Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe yahaye ubwisungane mu kwivuza abatishoboye ijana bo mu karere ka Ngoma bari barabuze uko biyishyurira.
Umuryango w’ivugabutumwa Restore Rwanda Ministry ufatanyije na Samaritan’s Purse, bahaye Akarere ka Kirehe inkunga ya miliyoni 15Frw zigenewe abatishoboye 5.000.
Bamwe mu baturage baturiye Imirenge y’ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi baravuga ko uburwayi bwari bwarabazahaje bwabonewe umuti.
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko abaturage bahora babasaba kubakorera ubuvugizi, abana bakuru bakariha mituweri ku giti cyabo.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango baravuga ko kuva batangira kwegerezwa amavuriro, basigaye bafite ubuzima bwiza kuko babasha kwivuriza hafi.
Abaganga n’abaforomo bo ku Bitaro bya Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza batawe muri yombi bakekwaho kugira uburangare mu kazi bikavamo urupfu.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu basanga kuba serivise zo kuboneza urubyaro zisigaye zishyurwa bishobora kuzagabanya umubare w’abazitabiraga.
Ubushakashatsi bwakozwe ku miryango 1300 ibana, bugaragaza ko abagabo bafasha abagore babo imirimo yo mu rugo ari bo batera akabariro neza kandi kenshi.
Abakurikiranira hafi ibirebana n’ubuzima bw’umwana n’umubyeyi bavuga ko mu Ngororero ababyara abana batatu akenshi baba ari abakene.
Serivisi ishinzwe ubuzima mu Karere ka Karongi yiyemeje kuzamura ikigereranyo bariho mu kwitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Bamwe mu bagabo muri Nyabihu bavuga ko habonetse uburyo bwo kuboneza urubyaro ku bagabo butari ubwa burundu babwitabira cyane.
Ubuyobozi bw’Ishuri ry’Abaforomo n’Ababyaza rya Kabgayi burasaba abarangiza muri bene aya mashuri kwitwararika mu kazi badakurikiye inyungu zabo bwite.
Abaturage bo mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, barasaba gukurirwaho ukwezi bamara bativuza nyamara baramaze kwishyura ay’ubwisungane.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Agnes Binagwaho, yatsindiye igihembo cya Roux Prize, gihabwa abayobozi bagize uruhare mu guhindura ubuzima bw’abaturage binyuze mu buvuzi.
Ibitaro bya Nyagatare byahawe abayobozi bashya b’agateganyo nyuma y’ifungwa ry’abari basanzwe, mu rwego rwo kugira ngo abarwayi batazarenganiramo.
Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda kizahemba abayobozi b’ibanze bazaba indashyikirwa mu gukora ubukangurambaga mu baturage bwo gutanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyagatare mu murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bivuza magendu ntibanishyure mituweli kuko bategereye ivuriro.
Leta yiyemeje kwishakamo Miliyari 13 z’amafaranga y’u Rwanda yo kuziba icyuho kiri mu bwishingizi bw’ubuvuzi(mituweri), cyahungabanyije serivisi z’ubuvuzi.
Abaturage b’Akagari ka Juru mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza baravuga ko imvune z’urugendo bakoraga bajya kwivuza zatumye biyubakira ivuriro.
Abarwaye amaso bo mu karere ka Rutsiro baratangaza ko bashimishijwe no kuba babonye uko bazajya basoma mu gihe mbere batabibashaga.
Kubera ko RAMA igira aho igarukira ibavuza, abarimu ba Nyagatare bagiye kwishyiriraho ikigega cy’ubufatanye mu kwivuza hanze y’igihugu.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso gikomeje kwegera abaturage kibakangurira gutanga amaraso, kuri uyu wa 1 Ukwakira 2015 kikaba cyasuye Akarere ka Kirehe.
Ministeri y’ubuzima(MINISANTE) yatashye ububiko bw’imiti bushya ngo bugiye gufasha gukemura 16% by’ikibazo cy’ibura ry’ububiko bw’imiti bwijuje ubuziranenge.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi buratangaza ko hari abantu 500 badafite ubushobozi bwo kwibonera umusanzu wa Mituweri.
Huye havugwa umwenda Mituweli irimo amavuriro, ibitaro bikuru bya kaminuza bya Butare CHUB byo ngo ibifitiwe umwenda ukabakaba Miliyari imwe n’igice.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Kayonza bavuga ko amananiza bashyirwaho muri Mituweri ari kimwe mu bituma ubwitabire butiyongera.
Ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, kuri uyu wa 25 Nzeri 2015 ryatashye laboratwari yagenewe ubushakashatsi mu ikoranabuhanga rijyanye n’ibinyabuzima, Biotechnology Complex.
Uyu muganda mu rwego rw’Akarere ka Rulindo wabereye ahantu habiri, i Shyorongi no ku Kirenge cya Ruganzu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma bwasabye abayobozi batandukanye kudahutaza abaturage mu gihe bari gushaka ko ubwitabire muri mituweli bwagera ku 100%.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Sahunkuye Alexandre, avuga ko gutanga ubwisungane mu kwivuza bigeze kuri 50%.