Guhera mu kwezi gutaha, abakozi bose b’ibitaro byitiriwe umwami Faisal bazaba bagendera ku masezerano y’umurimo mashya mu rwego rwo kugendera ku mabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuvuzi (RBC), asaba gukoresha abakozi babifitiye ubushobozi.
Bamwe mu bavuzi ba gihanga basanga umwuga wabo ufitiye igihugu akamaro ariko ukaba udahabwa agaciro nk’uko bikwiye. Aba bavuzi bemeza ko kuba hari abantu batarasobanukirwa neza n’akamaro k’ubu buvuzi bigira ingaruka ku babukora.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Kirehe mu karere ka Kirehe barakangurirwa gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza w’umwaka wa 2012/2013 kuko amafaranga batanze ubushize yarangiranye n’ingengo y’imari y’umwaka 2011/2012.
Hagenimana Aimable w’imyaka 34 ukorera ku kigo nderabuzima cya Kigoma kiri mu karere ka Ruhango ari mu maboko ya polisi akekwaho gusambanya umurwayi w’imyaka 27 yarimo kuvura tariki 02/07/2012 mu gihe cya saa yine z’amanywa.
Mu gikorwa cyo kugenzura isuku mu mirenge igize akarere ka Gisagara cyabaye mu kwezi kwa Kamena 2012, byagaragaye ko ahenshi muri ako karere isuku ikiri nke.
Iminsi ibiri mbere y’uko icyumweru cy’ingabo z’igihugu cyahariwe gutanga ubufasha mu buvuzi, yageze imibare y’abaturage bahawe ubwo buvuzi ugeze ku 12.232. umubare urenze intego y’ibihumbi 10 bari bihaye ubwo batangiraga.
PHILIPS, Sosiyete y’Abahorandi ikora ibikoresho binyuranye by’ubuvuzi n’ibyo mu rugo, irasaba Ministeri y’Ubuzima kwemera ibikoresho byayo bigakoreshwa mu buvuzi kuko ngo bishobora kurokora ubuzima bwa benshi.
Ikigega gishinzwe gufasha abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) kiratangaza ko kizunguka amafaranga agera kuri miliyari eshanu kibikesheje ibikorwa bya Army week aho abaganga baturutse mu bitaro bya Gisirikari by’u Rwanda bari kuvura abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke.
Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko 52% by’urubyiruko rufite hagati y’imyaka 15 na 35 banyweye ibiyobyabwenge, bikaba ari yo mpamvu y’imibanire mibi isigaye igaragara mu muryango nyarwanda ndetse n’indwara zidakira.
Muri Kanama 2012 ishuri ryigisha ubuganga riri i Gitwe mu karere ka Rugango “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe (ISPG)” rizabona umwarimu mushya w’inzobere uzabafasha guteza imbere ubumenyi mu by’ibuvuzi.
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itanu, ihuje abakuriye ibigo by’amalaboratwari mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba. Inama igamije guhererekanya ubumenyi n’ubunararibonye bwa buri gihugu kigize aka karere.
Indwara y’amaso bita amarundi imaze iminsi ivugwa mu bice bimwe by’igihugu yagaragaye mu karere ka Huye tariki 22/06/2012 ubwo umubyeyi n’umwana we bazaga kwivuza mu bitaro bikuru bya Kaminuza i Butare.
Dr.Ndekezi Consolate, umuganga w’umunyarwanda uba mu Bufaransa amaze mu Rwanda igihe kirenga ukwezi akorera ubushake mu bitaro bya Ruhengeri aho afasha abaganga bo muri ibyo bitaro kuvura zimwe mu ndwara zitandukanye zijyanye n’ubuzima bw’ababyeyi.
Ikigo RBC gishinzwe ubuzima kivuga ko uburere n’uburezi ku kumenya gushyira mu gaciro, no gushobora gucunga amarangamutima aganisha ku mibonano mpuzabitsina, ari kimwe mu byafasha benshi kwirinda Sida.
Abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya Mayange, mu karere ka Bugesera, bahawe amagare 89, mu rwego rwo kuborohereza urugendo bajya mu baturage.
Mu igenzura ry’isuku ryabaye tariki 20/06/2012, umugabo bakunda kwita Musafiri yafungiwe boutique afite ahitwa mu Ivundika mu karere ka Ngoma kubera ko avanga boutique n’urwagwa.
Ku masoko amwe n’amwe yo mu karere ka Bugesera haracyagaragara abantu bacuruza imyumbati cyangwa ifu yayo yatoye uruhumbu. Abahagurira bavuga ko nta kundi babigenza kuko badasobanukiwe n’ubuziranenge bw’ibiribwa.
Ikigo nderabuzima cya Kirehe kiri mu karere ka Kirehe kirwanya imirire mibi cyorora inkwavu, inkoko hamwe no guhinga uturima tw’igikoni. Ibi bifasha abaturage bafite abana bafite indwara zituruka ku mirire mibi kongera kubaho neza.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza imyaka 50 rubonye ubwigenge hamwe n’imyaka 18 rwibohoje, tariki 24-30/06/2012, ingabo z’igihugu zizakora ibikorwa by’ubuvuzi no kwigisha abaturage kugira ubuzima bwiza mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Dr. Lt. Col. Jean Paul Bitega, umuganga mu bitaro bya Gisirikare i Kanombe, akaba akuriye gahunda yo kwigisha gusiramura abagabo hakoreshejwe agapira bita Prepex, yagiranye ikiganiro na Kigali today, asobanura uburyo iki gikorwa kigenda, impamvu cyazanywe mu Rwanda, ndetse n’inyungu igihugu kigitezeho.
Umunyamerika witwa Timothy Brown yamenyekanye nyuma yo gutangariza isi yose ko ari we muntu wa mbere wakize icyorezo cya SIDA ariko ubushakashatsi bugaragaza ko amaraso ye akigaragaramo virusi itera iyo ndwara.
Dr Jean de Dieu Ngirabega, ushinzwe ibikorwa by’ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) aratangaza ko umubare w’abatanga amaraso mu Rwanda ukiri hasi ugereranyije n’ababa bayakeneye.
Mu Rwanda hamenyerewe ko iyo umuntu yitabye Imana ashyingurwa uko yakabaye mu rwego rwo kumuha icyubahiro yari afite ku isi ariko mu minsi iri imbere bishoboka ko bamwe bazajya babanza gukurwaho ibice bimwe na bimwe ngo bizakoreshwe.
Dr. Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga cyita ku Buzima (OMS) uri mu Rwanda, yashimye imikorere y’Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe byatangije gahunda yo gusiramura umuntu atabazwe ku rwego rw’isi.
Abaturage babarirwa muri za miliyoni nyinshi bategejere tariki ya 14/09/2012 kuko aribwo hazemezwa burundu niba umuti witwa Truvada ufite ubushobozi bwo kuvura no kurinda icyorezo cya SIDA gihangayikishije isi yose.
Dr. Luis Gomes Sambo , umuyobozi w’Ikigo kita ku buzima (OMS) ku rwego rw’akarere, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, yatangaje ko igice cy’ubuzima mu Rwanda kigeze ku y’indi ntera kubera udushya Guverinoma yashyizeho muri gahunda zo kubungabunga ubuzima, byatanze umusaruro mwiza.
Ikigo cy’Igihugu cyo Gutanga Amaraso (NCBT) kiri mu myiteguro yo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo gutanga amaraso uzaba tariki 14/06/2012, ukazaba n’umwanya wo gushimira abantu batanga amaraso, banakangurira abandi kwitabira igikorwa cyo gutanga amaraso.
Dr Luis Gomes Sambo, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) mu karere ka Afurika y’uburasirazuba ari mu ruzinduko mu Rwanda kuva tariki 09-13/06/2012.
Imikorere n’ibikoresho bya Laboratwari y’Ibitaro bya Gisirikari bya Kanombe, byayishyize ku rwego rw’inyenyeri Enye, bituma iza mu bihangange mu mikorere mu gutanga ibisubizo yizewe ku rwego rw’isi.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.