Rusizi: Ubuvuzi bwa magendu bwahitanye umwana w’uruhinja

Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.

Nsabiyumva yemera ko yigeze kuvura magendo ariko ngo yari amaze iminsi yarayicitseho bityo agahakana ko ariwe waciye uwo mwana ikirimi.

Akekwaho guca umwana ikirimi hanyuma agapfa.
Akekwaho guca umwana ikirimi hanyuma agapfa.

Icyaha cy’ubuvuzi bwa magendo ngo nticyaherukaga nk’uko abashinzwe umutekano babitangaza bityo bakaba bashishikariza abaturage kwirinda ababashuka bavuga ko bazi kuvura kandi batarabyigiye kandi barihanangiriza abakora amakosa nkayo.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka