Umunyabanga mukuru w’Umuryango w’abibumbye Ban Ki Moon yemeje ko mu gushyira mu bikorwa gahunda z’iterambere zinyuranye zirimo kuvana abaturage benshi mu bukene no gushyira mu myanya ifata ibyemezo abagore, nta kabuza ko u Rwanda rurimo kugera ku ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).
Kuri uyu wa gatanu tariki 24/5/2013, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye Ambasaderi mushya w’igihugu cy’Ubuyapani, Kazuya Ogawa, wamusezeranyije ko azakomeza ibikorwa by’iterambere igihugu cye gisanzwe gifashamo u Rwanda, ndetse no kongera ubuhahirane n’ishoramari hagati y’ibihugu byombi.
Ashingiye ku itegeko nshinga, Perezida Kagame yavuguruye Guverinoma maze uwari Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama asimburwa na Busingye Johnson. Musoni Protais wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri yasimbuwe na Madamu Stella Ford Mugabo.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu, World vision, wemereye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ko uzakomeza kunganira Leta muri gahunda z’iterambere zirimo kwita ku buzima bw’abana n’ababyeyi, guteza imbere uburezi, ibikorwaremezo no gufasha abakene kwibonera ibiribwa, mu turere 21 tw’u Rwanda.
Kuri uyu wa 24/05/2013, mu Karere ka Gatsibo hatangiye ibiganiro ku migendekere y’amatora y’abadepite atagenyijwe mu gihugu hose tariki 16/09/2013.
Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka ushize wa 2012 batitabiriye urugerero banenzwe bikomeye n’umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Boniface Rucagu, tariki 23/05/2013, ubwo yasuraga intore ziri ku rugerero muri ako karere.
Umuyobozi w’umuryango World Vision muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Richard Stearns, aravuga ko yatangajwe n’iterambere abagenerwabikorwa b’uyu muryango mu karere ka Nyamagabe bamaze kugeraho.
Muri iki gitondo cyo kuwa 24/05/2013, abasore b’Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda batuye mu mujyi wa Bukavu ahitwa Inguba muri Congo bakozanyijeho na bagenzi babo batakivuga. Barwanishije ibiti, amabuye n’ibyuma.
Umuvugizi w’itorero rya ADEPR mu Rwanda, Pasitori Sibomana Jean, yasabye abayoboke b’iryo torero aho bava bakagera gukorera igihugu cyabo bakirinda icyo ari cyo cyose cyahungabanya umutekano kuko aricyo Edeni y’Abanyarwanda.
Moise Muragijimana w’imyaka icyenda y’amavuko yagonzwe na moto mu ma saa kumi n’imwe z’umugoroba wo kuwa gatatu tariki 22/05/2013 ariko uwari utwaye moto wamugonze yahise akomeza arigendera.
Urubyiruko rwo mu Rwanda ruri gutozwa gukura ruzi politiki ya Leta y’imiturire yo mu cyaro, binyuze mu marushanwa afite insaganyamatsiko igira iti “Duteze imbere imiturire y’icyaro dutura mu midugudu”.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’ibikorwa Remezo, Prof. Silas Lwakabamba, yijeje abaturage bazimurwa mu mbago ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bugesera ko bazahabwa ingurane zabo vuba nk’uko nabo ubwabo babyifuza.
Mu rwego rwo gushimangira gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu Rwanda bamwe mu mfungwa n’abagororwa bagera kuri 800 bafungiye muri gereza ya Nyanza kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi barifuza ko bahuzwa n’imiryango biciye bakayisaba imbabazi ndetse bakanagaragaza aho imibiri yabo bishe bayijugunye.
Umuforormo wakoreraga ku kigo nderabuzima cya Rubaya mu karere ka Gicumbi ari mu maboko ya Polisi akekwaho gusambaya umugore ubwo yarari kumusuzuma ashaka ku mubyaza mu masaha ya sa kumi z’igitondo kuri uyu wa 23/05/2013.
Ikamyo ipakiye ibitaka yamanutse iva mu mujyi wa Kigali, mu muhanda uva ahitwa kuri ‘statistique’, igeze ku isoko rya Nyabugogo icika feri ikomeretsa abantu batatu barimo umubyeyi utwite bivugwa ko yacitse amaguru, n’undi ngo wakomeretse bikabije.
Inyeshyamba za M23 zatangaje ko zishyigikiye urugendo rw’umunyamabanga w’umuryango w’abibumbye, Ban Ki-Moon, mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru, butangaza ko buhagaritse ibikorwa by’imirwano kugira ngo itazabangamira uyu muyobozi wageze mu mujyi wa Goma kuri uyu wa 23/05/2013.
Abasirikare batatu barimo Sergent Major Ruhumuriza Joseph na mugenzi we Sergent Major Nzeyimana batahutse mu Rwanda bavuye muri Congo kuko ngo aho bari bari batari bamerewe neza bitewe n’imibereho mibi bari barimo.
Kuri uyu wa gatatu tariki 22/05/2013, urubyiruko rwo mu karere ka Nyamagabe rwagejejweho ibiganiro mu cyiswe Youth Connect Dialogue hagamijwe gutanga ubutumwa ku kubaka u Rwanda ruzira Jenoside binyuze mu ndirimbo, ubuhamya ndetse no mu biganiro.
Umuryango TWUNGUBUMWE uri mu bikorwa byo guhuza abarokotse Jenoside yakorewe abatusi yabaye mu Rwanda mu 1994 n’abayigizemo uruhare bemeye icyaha bagafungurwa bo mu karere ka Bugesera.
Nyuma y’uko umupaka muto uhuza umujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma ufunzwe washyize urafungurwa ariko abagabo n’abasore b’Abanyarwanda bajya i Goma barasabwa kwigengesera cyane kuko hari abahohoterwa.
Polisi y’igihugu iratangaza ko amakuru akomeza gukwirakwira ku ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa, ridaterwa no kuba ryiyongeyereye, ahubwo bituruka ku kuba ababikorerwa n’abantu muri rusange baratinyutse kujya batanga amakuru ku hagaragaye ihohoterwa.
Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.
Mu rwego rwo kureba uko uburenganzira bwa muntu bwubahirizwa muri gereza zo mu Rwanda, Michel Arrion uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza izwi rya Mpanga ashima uko abafungiyemo babayeho.
Reta y’u Rwanda ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga ufasha abimukira (IOM) bamaze gukusanya amafaranga agera kuri miliyari ebyiri azakoreshwa mu gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda batahuka mbere y’uko icyemezo gikuraho ubuhunzi gishyirwa mu bikorwa.
Umutwe w’abasirikare 120 bo mu ngabo z’u Rwanda bashinzwe ibijyanye no kubaka, tariki 21/05/2013, bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 21/5/2013, Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN), yasinyanye amasezerano y’impano na Banki y’isi, ingana na miriyoni 50 z’amadorari y’Amerika agenewe gufasha inzego z’ibanze gutanga servisi zifite ireme.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) iratangaza ko nubwo biteganyijwe ko buri muyobozi agomba kurara aho akorera, nta gahunda ihari yo gukurikirana abatahaba biterwa n’uko bakiga.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu araburira Abanyarwanda bajya guhahira no gukorera i Goma kwitwararika kubera intambara yongeraga kubura mu nkengero z’uwo mujyi ndetse n’ubu ikaba igikomeje.
Umujyi wa Kigali waciye ikoreshwa ry’impapuro mu kwaka ibyangombwa byo kubaka ku bikorwa binini, ahubwo hazajya hakoreshwa rwa internet www.kcps.gov.rw mu rwego rwo guhindura imikorere no kwihutisha akazi.
Itangazo dukesha ibiro bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) riragaragaza ko amakuru yatangajwe mu minsi ishize ko Perezida wa Amerika Barack Obama azasura u Rwanda mu kwezi gutaha bwa Kamena yari ibihuha bidafite ishingiro.