Abanyeshuli 12 n’abarimu bane baturutse mu ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College) bari mu karere ka Karongi mu ruzinduko rugamije kureba aho akarere kageze mu iterambere.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, avuga ko amafaranga miliyoni 350 zanyerejwe mu gikorwa cyo kwimura abaturage mu nkengero z’ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo ntizirabasha kwishyurwa.
Mu mihigo 85 akarere ka Nyamasheke kahize muri uyu mwaka wa 2012-2013, 17 muri yo yamaze gushyirwa mu bikorwa 100% naho 23 iracyari munsi ya 50%.
Mu ijambo yagejeje ku nteko rusange ya 20 y’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bigize Afurika Yunze Ubumwe tariki 28/01/2013, Perezida Paul Kagame yasabye ibihugu by’Afurika gufasha biruseho Guverinoma ya Mali mu rugamba irimo rwo kwisubiza uduce twari twarafashwe n’intagindwa z’abayisilamu.
Umuyobozi w’ishyaka PS-Imberakuri, Mukabunane Christine, aravuga ko amakimbirane yo guhagarikwa ku mwanya we yatewe n’uko yasabwe amafaranga yavanye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika akanga kuyatanga.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yemereye Guverinoma y’u Rwanda ko Intara ayoboye izaza ku isonga mu gukora neza ibikorwa biteganijwe ku rugerero, aho urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye ruzakora ibikorwa byinshi bigamije iterambere mu gihe cy’amezi atatu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi buratangaza ko buzizihiza Umunsi w’Intwari tariki ya 01 Gashyantare bamurika ibikorwa bamaze kugeraho mu mihigo ya 2012-2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako karere kurwanya umuco wo kwaka “Inzoga y’abagabo” kuko nayo ari ruswa mu zindi.
Abaturage bo mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bakoraga umuhanda uva mu karere ka Rutsiro werekeza mu karere ka Ngororero bahagaritse akazi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku bafite ubumuga mu karere ka Gisagara, Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Mussa Fazil Harerimana, yasabye buri Munyarwanda kwamagana akato kagirirwa abafite ubumuga kuko bafite ubushobozi nk’abandi.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo arakangurira ababakozi kurushaho kwihesha agaciro, birinda imyitwarire yatuma batakarizwa ikizere, haba mu kazi kabo ndetse no mu buzima busanzwe.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) biga mu ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza bakaba bibumbiye mu muryango (famille) yitwa Imanzi ku mugoroba wa tariki 26/01/2013 bakiriye abanyamuryango bashya bayinjiyemo muri 2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burongera kwibutsa abayobozi mu nzego zose ko imiyoborere myiza ari inshingano ya buri muyobozi, kuko ari isoko y’iterambere ryagizwemo uruhare na buri muturage.
Abahagaritswe muri komite y’urugaga imbaraga ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru, baravuga ko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bamanutse bakaganira n’abahinzi ku nzego zo hasi, byakemura ibibazo biri kugaragara muri ino minsi.
Umujyanama wa Minisirtiri wa Siporo n’umuco, Guillaume Serge Nzabonimana, avuga ko ibiherwaho mu kugaragaza intwari kuri iki gihe binyuranye n’ibyaherwagaho mu bihe byahise.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi burasaba abaturage kwikubita agashyi bakitabira umuganda ari benshi kuko bamaze kudohoka bigaragara.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu James Musoni aratangaza ko nta muntu n’umwe uzigera ahungabanya iterambere ry’Abanyarwanda habe n’iyo yagerageza kubinyuza mu nzira zitandukanye.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyiza Abanyagakenke bagezeho birimo umutekano, kwitabira umurimo, anabizeza ko mu mezi make ari imbere imirenge idafite umuriro w’amashanyarazi izaba yawubonye.
Mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, abayobozi mu nzego z’ibanze basabwe gucika ku muco wo kwaka umuti w’ikaramu n’inzoga y’abagabo kuko bifatwa nka ruswa kandi bigashobora kuba intandaro yo kudakemura ibibazo by’abaturage neza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gifatanyine na Rwanda Art Initiative, byateguye ibiganiro hirya no hino mu gihugu, bigamije kuganira n’urubyiruko ku mpano z’ubuhanzi n’icyo bifuza ko cyakorwa kugira ngo bigire icyo bibamarira.
Abadepite bo muri Komisiyo y’ubukungu basuye urugomero rw’amashanyarazi rwa Musarara ruri mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, bashimye aho imirimo y’urugomero igeze kugira ngo abaturage bagezweho amashanyarazi.
Nyuma yuko baboneye akamaro k’amata y’ihene n’abayonyeho bagatanga ubuhamya bw’uko yabakuye kure bagiye gupfa kubera intungamubiri nyinshi agira, byatumye ayo mata ahenda.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangaza ku munsi w’Intwari z’igihugu uteganyijwe tariki 01/02/2013, bazirikana cyane intwari Major General Gisa Fred Rwigema, kuko bemeza ko aza ku isonga mu bitangiye igihugu.
Abandi banyarwanda 34 baturutse mu bice bya congo bitandukanye bagarutse mu gihugu cyabo, nyuma y’igihe kirekire barahungiye muri congo. Bose batangaza ko batari bazi amakuru y’impamo ku birebana n’u Rwanda, aho ngobumvaga bafite ubwoba bwo kugaruka.
Ivugururwa ry’ingengo y’imari rya Minisiteri y’imari n’igenamigambi riherutse kuba ryagabanyije ku ngengo y’imari y’Akarere ka Huye amafaranga agera kuri miriyoni 99. Icyakora, ngo ibi ntibizabuza ko ibikorwa byari biteganyijwe bikorwa.
Abayobozi baturutse mu bihugu bya Tanzaniya na Kenya baje kureba uko u Rwanda rwakoze kugira ngo rugire isuku n’umutekano rwasorejwe mu karere ka Nyanza tariki 25/01/2013. Abarwitabiriye batangariye ibikorwa by’amajyambere biboneye n’amaso yabo.
Akarere ka Kicukiro gafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishwinzwe guteza imbere imiyoorere myiza (RGB), byagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo gutegura no kurebera hamwe uburyo ibyateganyijwe gukora mu kwezi kw’imiyoborere myiza byazagera ku ntego.
Umusore witwa Tuyisenge Jean de Dieu yatahutse mu Rwanda tariki 24/01/2013 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yabaga mu mutwe wa FDLR muri zone ya Mwenga.
Imbaraga ziracyakenewe mu bikorwa bitandukanye by’umuhigo w’uyu mwaka mu karere ka Gisagara, kugira ngo ntibabe basubira inyuma aho bageze. Ibi ni ibyatangajwe n’itsinda rigenzura ibikorwa by’umuhigo ku rwego rw’igihugu ubwo ryagenzuraga ibyo mu karere ka Gisagara kuri uyu wagatatu tariki 23/01/2013.
Abanyarwanda 60 batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 bavuga ko bari barahejejwe ishya no kubura amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda; ngo amakuru bumvaga ni ayo kubabwira ibibaca intege.