Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD) yavuze ko amazina apfobya abafite ubumuga ashobora kubabuza uburenganzira buri Munyarwanda yemererwa n’amategeko, aho igereranya izo mvugo na Jenoside ibakorerwa.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2015, COGEBANQUE, yatangije ikoreshwa rya Mastercard zigera kuri enye, zizajya zifasha abakiriya kubona amafaranga yabo biboroheye mu Rwanda ndetse n’ahandi hose ku isi.
Uwitwa Mukamwambutsa Julienne ucururiza ku gataro mu Murenge wa Gisozi mu Karere Gasabo, aravuga ko abana be bamurwaranye bwaki kubera gufata igaburo rimwe ku munsi kandi ngo ritujuje intungamubiri. Arasaba igishoro kugira ngo areke ubucuruzi butemewe.
Umukuru w’Igihugu Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kudakomeza kurangwa n’umuco wo gusindagizwa, ahubwo bakumva ko ubuzima bwabo bugomba kugenwa n’umusaruro batanga.
Mu ruzinduko Umukuru w’igihugu Paul Kagame arimo kugirira mu Ntara y’Iburengerazuba, mu Karere ka Rutsiro kuri uyu wa 18 Kamena 2015, yebemereye ko imihanda yo muri ako karere izatunganywa kuko imeze nabi.
Abaturage baturiye umuhanda Ruhango-Kinazi mu Karere ka Ruhango, baravuga ko batewe impungenge no kuba uyu muhanda watangiye gukorwa ingurane bemerewe kugira ngo bimuke batarazihabwa.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2015, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame , yagendereye Akarere ka Rutsiro aho abaturage bari bamaze iminsi bategereje kongera kumva impanuro ze bamwirebera amaso ku maso. Mu gihe abaturage bategereje impanuro ze abahanzi babanje kubasusurutsa.
Abakozi bakora mu bwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) mu Karere ka Gisagara, barasaba kwishyurwa n’akarere amafaranga bagiye bakoresha mu butumwa bw’akazi igihe kirenga umwaka kuko bavuga ko ntayo bahabwaga bakarinda kujya bakoresha ayabo.
Abagabo babiri bafungiye kuri Station ya Polisi ya Kigabiro mu Karere ka Rwamagana bakurikiranweho kwiyita abakozi b’umuryango mpuzamahanga urwanya akarengane na ruswa “Transparency International/Rwanda”, bakambura abaturage amafaranga bababeshya ko bazabaha akazi naho abandi bakababeshywa kuzabakemurira ibibazo.
Kuri uyu wa 17 Kamena 2015, Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mpunzi HCR, ku bufatanye na Minisiteri ishinzwe kurwanya ibiza no gucyura impunzi, MIDIMAR, batangije igikorwa cyo kubarura impunzi z’Abarudi zakiriwe mu miryango mu Rwanda.
Ku bufatanye n’umushinga Compassion, Itorero ry’Abaruteri, Paruwasi ya Kirehe ryafashishije abana b’abanyeshuri matora 206 ku wa 17 Kamena 2015 mu rwego rwo guteza imbere ubuzima bwabo bagira imitekerereze myiza.
Umugabo witwa Mukibi Valerien avuga ko yahisemo kujya yihekera umwana nyuma y’uko abonye umugore we abyaye kabiri yikurikiranya kandi abana bakamurushya kubaheka kuko benda kungana, mu gihe kandi nta bushobozi bafite bwo gushaka umukozi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buratangaza ko abayobozi bose bashyira mu bikorwa nabi gahunda ya girinka bakanayangisha abaturage, bagomba gukurikiranwa bagahanwa hakurikije amabwiriza agenga iyo gahunda.
Ababyeyi barasabwa kwirinda gukoresha abana imirimo irenze ubushobozi bwabo, kuko bigira ingaruka ku mikurire yabo, ndetse no ku burere bwabo muri rusange ngo bikanadindiza iterambere ryabo n’iry’igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko bafite ibyishimo bidasanzwe by’uko bazabasha kwibonera imbona nkubone ku nshuro ya mbere umukuru w’igihugu, mu ruzinduko ngo azagirira muri ako karere kuri uyu wa kane tariki 18 Kamena 2015.
Umugore witwa Muhimpundu Judith ukomoka mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yabeshywe n’umuntu wiyise umukozi wa Sosiyete y’itumanaho ya MTN ngo ko yatsindiye miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda nyuma atahura ko yari umutekamutwe amaze kumwoherereza ibihumbi 104 by’u Rwanda na byo bitari ibye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe ngo bababazwa no kuba bamwe mu bayozozi babatumira mu nama bakabicira gahunda ntibubahirize isaha batanze, bakavuga ko bisubiza inyuma mu bukungu kuko baba bataye umwanya w’akazi bagira ngo barubahiriza gahunda bahawe.
Inama Njyanama y’akarere ka Kirehe yasezereye umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’imari Tihabyona Jean de Dieu muri Njyanama na Nyobozi y’akarere bitewe n’ibyaha akekwaho n’inzego z’ubutabera.
Bamwe mu baturage baturiye umuhanda wa Kivugiza –Hanika mu Murenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke bashinja Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kubasiragiza no kubambura amafaranga y’ibikorwa byabo byakuweho ubwo bubakaga uyu muhanda.
Kuri uyu wa mbere itsinda ry’abadepite muri Komisiyo ya Politiki y’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’igihugu ryasuye Akarere ka Rutsiro mu rwego rwo kurebera hamwe aho ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye rigeze ariko ngo batunguwe no kubona umugoroba w’ababyeyi nta ngufu ufite.
Mu gutangiza icyumweru cy’ibikorwa bya Police (Police Week) mu Ntara y’Iburasirazuba, hanizihizwa imyaka 15 Police y’u Rwanda imaze ishinzwe, Polisi yaremeye imiryango itanu itishoboye ibaha inka kuri uyu wa 14 Kamena 2015 mu birori byabereye kuri Sitade ya Cyasemakamba mu Karere ka Ngoma.
Bamwe mu bagize urwego rwunganira ubuyobozi bw’akarere mu gucunga umutekano, DASSO, mu Karere ka Nyaruguru, baratangaza ko kugera ku makuru y’umutekano bitaborohera, kuko ngo nta buryo bw’inyoroshyangendo bwataganyijwe, ndetse ngo bakaba batanabasha guhamagara umuturage ngo abagezeho amakuru kubera kutagira amafaranga muri (…)
Mu birori byo gusoza Icyumweru cy’Uburezi Gaturika muri Diocese ya Kibungo, Musenyeri Antoine Kambanda,Uumushumba w’iyo Diocese yasabye ababyeyi n’abarezi kurinda abana kugira ngo bakure neza birinda ibiyobyabwenge kuko ngo umwana wabyishoyemo apfa ahagaze.
Abambasaderi ba Radiyo y’Icyerekezo KT Radio (Kigali Today Radio) yumvikanira ku murongo wa 96.7FM no www.ktradio.rw , bo mu Ntara y’Amajyepfo ndetse no mu Karere ka Karongi ho mu Ntara y’Iburengerazuba, baravuga ko bafite amahirwe adasanzwe yo kuba bafite radiyo bavugiraho bagatanga ibitekerezo byabo.
Bamwe mu baturage batuye mu Karere ka Rutsiro baratangaza ko batishimiye ibyiciro by’ubudehe bivuguruye bashyizwemo, ndetse bakaba baragaruye amafishi ya bamwe mu batishimiye ibyo byiciro ku buryo arimo kongera kugenzura ngo bongere bashyirwe mu cyiciro hakurikijwe amakuru ari ku ifishi.
Amazu atanu ni yo agiye gutangira kubakwa mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga kugira ngo ahabwe bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bavugaga ko babayeho nabi kubera kutagira amacumbi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Iterambere,UNDP, ngo rigiye kuvugurua Umudugudu wa Taba uherereye mu Kagari ka Bukomeye, mu Murenge wa Mukura, ku buryo ngo uzaba icyitegererezo cy’imiturire iboneye.
Umuryango mpuzamahanga, Winrock International urwanya imirimo mibi ikoreshwa abana utangaza ko abantu bo mu byiciro bitandukanye badasobanukiwe imirimo mibi n’uturimo umwana yemewe gukora bikaba ari imbogamizi mu kuyirwanya mu muryango nyarwanda.
Leta ifite gahunda yo gutangira gushyira ahagaragara amakuru yose arebana n’ukuri ku Rwanda, kugira ngo yorohereze abikorera bashaka kumenya byinshi ku Rwanda kandi afashe no gukora igenamigambi ry’igihugu.
Imiryango 40 y’ababana na virusi itera SIDA yibumbiye muri koperative “Dufatanye” ikorera mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yishatsemo ibisubizo yigurira imifariso mu rwego rwo guca Nyakatsi yo ku buriri.