Ikigo cy’ubwisungane mu buvuzi cya gisirikare (MMI) cyahaye abahoze mu mwuga w’uburaya ibikoresho bitandukanye bibafasha gutangira ubuzima bushya, nyuma yo guhugurwa mu myuga itandukanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwamurikiye abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JAF) ingengo y’imali y’uyu mwaka wa 2014-2015 isaga miliyari 12 ndetse n’imirongo migari izakoreshwamo kugira ngo abafatanyabikorwa na bo babone aho imbaraga zabo zikenewe maze bagaragaze uruhare rwabo mu bikorwa bateganya gukora kugira ngo (...)
Abageze mu kiruhuko cy’izabukuru bo mu karere ka Gicumbi barasaba ko bakongererwa amafaranga bahabwa y’izabukuru ndetse bagahabwa inguzanyo bagakora imishinga ibyara inyungu kugirango babashe kugira amasaziro meza.
Umuryango utabara imbabare Croix Rouge wakoresheje isuzumabumenyi abakorerabushake ba wo bo mu karere ka Kayonza, binyuze mu mukino abaturage bo mu mudugudu wa Gatoki mu kagari ka Shyogo ko mu murenge wa Nyamirama bakinnye tariki 17/07/2014 bigaragaza nk’abahuye n’ibiza.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko itorero ry’igihugu asanga ari urufunguzo rufungura imyumvire y’Abanyarwanda kugira ngo bashobore kwitoza ndetse no gutoza abazabakomokaho kuba inyangamugayo no gukorera mu mucyo.
Imyumvire ikiri hasi ya bamwe mu babyeyi n’ubumenyi buke ku bijyanye n’uburenganzira bw’abana ngo biracyatuma abana bahohoterwa bakamburwa uburenganzira bemererwa n’amategeko nk’uko bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza babyemeza.
Nyuma y’igihe kinini ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’ubwa sosiyete yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) icukura amabuye y’agaciro muri uwo murenge batavuga rumwe ku kwishyura abaturage bwabangirije amazu hamwe n’indi mitungo, umuyobozi bw’akarere buvaga ko bwihaye igihe cy’icyumweru kimwe bugashyikiriza GMC (...)
Abaturage bo mu mudugudu wa Gacamahembe mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cyo kuba bamaze iminsi itatu bari mu kizima kuko ikigo gishinzwe gutanga amashanyarazi (EWSA) giheruka kubakupira umuriro bitewe n’amasinga yari yamanutse akagwa hasi kuko ibiti byari biyafashe byaboze.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke bagabiye inka ababarokoye muri icyo gihe, aba bombi bakaba bibumbiye mu ishyirahamwe bashinze baryita INSHUTI NYANSHUTI mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda.
Abashinzwe irangamimerere mu mirenge ndetse n’abashinzwe ibarurishamibare (statistiques) mu turere kimwe n’abagaragaza imibare y’abarwariye kwa muganga, abahavukiye hamwe n’abahapfiriye, bazajya bifashisha ikoranabuhanga mu kugaragaza iyo mibare.
Bamwe mu bagore bahuye n’ikibazo cyo gutandukana n’abana babo mu gihe cya Jenoside baracyafite agahinda ko kutamenya irengero ryabo, bakaba bariyemeje gushyiraho umuryango wo gufasha abandi bahuye n’icyo kibazo.
Mu gitondo cyo kuri iyi wa gatatu tariki 16/07/2014, uruganda Cristal Bottling Company rukora imitobe, amazi ndetse n’imiheha ruherereye mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera rwari rufashwe n’inkongi y’umuriro ariko umuriro bawuzimya utarafata amazu.
Umukecuru witwa Nyirambonigaba utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, wari umaze amezi agera kuri atanu acumbikiwe n’abaturanyi kubera ko inzu ye yari yarahiye igakongoka arashimira ingabo z’u Rwanda n’abaturage bari kumwubakira inzu nshya none ubu akaba agiye kubona aho yikinga.
Nyuma y’uko bigaragaye ko ibyangombwa bisaga 31.000 biri mu karere kandi ba nyirabyo ntibaze kubifata, ubu akarere karahamagarira abaturage kuza kubitwara kuko ngo udafite icyangombwa nta butaka aba afite.
Kwimakaza indangagaciro nyarwanda na kirazira no gusigasira ibyiza bimaze kugerwaho, nibyo bizatuma igihugu kigera ku iterambere rirambye. Ubu ni bumwe mu butumwa bwahawe urubyiruko rw’Abanyarwanda biga mu mahanga.
Leta ya Kongo yandikiye ubuyobozi bwa CEPGL na Minisitere z’ububanyi n’amahanga z’ibihugu bigize umuryango wa CEPGL ibamenyesha ko ibikorwa byo kwaka amafaranga ya Viza abaturage bari mu muryango wa CEPGL byatewe n’uko ibi bihugu nabyo byishyuza Viza abaturage bari muri uyu muryango.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, bacumbikiwe mu kagari ka Rwoga umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane n’abaturage bagenzi babo bakibita Abatanzaniya kandi bo bazi neza ko ari Abanyarwanda.
Ba perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Teodoro Obiang Nguema Mbasogo wa Equatorial Guinea bamaze gusinya amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibyo bihugu azafasha ibyo bihugu kunoza no gutera imbere byihuse nk’uko babitangarije mu kiganiro bamaze kugirana n’abanyamakuru i Kigali.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kibinyujije mu mushinga wacyo wo gutera inkunga imishinga itanga ubumenyingiro mu gihe gito (SDF), kimaze kwakira imishinga 293 ihatanira guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro, ikazavamo imyiza ku rusha indi izahabwa inkunga.
Umusaza witwa Gatware Etienne atangaza ko amaze imyaka irenga ibiri yiruka ku kibazo cyatewe n’umuturanyi we cyo kuba yaramusenyeye aho yubatse inzu akamusatira kuburyo ari mu marembera yo kuba inzu ye yahirima umuryango we ukaba wahahurira n’ibibazo.
Abapolisi bakuru 28 bava mu bihugu 9 by’Afurika bakurikirana amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Polisi rya Musanze, kuri uyu wa Mbere tariki 14/07/2014 batangiye inama nyunguranabitekerezo (symposium) ku bibazo by’ingutu mu kugarura amahoro n’umutekano mu karere.
Perezida w’igihugu cya Equatorial Guinea, Teodoro Obiang Nguema Mbasogo, wasuye u Rwanda kuva kuri uyu wa 14/7/2014, yavuze ko we n’igihugu cye bamagana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba yijeje guharanira ko haba mu Rwanda cyangwa ahandi ku isi, Jenoside itagomba kongera kuba.
Leta y’u Rwanda yasohoye amabwiriza asaba abafite amazu kuyashakira ubwishingizi bw’impanuka n’inkongi z’umuriro mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo kimaze kugaragara henshi mu Rwanda.
Umusaza witwa Anthère Kabahizi ubarizwa muri paruwasi ya Crête Congo Nil mu karere ka Rutsiro, avuga ko akimara gushyingirwa yasabye Imana ko mu muryango we izamuha umusaserodoti none akaba yishimiye ko igisubizo yabashije kukibona tariki 12/07/2014 ubwo umwana we w’umuhererezi akaba n’imbyaro ye ya cumi yahabwaga ubupadiri.
Abanyarwanda bajya i Goma bakoresheje umupaka munini mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere taliki ya 14/7/2014 basabwe kwishyura amafaranga ya Viza, abatayishyura bakaba basabwe kutongera kujya i Goma kuko umunsi ntarengwa wo kuyishyura ari taliki ya 15/7/2014.
Mu karere ka Ngororero, mbere yo gutangira umwaka wa 2014-2015, imiryango itegamiye kuri Leta: ADI Terimbere, Tubibe amahoro na PPIMA (Public Policy of Information Monitoring and Advocacy) yashyize ahagaragara ubushakashatsi bakoze ku muganda aho abaturage bagaragaza ibyo bashima, ibyo banenga mu mitangire y’umuganda (...)
Komiseri mu muryango wa FPR Inkotanyi, Tito Rutaremara, arasaba abanyamuryango b’iri shyaka bo mu Ntara y’Iburasirazuba kuba inkingi z’impinduka bongera ingufu mu bikorwa byabo kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda buzamuke, bityo abakene bagabanuke.
Abari abadiyakoni batatu muri Kiliziya Gatulika bazamuwe bashyirwa ku mwanya w’ubupadiri, uyu muhango ukaba wabereye kuri paruwasi ya Crête Congo Nil mu karere ka Rutsiro tariki 12/07/2014.
Umuryango mpuzamahanga w’abakristu barwanya ihohoterwa rikorerwa abana, International Justice Mission (IJM) wafashe ingamba zo gufatanya n’uturere dutandukanye harimo n’akarere ka Muhanga mu guhangana n’ihohioterwa ryo gusambanya abana.
Nyuma y’ibyumweru bitatu, umushinga Rwanda Peace Education Program (RPEP) uharanira kubaka amahoro ukora imurika rigamije kwigisha amahoro mu karere ka Ngororero, abakurikiranye inyigisho zahabereye biyemeje kuba intumwa z’uwo muryango mu kubaka umuco w’amahoro nk’indangagaciro nyarwanda.