi babo 256 babana mu nkambi ukuri kw’ibintu bityo babe bafata umwanzuro wo gutahuka.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rubavu barasaba akarere kugira icyo gakora kugira ngo gacyemure ikibazo cy’inzibutso zidafite amazi n’amashanyarazi bityo bikagora abazikoraho nabo ngo badahembwa.
Mu gihe cy’icyunamo, abaturage bo mu Karere ka Gakenke bakusanyije inkunga n’amafaranga miliyoni 18 azakoreshwa mu gusana urwibutso rwa Jenoside rwa Buranga no koroza imiryango 87 y’abacitse ku icumu rya Jenoside.
Kuri uyu wa gatandatu, tariki 27/04/2013, itsinda ry’abadepite 15 riyobowe na Hon. Mudidi Emmanuel ryifatanyije n’abaturage mu muganda ngarukakwezi batunganya umuhanda uri mu Kagali ka Nganzo Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke. Uwo muganda wahawe agaciro ka miliyoni ebyiri.
Habyarimana Elie usanzwe ari umunyamuryango w’Umurenge SACCO ya Munyiginya bita My SACCO mu Karere ka Rwamagana amaze gufungwa inshuro eshatu, ibyo bikaba buri gihe iyo agiye kuri My SACCO kubaza uwabikuje amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 kuri konti ye.
Umuryango w’Abanyafurika y’Epfo baba mu Rwanda n’inshuti zabo zirimo n’Abanyarwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/04/2013, bizihije isabukuru y’imyaka 19 igihugu cyabo kimaze kigenga, banaboneraho umwanya wo gushima ubuyobozi bw’u Rwanda uburyo igihugu gikomeje kubera Afurika ikitegererezo mu gutera imbere.
Congo Kinshasa ngo ntiyanze fusinya amasezerano yo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda bahunze mbere ya 1998 nkuko byatangajwe mu itangazamakurua ahubwo yasabye ko habanza hakabarurwa neza impunzi z’Abanyarwanda bari muri iki gihugu.
Mu muganda rusange wabaye tariki 27/04/2013, abaturage b’umurenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe basijije ibibanza bizubakwamo amazu azimurirwamo imiryango 12 y’abarokotse Jenoside batishoboye, bari batuye ahantu hashobora kwibasirwa n’ibiza mu buryo bworoshye mu kagari ka Buhoro.
Umuyobozi w’ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza (PSD)mu karere ka Nyamagabe, Dr Ngabitsinze Jean Chrisostome arasaba arwanashyaka bayo kugira politiki nziza itatuma Jenoside yongera kuba.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH) byashyikirije impfubyi zo mu murenge wa Niboyi mu karere ka Kicukiro, inkunga ya miliyoni 3,5 zo kubafasha kuzamura ubucuruzi bakora bubatunze, binabemerera ubuvugizi n’ubundi bufasha burimo kuvurira ubuntu abafite ubumuga batewe na Jenoside.