Rutsiro: Kuba Kagame yavanye urwikekwe mu banyarutsiro ngo niyo mpamvu badashaka kumuhomba

Abaturage bo mu mirenge ya Kigeyo na Nyabirasi yo mu karere ka Rutsiro batangarije itsinda ry’abadepite ko bifuza ivugururwa ry’ingingo y’101 mu itegekonshinga, kugira ngo Perezida Paul Kagame akomeze ayobore u Rwanda bitewe n’urwikekwe rwari mu Banyarwanda nyuma ya Jenoside ariko ku buyobozi bwe rukagenda rushira.

Abadepite barimo Hon Mureshyankwano Marie Rose na Hon Uwiringiyimana Philbert, babwiye abaturage ko ikibagenza ari ukumva ibitekerezo by’abanditse basaba ko ingingo y’101 yavugururwa.

Abaturage bemeza ko Perezida Kagame yabagejeje kuri byinshi bityo bakaba bakimwifuza.
Abaturage bemeza ko Perezida Kagame yabagejeje kuri byinshi bityo bakaba bakimwifuza.

Batangaje kandi ko ikindi cyabagenzaga ari ukumva iby’abataranditse kugurango hazakurikireho kamarampaka. Ariko abaturage bababwiye ko bagomba kubatumikira ko Perezida Paul Kagame akifuzwa n’abaturage bitewe n’uko yatumye Abanyarwanda babana mu mahoro.

Ndagijimana Joel yakoze Jenoside wo mu murenge wa Nyabirasi yagize ati” Njye mureba uyu nguyu sinari nzi ko nakongera kurebana n’abo nahemukiye, kuko nari interahamwe mbi cyane. Ariko kubera imiyoborere myiza Paul Kagame yampaye imbabazi ankura muri Gereza nisanga mu bandi niyo mpamvu nshaka ko yakongera gutorwa hahinduwe iriya ngingo.”

Hon Mureshankwano yabanje gusomera abaturage zimwe mu ngingpo zigize itegeko nshinga harimo n'iy'101 yifuzwa kuvugururwa.
Hon Mureshankwano yabanje gusomera abaturage zimwe mu ngingpo zigize itegeko nshinga harimo n’iy’101 yifuzwa kuvugururwa.

Mukeshimana Valery wo mu renge wa Kigeyo we ati “Ingingo ya 101 igomba guhinduka kubera ko abagore twagejejweho ibintu byinshi dusigaye tuvugira mu ruhame aho mbere bitabagaho, umugore asigaye ashaka ifaranga akarishyira ku mufuka.

Umugore asigaye ajya mu butumwa bwa kazi yagaruka umugabo ntagire urwikekwe, nta mugore ugikubitwa dusigaye tujya kugabana umugabane iwacu tuvuka mbere ntabwo byabagaho.”

Abaturage bo muri iyi mirenge nta n’umwe utifuje ko iyi ngingo y’101 yavugururwa n’abataranditse bavuze ko imbogamizi zo kutamenya gusoma no kwandika.

Nta muturage n'umwe mu mirenge 2 uragaragaza ko atakifuza Perezida Paul Kagame.
Nta muturage n’umwe mu mirenge 2 uragaragaza ko atakifuza Perezida Paul Kagame.

Ariko icyo bahuriraho ari uko manda y’umukuru w’igihugu yaguma ku myaka irindwi ariko kuri Perezida kagame ntihageho umubare wa manda, ariko uzamusimbura amaze gusaza akazajya ashyirirwaho manda bitewe n’icyizere afitiwe n’abaturage.

Mbarushimana Cisse Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

NYAKUBAHWA PAUL KAGAME NI INTWARI NATUYOBORE UBUZIRAHEREZO NI IMANA YAMU TWIHEREYE.

HARERIMANA J.DAMASCENE yanditse ku itariki ya: 23-07-2015  →  Musubize

NYAKUBAHWA PAUL KAGAME NI INTWARI NATUYOBORE UBUZIRAHEREZO NI IMANA YAMUTWIHEREYE

HARERIMANA J.DAMASCENE yanditse ku itariki ya: 23-07-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka