Bamwe mu bari bitabiriye imyigaragambyo yabereye kuri ambasade y’Abongeleza biyemeje gukomeza kwigaragambya kugeza igihe u Bwongeleza buzafatira icyemezo cyo kurekura Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe i Londres muri wikendi ishize.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mme Louise Mushikiwabo, aratangaza ko itabwa muri yombi rya General Emmanuel Karenzi Karake ari agasuzuguro kadakwiye kwihanganirwa.
Abantu barenga 1.000 baturutse hirya no hino mu mujyi wa Kigali bateraniye ku kicyaro cy’ambasade y’Abongeleza, bamagana ifatwa rya Lt. Gen. Karenzi Karake, uhagarariye Urwego rw’iperereza mu Rwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyamasheke yamaze kwemeza ingengo y’imari izakoreshwa muri ako karere mu mwaka wa 2015/2016, aho 35% by’iyi ngengo y’imari bizakoreshwa mu bikorwa by’iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba abana guharanira kugira uruhare mu kubungabunga uburenganzira bwabo, kandi bakagira abo bafatiraho ingero z’ibikorwa byiza bizabafasha kuvamo abayobozi beza b’ejo hazaza.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kirehe ku wa 22 Kamena 2015 yasubije Ubuyobozi by’Inkambi ya Mahama icumbitsemo impunzi z’Abarundi ibikoresho byafashwe na Polisi biguzwe mu mpunzi mu buryo bunyuranyije n’amategeko bifite agaciro k’ibihumbi 540.
Mutoni Jean d’Amour washinze umuryango yise Act of Gratitude usanzwe ukora ibikorwa by’urukundo byo kwitura, yabihembewe n’Umwamikazi w’Ubwongereza, nyuma yo gutsinda irushanwa ryari ryateguwe hagamije kureba imishinga ifite ibikorwa byiza.
Abaturage bimuwe mu bice by’amanegeka mu mirenge ikikije uwa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba amasambu yabo ari kure kandi ari yo bakesha kubaho bikomeje gutuma ubuzima bwabo bugenda nabi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi buvuga ko bumaze kuremererwa n’ikibazo cy’ababyeyi basiga abana b’impinja ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi, bakigira gushaka amafaranga mu mujyi wa Goma.
Inyubako y’ibiro by’akarere ka Bugesera igiye gusubizwa ku isoko maze ipiganirwe kubashaka kurangiza imirimo yiyo nyubako, nyuma yaho rwiyemezamirimo ayitaye ntayuzuze biba ngombwa ko haseswa amasezerano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero n’ubwa koperative (COTRAGAGI) ihuza abahinzi b’icyayi bahuriye ku ruganda rwa Rubaya ruri mu murenge wa Muhanda mu muri aka karere, bwaciye ikoreshwa ry’abana mu mirimo y’icyayi ariko bamwe barinangiye.
Zimwe mu mpunzi z’abarundi zahungiye mu Rwanda zirishimira uburyo zakiriwe n’Abanyarwanda, nyuma y’uko bahahungiye kubera imyigaragambyo yari mu Bujumbura yamagana icyemezo cy’umukuru w’igihugu cyo kwiyamamariza manda ya gatatu.
Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias wari usanzwe uyobora umuryango FPR-Inkotanyi mu karere, yongeye gutorerwa gukomeza kuwuyobora, nyuma y’uko yari nawe mukandida rukumbi kuko ntawe bari bahanganye.
Abanyarwanda bahungiye mu bice bitandukanye byo mu Burasirazuba bwa Congo, bavuga ko nta kiza babubonye mu buhunzi, uretse kubura ibyo bafite bakaburira uwo ariwe wese washaka kubujyamo ingaruka zabwo.
Impunzi ziba mu Nkambi ya Gihembe iherereye mu Murenge wa Kajyeyo mu Kagari ka Gihembe ho mu Karere ka Gicumbi zirasaba ko zahabwa amahirwe yo kwiga zikabasha kurangiza nibura amashuri yisumbuye.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga biyemeje guca ukubiri no gusabiriza bihangira imirimo, baravuga ko bagenda biteza imbere babikesha koperative bashinze ihinga ibihumyo ndetse bagakora n’ubukorikori butandukanye.
Uruganda rukora amarangi n’ibikoresho bw’ubwubatsi mu Rwanda, Ameki Color, rwahagurukiye gufasha abasiga amarangi kugira ubumenyi mu gusiga amarangi no kuba abanyamwuga kuko byagaragaye ko kuba hari abasiga amarangi nabi bigira ingaruka kubasigisha amarangi.
Ku bufatanye n’imiryango inyuranye ifasha impunzi, Minisiteri ishinzwe Gukumira Ibiza no gucyura Impunzi(MIDIMAR) yatangiye umushinga wo kubakira impunzi inzu zisakaje amabati mu rwego rwo kuzituza heza.
Impunzi z’abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe iherereye mu murenge wa Kajyeyo mu karere ka Gicumbi zirashima uburyo igihugu cy’u Rwanda cyazakiriye nuburyo zibayeho nyuma y’imyaka 17 zimaze zihungiye mu Rwanda.
Uwamariya Odette uyobora Intara y’Iburasirazuba ni we wegukanye intsinzi y’Umukuru w’Umuryango wa FPR Inkotanyi mu rwego rw’akarere ka Rwamagana, atsinze Uwizeyimana Abdoul Kalim uyobora aka karere, mu matora y’abagize inzego z’uyu muryango mu Karere ka Rwamagana arimo kubera i Kitazigurwa mu mu Murenge wa Muhazi.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 20 Kamena 2015 u Rwanda rwifatanyije n’isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe impunzi ku isi. Muri urwo rwego Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto agaragaza uko impunzi zibayeho mu Rwanda muri zimwe mu nkambi ziri mu gihugu.
Umuryango Media for Deaf Rwanda ufite uruhare mu gukangurira abantu kumenya ururimi rw’amarenga, uratangaza ko igikorwa watangiye cyo gukangurira abantu kumenya uru rurimi kizagera ku musozo abantu bamaze kumenya agaciro karwo no kumva kurushaho abatumva.
Impunzi z’abarundi zigera mu bihumbi 27 ziri mu nkambi ya Mahama mu karere ka Kirehe, zirashimira leta y’u Rwanda cyane cyane Perezida Paul Kagame, ku buryo zakiriwe mu Rwanda zigahabwa n’uutekano bitandukanye n’uko byagiye bigenda mu bindi bihugu zatsemo ubuhungiro.
Abanyabukorikori batandukanye bakorera mu Gakiriro ka Ruhango kari ahitwa i Nyarusange mu Murenge wa Ruhango baravuga ko bafite imbogamizi zo kuba agakiriro karubatswe kure y’umuhanda, none bakaba ngo bari mu gihombo kuko ngo nta bakiriya babona.
Polisi yo mu muhanda yo mu karere ka Muhanga irihanangiriza abashoferi batanga ruswa ku bapolisi kugira ngo bahabwe serivisi mu makosa, ko abazajya bafatwa bazajya bakurikiranwa mu mategeko.
Mu gihe umubare munini w’impunzi z’Abarundi uri mu Nkambi zashyizwemo mu Rwanda hari bamwe muri izo mpunzi bicumbikiye mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyanza ngo badakozwa ibyo kujya mu nkambi ngo bitabweho n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi, UNHCR, ngo bahabwe ibiribwa n’ubuvuzi.
Ntakirutimana Emmanuel w’imyaka 22 na Mundanikure Joseph w’imyaka 19 bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Nyamugari bari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatanwa amafaranga ibihumbi 150 harimo 135 y’amakorano.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kayonza bahamya ko kugeza ubu bariho babikesha ubufasha bahawe mu mushinga w’Inshuti mu Buzima (Partners In Health) umaze imyaka 10 ukorera muri ako karere, nk’uko babivuze tariki 18 Kamena 2015 ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka y’imyaka 10 kuva uwo mushinga utangiye gukorera i Kayonza.
Mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Muhoza, mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Kamena 2015 abajura bari bagiye kwiba mu Agaseke Bank ngo bananirwa gufungura umutamenwa babikamo amafaranga bagenda ubusa.
Ministeri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF), yagaragaje ibyishimo kuri uyu wa 18 Kamena 2015, itewe n’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari mu bakuru b’ihugu 10 bagiriwe icyizere mu mishinga yari yagaragajwe n’abantu b’ibirangirire batandukanye ku isi, mu guteza imbere abagore n’abakobwa.