Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza bemereye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Karongi ko kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusanga ikibazo cy’imitungo cyarafatiwe ingamba zo gukemurwa ku buryo burambye.
Nyuma y’ibibazo byagaragaye hagati y’amakoperative y’abarobyi mu turere twa Nyamasheke na Rusizi, kuwa 13/01/2014 ubuyobozi bw’uturere twombi n’abarobyi ku mpande zombi bahuriye hamwe kugira ngo ibyo bibazo bivugutirwe umuti, bityo iterambere ry’umurobyi ribashe kugerwaho.
Isosiyete y’Itumanaho ya mbere muri Korea y’Amajyepfo “KT” yateguye umugoroba w’umwihariko ku banyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iki gihugu, hagamijwe gusangira ubunani n’abayobozi bakuru b’iyi Sosiyete.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) inafite amashyaka mu nshingano zayo yatangaje ko kuba ishyaka PS-Imberakuri ryifatanyije n’umutwe wa gisirikare wa FDLR, bidateze kubahesha uburenganzira bwo kwitwa ishyaka rikorera mu Rwanda.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) nyuma y’igihe ikorera i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo; kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2013 yimukiye kuri Sopetrad hafi y’amahuriro y’imihanda muri Nyarugenge.
Nyuma yaho urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi rukomeje kuvugwaho byinshi bijyanye no kuba rwarubatswe nabi, inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 11/01/2014, yemeje ko igiye gukurikirana amakosa yakozwe bagahita banayakosora mbere yuko hatangwa andi mafaranga yo gusubukura inyubako zarwo.
Kimwe n’utundi turere dutandukanye two mu gihugu, akarere ka Rutsiro na ko kiyemeje kudatererana Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kakaba kakiriye imiryango 22 igizwe n’abantu 75 bagiye gutuzwa hirya no hino mu mirenge igize ako karere.
Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rusabye minisiteri, ibigo bya Leta ndetse n’uturere gushyiraho umuntu uzajya atanga amakuru, abanyamakuru barinubira ko abayobozi babonye urwitwazo rwo kudatanga amakuru.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko guha agaciro u Rwanda Imana yaremye ari ko kugaha Imana; ko kubera iyo mpamvu nta muntu ukwiye gupfusha ubusa u Rwanda n’Ubunyarwanda, ahubwo akwiye “guhangana n’abafite imigambi yo kugambanira igihugu, ingaruka mbi zikagarukira kuri bo bonyine”.
Imbuto Foundation ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Karongi batangije ubukangurambaga bw’amezi atatu, bwo gushishikariza abayobozi kugira uruhare mu kurwanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu rubyiruko.
Nyuma y’amezi atatu abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite batowe, kuri uyu wa gatandatu tariki 11/01/2014 bifatanyije n’abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze mu muganda wo gutera ibiti no gusibura imirwanyazuri ndetse banakemura bimwe mu bibazo by’abatuye uyu murenge.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, asoza gahunda y’icyumweru ya "Ndi Umunyarwanda" mu karere ka Rubavu, yagize icyo avuga ku magambo avugwa ku Rwanda nyuma y’urupfu rwa Karegeya waguye muri Afurika y’epfo mu ntangiriro za 2014.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya barasaba ko bakwiye gufashwa bagahuzwa n’imiryango yabo bagiye batatana igihe bimurwaga mu nkabi ya Kiyanzi na Rukara, ubwo bimurwaga bajyanwa gutuzwa mu karere bavukamo.
Icyiciro cya gatatu cy’amahugurwa Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today cyageneraga abanyabukorikori n’abakora imyuga itandukanye bibumbiye mu rugaga rw’abikorera (PSF), cyasojwe kuri uyu wa Kane tariki 9/1/2014.
Abakozi b’akarere ka Rubavu kuva ku rwego rw’akarere kugera ku kagari bemeye gutanga umuganda wabo batanga 5% by’umushahara wabo mu kubakira abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bazatuzwa mu karere ka Rubavu.
Burya ngo umuntu uhawe serivisi mbi, aba ashobora kubwira abandi bantu bagera kuri 20 ntibazigere bagana aho uyitanze akorera, mu gihe umuntu uhawe serivisi nziza aba afite ubushobozi bwo kubwira abandi bagera kuri 11.
Mu karere ka Ngororrero mu ntara y’Iburengerazuba, abarenga 400 baracyakeneye imbago kugira ngo babashe kugenda, n’ubwo mu mwaka ushize abaterankunga n’abafatanyabikorwa bafashije abatari bacye inyunganirangingo zirimo imbago, amagare n’ inkoni.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu baturutse muri Kaminuza ya Wharton muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, baratangaza ko batangajwe cyane n’uburyo u Rwanda rwihuta mu iterambere mu gihe cy’imyaka 20 ruvuye muri Jenoside.
Minisitiri w’imari muri Niger, Gilles Baillet, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda atangaza ko nyuma yo kwirebera uburyo u Rwanda ruteye imbere mu micungire y’imari n’imiyoborere myiza, byatumye yifuza ko igihugu cye cyakwagura imibanire n’u Rwanda.
Nyuma y’imyaka irenga ibiri inzu y’itangazamkuru Kigali Today Ltd itangariza amakuru ku mbuga za internet, kuri ubu iri mu myiteguro yo gutangiza radio izajya yumvikanira ku murongo wa FM hirya no hino mu gihugu.
Ikamyo ipakiye amavuta ya PAM yari iturutse i Dar Es Salam muri Tanzania yerekeza i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakoze impanuka ubwo yari igeze mu karere ka Nyamasheke, ita umuhanda wa kaburimbo irabirinduka cyakora Imana yakinze ukuboko ntihagira umuntu ihitana.
Nyuma y’aho ishuri ryisumbuye rya E S. Byimana rihiriye inshuro eshatu mu mwaka ushize wa 2013, abanyeshuri batangiye kuryigamo mu mwaka wa 2014 igihembwe cya mbere, baravuga ko bizeye umutekano wabo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Gitwa mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Nsengiyumva Etienne yatawe muri yombi tariki 07/01/2014 akimara kwakira ruswa y’ibihumbi 20 by’amafaranga y’u Rwanda yari ahawe n’umuturage.
Mu gihe kuri uyu wa 09/01/2014 intore ziri ku rugerero mu gihug hose zaganirijwe kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Komiseri mu komisiyo y’igihugu y’itorero, Josée Twizeyeyezu yasuye izo mu karere ka Nyabihu azishishikariza kwitabira iyo gahunda.
Abagize komisiyo ya politike n’imiyoborere myiza muri sena kuwa 8/1/2014 bari mu karere ka Bugesera mu rwego rwo kugenzura ibibazo byagaragaye nyuma y’isozwa ry’imirimo y’inkiko Gacaca.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buvuga ko butari bufite amakuru y’umugore umaze iminsi aba mu busitani bwo mu mujyi rwa gati w’ako karere ariko ngo ubwo bumenye icyo kibazo bugiye kugikurikirana.
Ku mugoroba wa tariki 08/01/2014, Abanyarwanda 108 birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya bari baracumbikiwe mu nkambi za Rukara na Kiyanzi, bakiriwe mu karere ka Ruhango aho bavuye ubwo bahungaga mu bihe bitandukanye.
Urwego rw’umuvunyi rurasaba abakozi ba Leta ndetse n’abayobozi ko igihe baramutse bahawe impano bari mu bikorwa by’akazi bakora batajya bazigira izabo ahubwo ngo ziba ari iz’ibigo bakorera.
Abanyamakuru banditse inkuru zirebana n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe barashishikarizwa kwitabira irushanwa rizatangwamo igihembo mu Nama y’uyu muryango iteganyijwe mu mpera z’uku kwezi kwa Mutarama 2014.
Ambasaderi Benedict Llewellyn Jones, wari umaze imyaka itatu ahagarariye Ubwongereza mu Rwanda, yasezeye kuri Perezida Paul Kagame; anamwizeza ko uretse umubano hagati y’ibihugu byombi uzakomeza, n’imigenderanire y’abaturage ku mpande zombi izaba myiza mu bihe biri imbere.