Nta cyizere bafite cyo kuzesa umuhigo wa Mitiweli

Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buvuga ko umuhigo bahize w’uko abaturage bazatanga imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza ku kigero cya 100% utagishobotse.

Barabitangaza mu gihe hasigaye amezi atanu ngo bagaragarize imihigo muri rusange bahiguye imbere ya perezida wa Repubulika.

Umuyobozi wakarere wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko aho bigeze kwizera kwesa umuhigo wa mitiweli bitagishobotse kubera abatuarege bamwe binangira gutanga imisanzu ya mitiweli.
Umuyobozi wakarere wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko aho bigeze kwizera kwesa umuhigo wa mitiweli bitagishobotse kubera abatuarege bamwe binangira gutanga imisanzu ya mitiweli.

Nyirabagurinzira Jacqueline umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko bakiri kuri 72% gusa kandi ngo ukabona abaturage bamwe basa n’abinangiye gutanga iyo misanzu.

Agira ati “Mu byukuri intego yacu twari twarihaye y’uko abaturage bacu bazatanga Mitiweli ijana ku ijana tubona itakigezwe ho kuk ubu turi kuri 72% gusa kandi ukabona bamwe rwose barinangiye.”

Abamaze gutanga ubwisungane mu kwivuza umwaka wa 2015-2016 bangana na 72 ku ijana kandi ngo nta cyizere cy'uko baziyongera.
Abamaze gutanga ubwisungane mu kwivuza umwaka wa 2015-2016 bangana na 72 ku ijana kandi ngo nta cyizere cy’uko baziyongera.

Bamwe mu baturage batuye muri aka karere, bavuga ko kudatanga imisanzu akenshi biterwa n’amikoro macye, bitewe n’uko ayo bakorera ari ayo kubatunga gusa kubera umusaruro utari mwiza babonye uyu mwaka, nk’uko bitangazwa n’umwe muri bo witwa Mugabo Ildephonse.

Ati “Hari igihe mudugudu aza gukangurira umuntu wenda yanaburaye kandi twumva ibyiza bya mitiweli ariko amikoro macye aratubangamira noneho byahumiye ku mirari uyu mwaka twahinze dutinze ubu bamwe niho turi gusarura.”

Ntakaburimvano petero utuye mu murenge wa Gihango we ati “Ahubwo sinzi ukuntu abana nzabohereza ku mashuri, kuko n’ubwo biga mu mashuri abanza ariko bakeneye imyambaro y’ishuri n’amakaye. ubwo se natanga mitiweli gute no kurya rimwe biba ikibazo?"

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka