Umuntu umwe yitabye Imana abandi babiri barakomereka bitewe n’impanuka Y’Imodoka yo mu bwoko bwa Dayihatsu yakoreye mu murenge wa Ruvune mu karere ka Gicumbi mu ijoro ryo kuwa 27/12/2012.
Ndayambaje Benoit w’imyaka 29 y’amavuko, ari mu maboko ya polisi azira gucuruza urumogi muri sentire ya Buhanda mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango.
Mukandabunga Cecile w’imyaka 24 y’amavuko wo mu kagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi yafatiwe ku kiyaga cya Kivu afite umwana we w’uruhinja agiye kwiyahura mu gitondo cya tariki 28/12/2012.
Akagari ka Rwanza ko mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara kafatiwemo inzoga z’inkorano litilo zisaga 1800 ndetse n’urumogi bihita bimenwa kuwa kane tariki 27/12/2012.
Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha bitaraba (Community Policing Committees: CPCs) zo mu karere ka Burera zahawe telefone zigendanwa kugira ngo zijye zibafasha gutanga amakuru vuba kandi neza mbere y’uko icyaba kiba.
Umugabo Emmanuel uzwi ku izina ry’ingwe (izina yihaye) wo mu mujyi wa Kibungo ahitwa Rond-point ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwambura abantu akanabaka amaterefone nyuma yo kwiyita ingwe.
Imikwabu yo gufata inzererezi mu mujyi wa Ngoma iragenda igabanya ibyaha by’ubujura bw’ibikoresho byo mungo bwari bwibasiye uyu mujyi; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise.
Turimwe Vincent w’imyaka 18 na Muhoza Claude w’imyaka 17 batawe muri yombi na polisi tariki 25/12/2012 bakekwaho kwiba ibikoresho bitandukanye mu bubiko bya Sosiyete Winning Star ikorera mu Kagali k’Ubumwe, Umurenge wa Kimihurura, Akarere ka Gasabo.
Polisi ishinzwe kurwanya magendu yafashe amakarito 30 ya divayi itukura (red wine) ya magendu yari atwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Prado saa 05h30 tariki 26/12/2012 iyavanye ku mupaka wa Rusizi ya mbere iyajyanye i Kigali.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Airtel bagiranye ubushyamirane ubwo bazaga gucururiza mu karere ka Nyamagabe, tariki 26/12/2012, ndetse n’abaturage ba Nyamagabe babashinja kuba barabatetseho imitwe bakabagurisha simukadi (simcard) nyinshi ngo bazatombora bagategereza bagaheba.
Ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa gerenade byatoraguwe ahakorwa umuhanda wa kaburimbo mu mudugudu waButangata, akagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke tariki 26/12/2012.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu 21 bo mu Karere ka Gatsibo bazira gucukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa koluta (Coltan) kandi batabifitiye uburenganzira.
Abakozi bubaka isoko ry’abashoramari riri mu murenge wa Kamembe bakoze imyivumbagatanyo bavuga ko bamaze amezi ane badahembwa. Ngo Gasana Pascal ushinzwe kubahemba amaze iminsi ababeshya ngo arabahemba ariko byagera ku munsi yababwiye akababwira ngo bazagaruke.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe hafungiwe umusaza witwa Habiyaremye wo mu murenge wa Rwimbogo akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu.
Mu bantu 23 bafatiwe mu mukwabo wabaye mu mujyi wa Rusizi tariki 25/12/2012 harimo 19 badafite ibyangombwa. Harimo n’abagore 4 bafatanywe urumogi aho bari bararuhinze mu mirima yabo.
Umwana w’imyaka 20 utuye mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi azira gufata ku ngufu nyina umubyara tariki 21/12/2012. Uwo mwana witwa Habamenshi yemera icyaha yakoze akanagisabira imbazi avuga ko yabitewe no gusinda.
Abakatiwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) bakoreraga mu Karere ka Gakenke bagera kuri 93 batorotse ingando za TIG; nk’uko byemezwa n’umukozi ushinzwe TIG mu Karere ka Gakenke.
Ngendabanga Jerome uyobora umurenge wa Rubaya wo mu Karere ka Gicumbi arasaba abaturage ayobora ko bagomba kwirinda kunywa ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge muri iyi minsi mukuru ya Noheli n’Ubunani.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Rusizi bafungiye kuri station ya Polisi ya Muganza bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Samvura Yohani bamuziza kuba ngo ari umurozi.
Polisi y’igihugu irasaba abaturage ko bakwiye kwitwararika bakishimisha mu rugero ndetse bakanicungira umutekano muri iyi minsi mikuru kuko gusoza umwaka atari ubuzima buba burangiye.
Mukeshimana Frederic w’imyaka 35 yakomerekejwe n’ingona ubwo yari arimo kuroba rwihishwa ku kiyaga cya Kidogo mu murenge wa Ririma mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru gishize.
Ikigo cy’igihugu gitanga amazi n’amashanyarazi (EWSA) ishami rya Ngoma ritangaza ko ryibasiwe n’ubujura bw’insinga bugenda bwiyongera uko amezi ashira.
Ubuyobozi bwa sosiete y’itumanaho MTN mu karere ka Ruhango, buravuga ko bugiye gufatira ingamba zikomeye abashinzwe gukwirakwiza amakarita na za mitiyu muri aka karere, bagaragaraho ingeso yo kwiba abakiriya.
Inama y’ umutekano yaguye y’akarere ka Ngoma yemeje ko amarondo ashyirwamo ingufu, mu rwego rwo guhashya ibikorwa by’ubujura n’urugomo bishobora kwiyongera byihishe inyuma yo kwizihiza iminsi mikuru ya noheli n’ubunani.
Umukecuru Mukandori Costasiya yatwawe n’umugezi wa Nyagahanga ubwo yari avuye ku isoko rya Mwezi, mu murenge wa Karengera ho mu Karere ka Nyamasheke ku mugoroba wa tariki 20/12/2012.
Mu ijoro ryakeye rishyira tariki 21/12/2012 hagati ya saa yine na saa tanu z’ijoro, abantu bitwaje intwaro bataramenyekana bateye SACCO y’umurenge wa Musange maze bica umukozi wari ushinzwe isanduku (caissier) banatwara amafaranga yari ari muri iyi koperative.
Umugore witwa Umutesi Nadine w’imyaka 22 yaciwe ugutwi na bagenzi be azira kubatwara umugabo wabo tariki 21/12/212 mu mudugudu wa Muganza, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina.
Polisi y’igihugu yataye muri yombi abantu 111 bakekwaho gucuruza ibiyobyabwenge no gukora ibyaha bitandukanye mu mukwabo yakoze mu turere twa Kicukiro, Muhanga, Ruhano na Rusizi tariki 20/12/2012.
Inzoga y’inkorano yitwa ‘Kayuki’ ikorerwa mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, ngo yaba igiye gukorerwa isuzumwa, kuko imerera nabi abayinyoye, bikabatera gukora urugomo rukabije.
Ingo 12 zo mu kagari ka Kabeza, umurenge wa Kabarore zimaze kwibwa insinga z’amashanyarazi nyuma yo kumara igihe batanze amafaranga ngo bahabwe amashanyarazi ariko na n’ubu ngo ntibarayabona.