Nshimyumuremyi Cephas, umwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Kabaya mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze yihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga akoresheje ibimera biboneka mu karere akoreramo, none nyuma y’amezi arindwi atangije umushahara we ubu amaze kugira umushinga ubarirwa agaciro k’amafaranga agera kuri (...)
Abaturage 302 babaga muri gahunda yitwa VUP isanzwe ifasha abatishoboye mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bagiye kubaka uruganda rutunganya ibigori rukoramo kawunga kugira ngo ruzabafashe gukomeza kwiteza imbere kuko bemeza ko batagikeneye gufashwa ahubwo bahagurukiye iterambere rirambye.
Abantu bakomeje kwibaza ku hazaza h’isoko rya Bikingi riherereye mu dugudu wa Bikingi, akarere ka Nyabihu, nyuma y’uko ryubatswe ku buryo bwa kijyambere ariko abacuruzi barijyamo ntibabone abakiriya nkuko babyifuzaga.
Gahunda z’ubuyobozi bw’uturere mu Rwanda ngo zigomba gushyirwa mu bikorwa hitawe ku mishinga mpuzamahanga yo kurengera no kubyaza umusaruro amazi y’uruzi rwa Nil, nk’uko byifujwe n’abahagarariye umuryango wo guteza imbere ibihugu bigize ikibaya cy’uruzi rwa Nile hashingiwe ku mazi yarwo(NBI/NELSAP).
Leta y’u Buholandi yahaye u Rwanda miliyari 8.5 z’amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu guhanga no kwita ku mihanda y’igitaka igera ku mirima mu cyaro, kugira ngo ifashe abahinzi kugeza umusaruro wabo ku masoko.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafite inzuri muri ako karere gushishikarira kwishyura ibirarane by’imyenda bagafitiye bitarenze mu mpera z’uyu mwaka wa 2013. Ako karere gafitiwe imyenda igera kuri miriyoni 349 z’ibirarane by’imisoro ku nzuri yagombaga kuba yarishyuwe kuva mu mwaka wa 2011.
Minisitiri w’umutekano w’igihugu Fazil Harerimana arahamagarira abikorera n’uturere kurushaho kugirana ubufatanye mu bikorwa by’iterambere, ariko agashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.
Bamwe mu basoreshwa bo mu karere ka Rulindo bavuga ko uburyo basoreshwa butanejeje kuko ngo bukorwa hadakurikije ibyo baba bakora bibinjiriza.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko iyo umusaruro w’ibirayi wabaye mwinshi bibatera igihombo kuko abacuruzi babirangura ku giciro cyo hasi cyane maze bigatuma amafaranga batakaje babihinga batayakuramo.
Urugaga rw’abikorera bo mu karere ka Huye rufatanyije n’ubuyobozi bw’akarere batangiye umwiherero w’iminsi ibiri mu karere ka Karongi ngo barebe aho bavuye n’aho bageze kuva mu 2009 bityo bakarushaho gukaza umurego.
Ndagijimana Vincent arishimira ubworozi bw’inka imwe, kuko imaze kumugeza kuri byinshi harimo kuba yariguriye ikibanza akagera ahantu hari ibikorwa remeza birimo amazi n’amashanyarazi.
Abatuye ndetse n’abagenda mu mujyi wa Huye baratangaza ko amatara rusange ari muri uyu mujyi no mu nkengero zawo ari igisubizo ku bibazo by’ubujura bwakorwaga nijoro bakaba basaba ko yakomeza akagezwa kure kuko agarukira hafi.
Bahujwe n’umuryango AMI, abacitse ku icumu n’abari barafungiwe icyaha cya Jenoside bo mu Kagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, Akarere ka Huye, bemeranyijwe kwishyura imitungo yangijwe ku buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko ngo bibafitiye akamaro cyane.
Sendashonga Gerard wo mu karere ka Karongi ni rwiyemezamirimo ukora ibintu bitandukanye mu ruhu harimo inkweto, imikandara, ibikapu n’amasakoshi. Amaze imyaka irenga 20 ari byo bimutunze n’umuryango we ku buryo ageze ku rwego rwo gukoresha abandi bantu bane.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’Amahiri (RRA) cyashyikirije Suleiman Bitwayiki igihembo yatomboye cy’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100, nyuma y’uko inyemezabuguzi ye igize amahirwe muri tombola yari igamije gushishikariza abaguzi kwaka inyemezabuguzi (Facture).
Ikigo cy’ubwishingizi cy’abanya-Kenya UAP, cyatangiye guhugura abantu benshi bazakorana nacyo, bakagifasha kuzamura umubare w’abafata ubwishingizi mu Rwanda, ngo bakiri ku kigero gito cya 2.3%.
Abashoferi b’Abanyarwanda bavana ibicuruzwa muri MAGERWA ishami rya Rusizi bakabyambutsa hakurya i Bukavu baratangaza ko bababajwe n’icyemezo ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bwafashe cyo kubuza imodoka zirengeje toni eshanu kongera kunyura ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
U Rwanda n’u Budage byasize umukono ku masezerano arwemerera inkunga ya miliyari 9.8 z’amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu guteza imbere amashuri y’imyuga no gufasha abakene bari mu cy’iciro cy’ubudehe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru, Kabagamba Deogratias aributsa ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke ko kuba bataritabye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) bitavuze nta kosa na rimwe bafite mu micungire y’umutungo wa Leta.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bagomba kwimuka ahazaca umuhanda wa kaburimbo Nyamasheke-Karongi, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4/11/2013 bakiriye inkuru nziza yo kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo igomba gusenywa n’ikorwa ry’uyu muhanda.
Ishyirahamwe ry’abacukuzi b’amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMA) ku bufatanye na Leta, ryemeye gukoresha uburyo bugezweho bw’ubucukuzi, kugirango umusaruro uva ku mabuye y’agaciro uzabe wikubye kabiri kugera kuri miliyoni 400 z’amadolari bitarenze umwaka wa 2017.
Abatuye umujyi wa Rwamagana bavuga ko inzu idasanzwe yubakwa ku isoko rikuru rya Rwamagana ari ikimenyetso cya ruswa abayobozi benshi baba barahawe ngo bemerere umuturage uri kuyubaka gukomeza ubwubatsi bwe ntawe umukoma imbere kandi idakurikije igishushanyo-mbonera cy’umujyi.
Sosiyete ya Airtel yashyikirije abanyamahirwe ibihembo bitandukanye birimo inka eshatu, itike y’indege ya RwandAir yo kujya Johanesbourg muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihembo bitandukanye birimo amaterefoni, mu gikorwa cya BIRAHEBUJE, cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 3/12/2013.
Ikibazo cy’abacungamutungo benshi badafite ubunararibonye buhagije mu kazi kiracyari imbogamizi ikomeye mu Rwanda, ari naho hava n’intandaro y’imicungire mibi y’imari akenshi ikunze kugaragara mu bigo bya Leta.
Abatuye intara y’Amajyaruguru, cyane cyane abatuye akarere ka Musanze, bari gukurikirana imurikagurisha rito (Mini expo 2013) riri kubera kuri stade Ubworoherane kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Mu rwego rwo gushimangira umuco wo kwaka inyemezabuguzi buri gihe uko ugize icyo agura mu iduka, Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyashyizeho uburyo bwo gutombola maze abanyamahirwe baka izo nyemezabuguzi zitanzwe n’imashini (Electronic Billing Machines) bagatombola ibintu bitandukanye.
Urubyiruko ruri Iwawa rwiga imyuga itandukanye ndetse n’igororamuco rurashimira Perezida Kagame kubera ko babasha kunywa amata bayakesha inka makumyabiri yabagabiye. Izo nka zariyongereye nyuma y’uko zimwe muri zo zabyaye, bakaba bafite inka zibarirwa muri mirongo itatu.
Muri ibi bihe byegereza Noheli n’Ububanani, ngo buri wese ashobora gufasha abandi gusoza umwaka no gutangira undi neza, agasangira iby’afite n’abatabigira, nk’uko Uruganda rwa Bralirwa rufite ikinyobwa cya Coca-Cola rubisaba.
Banki ya Kigali (BK) yatangaje ko inyungu y’amafaranga y’u Rwanda miliyari 10.8 yabonye mu mezi icyenda y’uyu mwaka, itanga icyizere kuri iyo banki ko ngo mu gihe gito izaba yabaye ikigo cya mbere mu Rwanda cyunguka kurusha ibindi.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kuba bagaragara mu bucuruzi bukoresha fagitiri z’impimbano, nyuma y’uko hashize iminsi mu mujyi wa Rusizi hafatwa ibicuruzwa bituruka muri congo bije kugurishirizwa mu Rwanda.