Yamuragiye Rosary wari utuye mu mudugudu wa Nyamugari, akagari ka Gafunzo, umurenge wa Mwendo, yimuriwe mu mudugudu wa Dusenyi akagari ka Rukina umurenge wa Kinihira mu karere ka Ruhango kubera ikibazo cy’ubusinzi.
Inama y’umutekano y’umurenge wa Kazo yabaye tariki 14/01/2013yafashe icyemezo cyo gusubiza iwabo abarundi barindwi badafite ibyangombwa babaga muri uwo murenge gusubira iwabo.
Abantu babiri bakomerekeye mu mpanuka ya moto yabereye ku gasanteri ka Cyuru mu murenge wa Rukomo mu karere ka Gicumbi tariki 14/01/2013.
Nubwo abantu 308 basize ubuzima mu mpanuka zo mu muhanda mu mwaka wa 2012 ngo uyu mubare ni muto ugereranyije na 392 wagaragaye mu 2011.
Karimunda Siperansiya umucyecuru w’imyaka 50 ari kuvurirwa kwa muganga mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu nyuma yo gukubitwa bikomeye azira kuroga umuryango w’abantu batandatu.
Kubwimana Etienne bakunze kwita Defender yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano afite ikiyobyabwenge cy’urumogi gipfunyitse mu dupfunyika umunani mu ijoro rya tariki 13/01/013.
Nyiramahirwe umubyeyi w’abana batatu acumbikiwe na Polisi y’igihugu kuri station ya Kanzenze akarere ka Rubavu nyuma yo gutabwa muri yombi acyenyereye ku dupfunyika 2000 tw’urumogi.
Umudozi w’ikweto ukorera mu isoko ryo mu mujyi wa Butare, mu gitondo cya tariki 11/01/2013, yari yivuganywe n’umucuruzi bita Gasongo ukorera muri iri soko amuziza ko yari aje kumubaza impamvu yamumeneye itara.
Abasore babiri bakekwaho kwiba moto mu Karere ka Nyagatare bagatorekera mu gihugu cya Uganda, tariki 09/01/2013 bashyikirijwe Polisi y’u Rwanda na moto bari bibye; nk’uko Polisi ibitangaza.
Abantu 14 batawe muri yombi tariki 10/01/2013 bacukura amabuye y’agaciro mu buryo butemewe mu birombe biherereye mu mudugudu wa Bweramana, akagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko imwe mu mpamvu ituma inzoga z’inkorano (ibikwangari) zidacika ari uko ababinywa batarumva neza ingaruka zifite ku buzima bwabo.
Abaturage n’ubuyobozi mu karere ka Gatsibo bakomeje guterwa inkeke n’amakimbirane arangwa mu bimukira baza muri aka karere bakurikiye ubutaka n’imirimo bakaza kuhatura.
Ubwo abashinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rusizi bakomezaga igikorwa cyo kureba aho isuku igeze ishyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa 10/01/2013, baje kugwa ku inzu icumbikira abantu ariko itazwi mu murenge wa Kamembe ihita ifungwa.
Iradukunda Naumie w’imyaka 18 utuye mu murenge wa Kibungo, akagali ka Mahango umudugudu wa Rebero yayahuje umuti wa Tioda ku wa mbere tariki 07/01/2013. Uyu munyeshuri yaguye mu rugo iwabo atarajya ku ishuri.
Nyuma yo kumara igihe kirekire muri gereza azira kwiba akaza gufungurwa , tariki 09/01/2012, Dusingizimana Saveri, w’imyaka 34 y’amavuko,ukomoka mu murenge wa bushoki ho mu karere ka Rulindo yongeye gufatanwa ibintu bitandukanye birimo n’amafranga yibye mu baturanyi.
Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Nkejuwimye Gentille wo mu murenge wa Gihundwe yahamagawe n’umuhungu kuri telefone amusaba kuza bakabana, ariko ubwo nyamukobwa yazingaga utwe yageze aho umuhungu atuye aramubura ahamara iminsi igera kuri ibiri amutegereje.
Umusore w’imyaka 33 witwa Kayisire Theogene yatemaguwe n’umusaza witwa Rugiramavuga Emmanuel w’imyaka 50 wo mu murenge wa Kamembe, ahagana saa munani z’ijoro rishyira tariki 09/01/2013, ubwo yamusangaga mu ifuru ye agiye kwiba amakara ye.
Mu nama yahuje abari muri komite z’imiturire zo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barasabwa gukora ku buryo abaturage batura neza kuko gutura habi biri mu bihungabanya umutekano.
Umugabo uzwi ku izina rya Emmanuel ukomoka mu murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke acumbikiwe kuri Station ya Police ya Kanjongo ashinjwa kwiba butike y’umuturage wo mu murenge wa Macuba.
Sekabuga Petero w’imyaka 93 utuye mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, afite ingamba z’uko atazakomeza kunywa inzoga z’inkorano kuko yakomeje kumva kenshi abantu bavuga ububi bwazo.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyanya, umurenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe baributswa ko bagomba kwita ku kwibungabungira umutekano mu rwego rwo kurwanya abaturage bajya bambuka bavuye mu gihugu cya Tanzaniya bakazana urumogi.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko, muri iyo ntara, mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka wa 2012 hagaragaye ituze ritari risanzwe rigaragara mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka kuburyo ibyaha byagabanutse.
Umumotari witwa Hakizimana Ephrem w’imyaka 21 y’amavuko wo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke arwariye mu Bitaro bya Kibogora nyuma yo gukora impanuka ya moto.
Abayobozi b’akarere n’aba gisirikare mu karere ka Karongi basabye abayobozi ku rwego rw’ibanze n’ibindi byiciro bitandukanye by’abaturage kujya bihutira gutanga amakuru, igihe babonye abantu badasanzwe bazwi mu tugari n’imidugudu.
Rwagatore Elisa w’imyaka 36 utuye mu mudugudu wa Karama, akagari ka Nyarurama, umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango, yishe umugore we wisezerano amutemaguye mu mutwe amuca n’ukuboka mu rukerera rwa tariki 07/01/2013.
Uwizeyimana Nehema w’imyaka 22 utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yahengereye umugabo we baryamanye mu ijoro rishyira tariki 07/01/2013 amuca imyanya ndangagitsina amuziza kumukekaho kumuca inyuma agasambanya murumuna we babana mu rugo.
Umugore witwa Nyirahabimana Philomene wo mu kagali ka Gahogo, umurenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga afunzwe kubera gufatanwa amafaranga y’inoti za bitanu z’impimbano azicuruza mu mujyi wa Ngororero.
Ikamyo yo mu Burundi yari ijyanye inzoga zo mu bwoko bwa Amstel mu karere ka Rubavu, yakoze impanuka mu karere ka Ngororero winjira kuri centre ya Gatumba ahagana saa 05h00 tariki 07/01/2013 ariko ku bw’amahirwe ntihagira umuntu ihitana.
Polisi yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiba cheque z’ikigo nderabuzima cya Kayenzi, Akarere ka Kamonyi bakagerageza kuzikoresha kugira ngo babikuze amafaranga.