Bamwe mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Rambura na Karago rwacikirije amashuri ngo bafite icyizere gikomeye cy’ejo hazaza nyuma yo gufashwa kwiga ubukorikori bakora ibikoresho bitandukanye mu giti cy’umugano.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi bari mu imurikabikorwa byabo ry’iminzi itatu kuva ku wa gatanu tariki 26 Kamena 2015 aho abaryitabiye bavuga ko ribafasha kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Mu gihe ubushakashatsi bugaragaza ko kwisiramuza bifasha abagabo kugira isuku hamwe no kugabanya ibyago byo kwandura icyorezo cya Sida n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ugereranyije n’abadasiramuye, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke ngo ntibakozwa ibyo kwisaramuza kubera imyumvire.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yabwiye Inama Njyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa 26 Kamena 2015 ko ikibazo cy’amadeni ibitaro by’ako karere n’ibigo nderabuzima bibereyemo farumasi y’imiti amaze kurenga kure ubushobozi bw’akarere ku buryo atagishoboye kuba yakwishyurwa hatabayeho ubufasha bw’izindi nzego.
Minisitiri w’Iterambere ry’Umuryango akaba n’uhagarariye Akarere ka Nyanza muri Guverinoma y’u Rwanda, Madamu Oda Gasinzigwa, mu muganda w’ukwezi yakoranye n’abaturage bo mu Karere ka Nyanza wabaye kuri uyu wa 27 Kamena 2015 mu gihugu hose mu Rwanda yabasabye kurushaho kwibumbatira umutekano ngo kuko nta kindi kiguzi cyawo.
Intore zo mu Karere ka Rwamagana zisoje icyiciro cya gatatu cy’urugerero kuri uyu wa 26 Kamena 2015 zari zimazeho amezi 6, zirashimirwa uruhare zagize mu gufasha abaturage kuzamura imyumvire no gutera imbere.
Bamwe bari mu nzego z’urubyiruko rw’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuba urubyiruko rudatinyuka ngo rubyaze umusaruro amahirwe ari mu karere kabo ahanini biterwa no kwitinya ndetse no gusesagura utwo babonye.
Nyuma y’impaka zikomeye hagati y‘Inama Njyanama y Aakarere ka Ngororero, Komite Nyobozi yako hamwe n’abashinzwe gucunga umutungo, Inama Njyanama yatoye ingengo y’imari y’akarere yiyongereyeho miliyari zisaga 2, maze isaba Komite Nyobozi y’Akarere kuzayikoresha neza mu mwaka wa 2015-2016, birinda amakosa yatuma idakoreshwa neza.
Ingengo y’imari y’Akarere ka Kirehe mu 2015-2016 ingana na miliyari 9 na miliyoni 558 n’ibihumbi 402 na 932 ngo 2% akaba ari yo yiyongera kuyakoreshejwe umwaka ushize mu gihe inkunga zo hanze muri iyo ngengo y’imari zingana na miliyoni 926 n’ibihumbi 444.
Buri wa gatandatu wa nyuma mu gihugu hose haba igikorwa cy’umuganda. Nk’uko bisanzwe tubahitiramo amwe mu mafoto yaranze iki gikorwa mu turere dutandukanye aba yafashwe n’abanyamakuru bacu bahakorera.
Abagize urwego rw’abagore mu karere ka Nyamagabe bandikiye umwamikazi w’u Bwongeleza bamusaba ko yategeka irekurwa rya Lt. Gen. Karenzi Karake bita “intwari” yabo, bavuga ko yagize uruhare mu kubohora u Rwanda rukava mu mateka mabi yakandamizaga umugore ubu akaba yarahawe ijambo.
Perezida Kagame yasabye abasirikare baba ofisiye bashya basaga 528 basoje ikiciro k’ishuri rya gisirikare, kudatatira igihango n’indahiro bakoreye imbere y’Abanyarwanda n’igihugu muri rusange.
Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwatangije ikigega bise Ishema ryacu, kigamije gufasha Umunyarwanda wese ushobora guhura n’ikibazo nk’icyo Lt. Gen. Karenzi Karake yahuriye nacyo mu gihugu cy’u Bwongekeza aho yaciwe miliyari irenga kugira ngo arekurwe by’agateganyo.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere iratangaza ko itumva impamvu ikibazo cy’indaya zigaragaza mu Mujyi wa Muhanga kidacika.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wahaye ipeti rya ‘Sous-Lieutenant’ abasirikare bato(Cadets) bo mu Ngabo z’u Rwanda bagera kuri 528 barimo ab’agitsina gore 60, kuri uyu wa gatanu tariki 26/6/2015; anaburira Ingabo z’igihugu n’abakozi b’izindi nzego muri rusange, ko abatatira igihugu bazabihanirwa n’amategeko, kabone (…)
Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 25 Kamena 2015 yemeje ingengo y’imari ya 2015-2016 ingana na miliyari 15 na miliyoni 854, miliyari 7 na hafi miliyoni 380 zingana na 46.6% by’ingengo y’imari yose akaba yagenewe ibikorwa by’iterambere ry’akarere.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bamaganye Ubwongereza kubera guta muri yombi Lt Gen Karenzi Karake basaba ibihugu by’Uburayi ahubwo guta muri yombi abakoze Jenoside bicumbikiye aho guta umwanya ku birego by’umucamanze wo muri Espagne ukingira ikibaba nkana abagize uruhare muri Jenoside agashinja abayihagaritse.
Abafundi bubatse amashuri mu 2012 ntibishyurwe barashinja ubuyobozi bw’umurenge kubasinyisha igihe bagiye gusurwa n’abayobozi bakuru b’igihugu, bababeshya ko amafaranga yabonetse ariko bahava ntibagire n’ifaranga babishyura mu birarane byabo.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga baramagana agasuzuguro k’amahanga akomeje gupyinagaza Umugabane wa Afrika by’umwihariko u Rwanda.
Urukiko rwa Westminster mu Bwongereza, ku mugoroba wo kuri uyu wa 25 Kamena 2015 nyuma y’impaka nyinshi cyane rwarekuye Lt Gen Karenzi Karake ariko rutegeka ko atanga miliyoni amapawundi, ni ukuvuga abarirwa muri miliyari y’amafaranga y’u Rwanda y’ingwate kugira ngo ajye yitaba urukiko.
Kuri uyu wa 25 Kamena 2015 mu turere twose tw’Intara y’Iburengerazuba abaturage biriwe mu bikorwa byo kwamagana ifatwa rya Lt Gen Emmanuel Karenzi Karake bavuga ko bafata nk’agasuzuguro ibihugu bikize bikorera ibihugu by’Afurika.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame atangaza ko ifatwa rya Lt Gen Karenzi Karake mu Bwongereza, “ari urubanza ruzatuma abanyarwanda bigenera uko bashaka kubaho.”
Abaturage b’utugari twa Nyagatare, Barija na Nsheke tumwe mu tugize umurenge wa Nyagatare, bazindukiye mu gikorwa cyo kwamagana Leta y’ubwongereza banayisaba kurekura byihutirwa Lt. Gen. Karenzi Karake wafatiwe mu Bwongereza.
Imbaga y’abaturage basaga 5000 bo mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa 25 Kamena 2015 bazindukiye mu rugendo rwo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt Gen Karenzi Karake wafatiwe mu gihugu cy’ubwongereza ndetse bavuga ko batazahwema kwamagana agasuzuguro k’Ubwongereza kugeza bamurekuye.
Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame aratangaza ko amahanga atera inkunga u Rwanda adakwiye kuzikoresha nk’urwitwazo rwo kurukandamiza, kuko u Rwanda rutazemera kugurana agaciro k’Abanyarwanda nazo.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana babarirwa mu bihumbi 10 baramukiye mu myigaragambyo yo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt. Gen. Karenzi Karake, basaba ko u Bwongereza bwamurekura vuba na bwangu.
Nyuma y’uko imbaga y’Abanyarwanda b’ingeri zitandukanye ejo ku wa 24 Kamena 2015 bigaragambirije kuri Ambasade y’Ubwongereza bagaya icyemezo cy’Ubwongereza cyo guta muri yombi Lt Gen Karake Karenzi bagasaba ko arekurwa, mu Rwanda hose kuri uyu wa 26 Kamena 2015 baramukiye mu myigaragambyo yo gusaba Ubwongereza kumurekura.
Minisitiri ushinzwe ubuhinzi muri Kivu y’Amajyaruguru Carly Nzanzu Kasivita arasaba abayobozi bakora ku mipaka kuba maso, bagakumira buri muzigo urimo inyama z’inkoko zivuye muri Turukiya zanduye ibicurane by’ibiguruka.
Ikigo gishinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, hamwe n’Umuryango w’Ubukungu mu Bihugu by’Ibiyaga Bigari(CEPGL), bagiranye amasezerano yo gushyiraho amategeko agenga ubucukuzi bwa gazi metane iri mu Kiyaga cya Kivu, akaba agomba kubahirizwa ku mpande zombi, u Rwanda na Kongo bisangiye icyo kiyaga.
Kuri uyu mugoroba tariki 24 Kamena 2015, Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma agira Dr Papias Musafiri Malimba, Minisitiri w’Uburezi asimbuye kuri uyu mwanya Prof. Silas Lwakabamba wari uwumazeho igihe kigera ku mwaka.