Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo arakangurira ababakozi kurushaho kwihesha agaciro, birinda imyitwarire yatuma batakarizwa ikizere, haba mu kazi kabo ndetse no mu buzima busanzwe.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) biga mu ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza bakaba bibumbiye mu muryango (famille) yitwa Imanzi ku mugoroba wa tariki 26/01/2013 bakiriye abanyamuryango bashya bayinjiyemo muri 2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burongera kwibutsa abayobozi mu nzego zose ko imiyoborere myiza ari inshingano ya buri muyobozi, kuko ari isoko y’iterambere ryagizwemo uruhare na buri muturage.
Abahagaritswe muri komite y’urugaga imbaraga ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru, baravuga ko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bamanutse bakaganira n’abahinzi ku nzego zo hasi, byakemura ibibazo biri kugaragara muri ino minsi.
Umujyanama wa Minisirtiri wa Siporo n’umuco, Guillaume Serge Nzabonimana, avuga ko ibiherwaho mu kugaragaza intwari kuri iki gihe binyuranye n’ibyaherwagaho mu bihe byahise.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi burasaba abaturage kwikubita agashyi bakitabira umuganda ari benshi kuko bamaze kudohoka bigaragara.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu James Musoni aratangaza ko nta muntu n’umwe uzigera ahungabanya iterambere ry’Abanyarwanda habe n’iyo yagerageza kubinyuza mu nzira zitandukanye.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yashimye ibyiza Abanyagakenke bagezeho birimo umutekano, kwitabira umurimo, anabizeza ko mu mezi make ari imbere imirenge idafite umuriro w’amashanyarazi izaba yawubonye.
Mu gikorwa cyo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, abayobozi mu nzego z’ibanze basabwe gucika ku muco wo kwaka umuti w’ikaramu n’inzoga y’abagabo kuko bifatwa nka ruswa kandi bigashobora kuba intandaro yo kudakemura ibibazo by’abaturage neza.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gifatanyine na Rwanda Art Initiative, byateguye ibiganiro hirya no hino mu gihugu, bigamije kuganira n’urubyiruko ku mpano z’ubuhanzi n’icyo bifuza ko cyakorwa kugira ngo bigire icyo bibamarira.
Abadepite bo muri Komisiyo y’ubukungu basuye urugomero rw’amashanyarazi rwa Musarara ruri mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke, bashimye aho imirimo y’urugomero igeze kugira ngo abaturage bagezweho amashanyarazi.
Nyuma yuko baboneye akamaro k’amata y’ihene n’abayonyeho bagatanga ubuhamya bw’uko yabakuye kure bagiye gupfa kubera intungamubiri nyinshi agira, byatumye ayo mata ahenda.
Abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangaza ku munsi w’Intwari z’igihugu uteganyijwe tariki 01/02/2013, bazirikana cyane intwari Major General Gisa Fred Rwigema, kuko bemeza ko aza ku isonga mu bitangiye igihugu.
Abandi banyarwanda 34 baturutse mu bice bya congo bitandukanye bagarutse mu gihugu cyabo, nyuma y’igihe kirekire barahungiye muri congo. Bose batangaza ko batari bazi amakuru y’impamo ku birebana n’u Rwanda, aho ngobumvaga bafite ubwoba bwo kugaruka.
Ivugururwa ry’ingengo y’imari rya Minisiteri y’imari n’igenamigambi riherutse kuba ryagabanyije ku ngengo y’imari y’Akarere ka Huye amafaranga agera kuri miriyoni 99. Icyakora, ngo ibi ntibizabuza ko ibikorwa byari biteganyijwe bikorwa.
Abayobozi baturutse mu bihugu bya Tanzaniya na Kenya baje kureba uko u Rwanda rwakoze kugira ngo rugire isuku n’umutekano rwasorejwe mu karere ka Nyanza tariki 25/01/2013. Abarwitabiriye batangariye ibikorwa by’amajyambere biboneye n’amaso yabo.
Akarere ka Kicukiro gafatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishwinzwe guteza imbere imiyoorere myiza (RGB), byagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa mu rwego rwo gutegura no kurebera hamwe uburyo ibyateganyijwe gukora mu kwezi kw’imiyoborere myiza byazagera ku ntego.
Umusore witwa Tuyisenge Jean de Dieu yatahutse mu Rwanda tariki 24/01/2013 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yabaga mu mutwe wa FDLR muri zone ya Mwenga.
Imbaraga ziracyakenewe mu bikorwa bitandukanye by’umuhigo w’uyu mwaka mu karere ka Gisagara, kugira ngo ntibabe basubira inyuma aho bageze. Ibi ni ibyatangajwe n’itsinda rigenzura ibikorwa by’umuhigo ku rwego rw’igihugu ubwo ryagenzuraga ibyo mu karere ka Gisagara kuri uyu wagatatu tariki 23/01/2013.
Abanyarwanda 60 batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 bavuga ko bari barahejejwe ishya no kubura amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda; ngo amakuru bumvaga ni ayo kubabwira ibibaca intege.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, azifatanya n’abaturage bo mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke mu muganda rusange ngarukakwezi uzaba kuri uyu wa gatandatu tariki 26/01/2013 .
Nubwo mu karere kaRuhango hari umubare munini w’abaturage ukibarirwa munsi y’umurongo w’ubukene, hari abandi baturage bahamya ko bamaze gutera imbere kubera intwari zitangiye igihugu.
Kuva capitaine Paul Barril wari waroherejwe n’ibiro bya Perezida Mitterrand yatangira kubazwa uruhare rw’ubuyobozi bw’igihuhu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, hagaragaye inyandiko zigaragaza intwaro n’ingabo u Bufaransa bwagiye buha u Rwanda zigakoreshwa muri Jenoside.
Impuguke mu kurwanya amakimbirane na Jenoside zivuga ko isi n’u Rwanda bikeneye intwari nyinshi zo gukiza abantu, nk’uko Raoul Wallenberg yarokoye Abayahudi bicwaga n’Abanazi, cyangwa se nk’uko Sula Karuhimbi yakijije benshi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu nama yahuje abagaba b’ingabo z’ibihugu bigize umuryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) hamwe n’umuryango w’ibihugu by’afurika y’amajyepfo (SADC) taliki 23/01/2013 bagaragaje ko badashaka kuvanga ingabo zabo n’ingabo z’ishami ry’umuryango wabibumbye (MONUSCO) mu gucunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo.
Mu mujyi wa ¬El Fasher muri Darfur hafunguwe icyumba kizajya kimurikirwamo ibintu bitandukanye byo mu Rwanda. Iki gikorwa kije nyuma y’umwanzuro wari wafatiwe mu nama rusange y’Abanyarwanda baba muri Darfur yateranye tariki 07/12/2012.
Abari mu gihano nsimburagifungo (TIG) mu karere ka Ngororero bashimishijwe no kuba bafatanya n’abandi baturage mu bikorwa by’imirimo y’amaboko ifitiye igihugu akamaro kandi bari mu gihano cy’ibyaha bakoze.
Abakozi batanu bakoraga ku rwego rw’utugari mu karere ka Nyamagabe barasezerewe nyuma yo gukora amakosa atandukanye ashyirwa mu rwego rwa kabiri rw’amakosa akomeye mu kazi, undi umwe wakoraga ku rwego rw’umurenge yasabiwe kugezwaho umushinga w’igihano cyo kwirukanwa burundu.
Urubyiruko rwatangiye urugerero mu karere ka Gakenke ruvuga ko rutishimiye abantu batangiye kugereranya urugero n’igihano nsimburagifungo (TIG) kuko ari ugupfobya abazakora urugero.
Kuri uyu wa gatatu tariki 23/01/2013, abayobozi n’abakozi b’akarere ka Ngororero batangiye gahunda yo hukemura ibibazo by’abaturage bimaze igihe kinini bidakemuka, nkuko babigize intego mu gihe cy’amezi 3 cyahariwe imiyoborere myiza.