Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, azifatanya n’abaturage bo mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke mu muganda rusange ngarukakwezi uzaba kuri uyu wa gatandatu tariki 26/01/2013 .
Nubwo mu karere kaRuhango hari umubare munini w’abaturage ukibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene, hari abandi baturage bahamya ko bamaze gutera imbere kubera intwari zitangiye igihugu.
Kuva capitaine Paul Barril wari waroherejwe n’ibiro bya Perezida Mitterrand yatangira kubazwa uruhare rw’ubuyobozi bw’igihuhu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hagaragaye inyandiko zigaragaza intwaro n’ingabo u Bufaransa bwagiye buha u Rwanda zigakoreshwa muri Jenoside.
Impuguke mu kurwanya amakimbirane na Jenoside zivuga ko isi n’u Rwanda bikeneye intwari nyinshi zo gukiza abantu, nk’uko Raoul Wallenberg yarokoye Abayahudi bicwaga n’Abanazi, cyangwa se nk’uko Sula Karuhimbi yakijije benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu nama yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) hamwe n’umuryango w’ibihugu by’afurika y’amajyepfo (SADC) taliki 23/01/2013 bagaragaje ko badashaka kuvanga ingabo zabo n’ingabo z’ishami ry’umuryango wabibumbye (MONUSCO) mu gucunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Mu mujyi wa ¬El Fasher muri Darfur hafunguwe icyumba kizajya kimurikirwamo ibintu bitandukanye byo mu Rwanda. Iki gikorwa kije nyuma y’umwanzuro wari wafatiwe mu nama rusange y’Abanyarwanda baba muri Darfur yateranye tariki 07/12/2012.
Abari mu gihano nsimburagifungo (TIG) mu karere ka Ngororero bashimishijwe no kuba bafatanya n’abandi baturage mu bikorwa by’imirimo y’amaboko ifitiye igihugu akamaro kandi bari mu gihano cy’ibyaha bakoze.
Abakozi batanu bakoraga ku rwego rw’utugari mu karere ka Nyamagabe barasezerewe nyuma yo gukora amakosa atandukanye ashyirwa mu rwego rwa kabiri rw’amakosa akomeye mu kazi, undi umwe wakoraga ku rwego rw’umurenge yasabiwe kugezwaho umushinga w’igihano cyo kwirukanwa burundu.
Urubyiruko rwatangiye urugerero mu karere ka Gakenke ruvuga ko rutishimiye abantu batangiye kugereranya urugero n’igihano nsimburagifungo (TIG) kuko ari ugupfobya abazakora urugero.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, abayobozi n’abakozi b’akarere ka Ngororero batangiye gahunda yo hukemura ibibazo by’abaturage bimaze igihe kinini bidakemuka, nkuko babigize intego mu gihe cy’amezi 3 cyahariwe imiyoborere myiza.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cy’imiyoborere myiza , tariki 22/01/2013, abaturage bo mu karere ka Ngoma bibukijwe ko bafite uruhare runini mu kwimakaza imiyoborere myiza.
Perezida wa Komisiyo y’Amatora mu Rwanda, Prof. Karisa Mbanda, yatangaje ko mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 nta muturage uzatorera muri shitingi.
Ababasirikare bane bageze mu nkabi ya Nyagatare ku mugoroba wa tariki 22/01/2013 bavuye mu mutwe wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bavuga ko bategereje ko hari icyo wabagezaho ariko amaso agahera mu kirere.
Umuyobozi ufite imiyoborere myiza ahora ashaka icyateza imbere abo ayobora kandi ntabatererane mu bibazo barimo; nk’uko Minisitiri Musoni Protais ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri abyemeza.
Umutahira mukuru, Boniface Rucagu, agira inama abayobozi b’inzego z’ibanze gutegura gahunda y’ibikorwa by’urugerero, bagahera ku bikorwa bidasaba ibikoresho byinshi mu gihe batari babona amafaranga yo kubigura.
Minisitiri w’Intebe w’u rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, aravuga ko imigambi ya Leta y’imiyoborere myiza atari amagambo meza y’abayobozi ishyize imbere, ahubwo ko hagamijwe ubukungu n’iterambere by’Abanyarwanda.
Minisitiri Musoni Protais ushinzwe ibikorwa by’inama y’abaminisitiri yasabye intore zigiye ku rugerero mu karere ka kayonza kwishakamo ibisubizo by’ibibazo Abanyarwanda bafite muri rusange.
Ubwo yari mu karere ka Karongi kuri uyu wa 22/01/2013, mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza n’Itorero ryo ku Rugerero, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuahanga, Nsengimana Jean Philbert, yatangaje ko kuyobora ari ibya buri wese kubera ko Abanyarwanda bose batahiriza umugozi umwe.
Ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bitera inkunga u Rwanda birasa n’ibitavuga rumwe ku kibazo cy’aho inkunga iterwa u Rwanda ikwiye kunyuzwa.
Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, avuga ko ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza ari umwihariko w’u Rwanda kuko nta handi ku isi wagusanga.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda, mu Karere ka Rusizi hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa by’Intore zo kurugerero. Umuhango wabereye mu murenge wa Nkungu, kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, ahari hateraniye abaturage bose b’uwo murenge ndetse n’intore zo kurugerero zigera kuri 169.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, , kuri uyu wa kabiri tariki 22/01/2013, arasura akarere ka Rwamagana aho ari bukore ibikorwa bitandukanye birimo gutangiza icyumweru cyahariwe imiyoborere no gutaha isoko rya kijyambere.
Ubuyobozi bw’uruganda SOPICAF rutunganya ikawa butangaza ko ibiza by’imvura byibasiye akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Nyamyumba rukoreramo bimaze kwangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 700.
Abashinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wo kuvoma gaz methane mu Kivu (Kivu Watt) mu karere ka Karongi baratangaza ko gaz itakibashije kuboneka mu ntangiriro za 2013 nk’uko byari byitezwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko iyo ibibazo by’intambara ibera mu burasirazuba bwa Kongo Kinshasa biterwa nawe cyangwa n’u Rwanda muri rusange, byari kuba byarakemutse kera cyane, kuko ngo atakwishimira ko umuturanyi ahorana ibibazo nka biriya.
Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, aravuga ko kwitoza ari umuco waranze ingabo z’u Rwanda (RDF) kuva kera, kugirango zibashe kunoza umurimo ndetse no kugera ku ntego bihaye.
U Buyapani ntibwigeze buhagarika inkunga ya miliyoni zisaga 30 z’amadolari ya Amerika zageneraga u Rwanda, ndetse bukaba bunateganya no kuyongera no gukomeza gufasha u Rwanda mu bikorwa by’iterambere n’ikoranabuhanga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangaza ko muri iki gihe ntacyo yavuga kubyo bamwe mu baturage bamaze igihe bamusaba kuvugurura itegeko nshinga, kugirango bimuheshe ububasha bwo gutorerwa manda ya gatatu.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko bitarenze ukwezi kwa mbere umwaka wa 2013 abaturage baturiye ibirunga bakuwe muri nyakatsi ariko bakaba baba mu mazu adahomye, bagiye kwegerezwa itaka ryo guhoma amazu yabo.
Mu rwego rwo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa muri uyu mwaka w’imihigo ya 2012-2013, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bwateguye igikorwa cyo kureba aho abakozi bawo bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.