Bikingi: Haracyategerejwe ikizakorerwa mu nyubako z’ ahahoze isoko ryafunze

Abantu bakomeje kwibaza ku hazaza h’isoko rya Bikingi riherereye mu dugudu wa Bikingi, akarere ka Nyabihu, nyuma y’uko ryubatswe ku buryo bwa kijyambere ariko abacuruzi barijyamo ntibabone abakiriya nkuko babyifuzaga.

Iri soko ryubatswe mu myaka ya za 2008-2009 nyuma y’aho mu mudugudu wa Bikingi hari hamaze gutuzwa abimuwe muri Gishwati, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe ubukungu imari n’iterambere, Angela Mukaminani.

Inyubako z'iri soko zari zubatse mu buryo bwa kijyambere nubwo ridakorerwamo.
Inyubako z’iri soko zari zubatse mu buryo bwa kijyambere nubwo ridakorerwamo.

Iri soko ryashyizweho mu rwego gutuma bagera ku iterambere rirambye. Nyamara gukorera muri iri soko ntibyaje guhira ababigerageje bose, dore ko rikinahashyirwa ngo ibyumba byose byaryo byari gukorerwamo,abantu babifashe ariko bashyiramo ibicuruzwa ntibabone ababagurira, nk’uko ubuyobozi bubyemeza.

Ibyo byatumye abari bagiye gucururizamo bagenda bafunga imiryango buhoro buhoro kugeza bashizemo, isoko riza kudacururizwamo rityo.

Isoko rya Bikingi ryubatse mu mudugudu wa Bikingi muri Kijote mu murenge wa Bigogwe.
Isoko rya Bikingi ryubatse mu mudugudu wa Bikingi muri Kijote mu murenge wa Bigogwe.

Iki kibazo cyaravuzwe kiza no kugera mu nzego zo hejuru ku buryo na Minisitiri w’intebe yasuye iri soko anasaba ko hakorerwa ibikorwa bitanga umusaruro ku buryo bizagirira akamaro abahatuye. Hari mu kwezi kwa Nzeri 2012.

Zimwe mu mpamvu zitangwa mu zatumye iri soko rititabirwa ,harimo kuba rituranye n’andi masoko akomeye kandi azwi cyane guhera kera ndetse yitabirwa na benshi mu baturage ba Rubavu na Nyabihu.

Aya masoko akaba ari irya Kabari muri Rubavu n’irya Kora muri Nyabihu nk’uko Angela yakomeje abidutangariza.

Aha hari kuwa 14/9/2012,ubwo Minisitiri w'intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi n'abandi bayobozi basuraga ahubatse inyubako z'iri soko anasaba ko hashakishwa ibyakorerwamo hakabyazwa umusaruro rikagirira akamaro abaturage.
Aha hari kuwa 14/9/2012,ubwo Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi n’abandi bayobozi basuraga ahubatse inyubako z’iri soko anasaba ko hashakishwa ibyakorerwamo hakabyazwa umusaruro rikagirira akamaro abaturage.

Izindi mpamvu uyu muyobozi wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu n’imari yagarutseho, ni nk’iyo kutangira ubushobozi bwo guhahira muri iryo soko yise mu gifaransa “pouvoir d’achat” ku baturage barituriye aho mu mudugudu wa Bikingi. Iyi mpamvu ayongeraho kuba n’indi y’aho iri soko riri hategereye neza umuhanda wa Kaburimbo.

Kuva ryasurwa,hahise hatangira gushakishwa ikindi cyahakorerwa kandi kigateza imbere abaturage. Bimwe mu byateganywaga n’ukugira izi nyubako zaryo ikigo cy’urubyiruko kuburyo hakorerwa ubukorikori butandukanye “Agakiriro” bivugwa ko byateganywaga ma Minisiteri y’urubyiruko ,ikoranabuhanga n’isakazabumenyi.

Gusa ngo ibi nabyo birakigwaho hagati y’akarere n’iyi minisiteri ku buryo nta gisubizo kiraboneka. Kugeza ubu haracyategerejwe ikizakorerwa muri iki gikorwa remezo cyubakiwe abaturage ngo kibateze imbere,ariko kugeza ubu kidakoreshwa.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka