Mu mwiherero kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rulindo, abayobozi benshi bafashe umwanya babwira bagenzi babo amateka y’ubuzima babayemo mu gihe cya Jenoside kimwe na mbere yaho kugira ngo bakire ibikomere byabo nk’uko babivuga.
Abayobozi mu nzego z’ibanze n’abahagarariye ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Ngoma bashoje umwiherero w’iminsi ibiri kuri “Ndi Umunyarwanda” biyemeje kugeza iyi gahunda ku baturage bahagarariye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke ndetse na Sosiyete y’Abashinwa “China Road and Bridge Corporation”, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/11/2013 ryazengurutse imirenge itanu y’aka karere basuzuma ibibazo by’abaturage bikomoka ku ikorwa ry’umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi.
Ababa mu ngando y’igihano nsimbura gifungo (TIG) mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero bubakiye umusaza witwa Uramutse Joseph wavukanye ubumuga bwo kuatabona, ubu ufite imyaka iri hejuru ya 85 nubwo atibuka neza igihe yavukiye.
Mu mwiherero wahuje abayobozi ku nzego zitandukanye mu karere ka Nyamagabe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, hagaragayemo abantu basabye imbabazi mu izina ryabo ndetse n’iry’abandi ku ruhare bagize mu guhembera amacakuburi no mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994.
Abayobozi batandukanye b’akarere ka Ngoma, abikorera n’abagarariye ibigo bitandukanye batangiye umwiherero w’iminsi ibiri ugamije kubasobanurira gahunda ya “Ndi Umunyarwana” ngo nabo bazayigeze ku bandi.
Mu kiganiro yatanze ubwo hatangizwaga gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rusizi, Depite Bamporiki Edouard yavuze ko agize umugisha wo guhagarara mu bice by’iwabo i Cyangugu kugirango yamagane kandi anenge ibyakozwe mu izina ry’Abahutu.
Nsanzabaganwa Monique, Visi Perezida wa mbere w’umuryango Unity Club “intwararumuri” aratangaza ko gahunda ya “Ndi umunyarwanda” igamije kongera guha Abanyarwanda gutekereza ku isano bafitanye, no gufata ingamba zo guhuriza ku gukunda igihugu, kukirinda no kugiteza imbere.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odetta, aremeza ko Abanyarwanda benshi basonzeye kunywa umuti ukiza uzavugutirwa muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, ndetse ngo n’amajwi make y’abayirwanya ni babandi bahora bababazwa n’uko u Rwanda rutera intambwe y’iterambere ubutitsa.
Umuyobozi wa Brigade ya 201 igizwe n’ingabo zikorera mu turere twa Karongi, Rutsiro na Ngororero, Colonel Murenzi Evariste, arasaba urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye n’igororamuco ko, ubwo bamaze guhinduka bakaba batagihungabanya umutekano w’igihugu, igihe bazasubira iwabo mu turere bafite inshingano zo gutanga (…)
Ubwo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yatangizwaga ku rwego rw’akarere ka Rusizi kuwa 20/11/2013, abayobozi b’inzego zitandukanye bo muri aka karere bayitabiriye basabwe kwakira iyi gahunda nk’agakiza kaje gukiza ibibazo Abanyarwanda batewe n’amateka mabi.
Ubwo yatangizaga umwiherero ujyanye na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Muhanga kuri uyu wa 20/11/2013, Senateri Marie Claire Mukasine yasabye ko abo bigaragara ko batarayumva bakwitabwaho aho kugirango bafatwe nk’abanzi.
Umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, Byukusenge Gaspard, ari kumwe n’abahagarariye inzego z’umutekano mu ntara y’Iburengerazuba no mu karere ka Rutsiro bagendereye ibirwa bya Iwawa na Bugarura biherereye mu kiyaga cya Kivu tariki 19/11/2013 bahumuriza abahatuye.
Kiliziya Gatolika n’Itorero ry’Aba-Angilikani mu bihugu by’u Rwanda, Burundi na Congo-Kinshasa, bagiye gutangiza ibikorwa byo guharanira amahoro bizamara umwaka bikorerwa muri ibyo bihugu byose.
Abana b’abahungu batatu bo mu mirenge ya Mudende na Busasamana mu karere ka Rubavu bari barafashwe bugwate n’ingabo za Congo mu duce twa Kibumba barekuwe bagaruka mu Rwanda kuri uyu wa 19/11/2013.
Abanyarwanda 27 batahutse kuri uyu wa 19/11/2013 bavuye muri Congo bavuga ko iminsi bari bamaze hanze y’igihugu cyabo bayiboneyemo ingorane nyinshi, bakaba bari bamaze kurambirwa bagafata umugambi wo gutahuka.
U Rwanda rwashyikirije Congo Toni 8.4 z’amabuye y’agaciro yafatiwe mu Rwanda kuva umwaka watangira ziciye mu bice bitandukanye zinjizwa mu Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko.
Iterambere u Rwanda rugezeho muri iki gihe harimo n’uruhare rw’ibarurishamibare, kuko hari politiki na gahunda nyinshi byagiye bifatwa nyuma yo gusesengura imibare yavuye mu bushakashatsi bwagiye bukorwa mu Rwanda.
Abiga mu ishuri rikuru INES Ruhengeri, baravuga ko babonye gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ ibategurira ejo hazaza heza, hazira amacakubiri, urwikekwe ndetse n’umwiryane, bityo ngo baka bagiye kuyigira iyabo.
Abaturage b’umurenge wa Gashonga mu Karere ka Rusizi baratangaza ko bamaze icyumweru kirenga batabona amazi meza bitewe n’uko ngo hari ibyuma byangiritse ku miyoboro yayo.
Sous-lieutenant Bizimana Zakariya wabarizwaga mu mutwe wa Mai Mai na Kaporari Habanabashaka Frederic uvuye muri FDLR batahutse kubera ubwoba bagize nyuma yo kumva amakuru ko imitwe yose yitwaje intwaro muri Congo igiye guhigwa ikamburwa intwaro.
Ku cyumweru tariki 17-11-2013 umuryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’i Burengerazuba wungutse andi maboko, nyuma y’amatora ya komite nyobozi nshya y’urugaga rw’urubyiruko muri uwo mu ryango, abakomiseri bane n’abandi bantu batatu binjiye muri komite nyobozi y’umuryango ku rwego rw’Intara.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aremeza ko iki ari cyo gihe cy’uko ubuyobozi bwo mu bihugu bya Afurika bwiyambura isura ya ruswa no kudakorera mu mucyo bwakomeje kubaranga, bagakora ibyiza biteza imbere umugabane kuko nabyo babishoboye.
Muhirwa Robert benshi bazi ko yitwa Silas hamwe n’abandi barwanyi bari kumwe nawe muri FDLR RUDI bishe abayobozi babo bahita bitahira mu Rwanda nyuma yo gufatwa bugwate no gushyirwa mu buzima bubi.
Chairman w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira urubyiruko rw’umuryango FPR n’urubyiruko rw’igihugu muri rusange kuba umusemburo w’iterambere, kuko igihugu gifite urubyiruko rudakora kitatera imbere.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta ndetse n’abakorera ibigo byigenga (RMI: Rwanda Management Institute) buratangaza ko gifite ikibazo cy’ubushobozi buke mu kongerera ubushobozi aba bakozi.
Bamwe mu baturage baturiye ibirombe uruganda rwa Rutongo mines rucukuramo amabuye y’agaciro baravuga ko barenganijwe n’ubuyobozi bw’uru ruganda ruturitsa intambi zikabasenyera amazu nyamara ntirugire icyo rubikoraho.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Umuryango wa Bazimaziki Saveri, umunyarwanda wiciwe i Goma arashwe ku mugoroba wo kuwa gatanu taliki ya 15/11/2013 wasabwe amadolari 300 kugira ngo uhabwe umurambo wa nyakwigendera uzanwe mu Rwanda aho uzashyingurwa.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bwasanze mu karere ka Karongi, hakigaragara ibibazo byo guhutaza umuturage mu buyobozi bw’ibanze, ahanini bishingiye kukutamenya agaciro k’imikoranire n’abafatanyabikorwa barimo n’umuturage.