Mu karere ka Ngoma haravugwa ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bahabwa imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko bakajya kuyinywera mu ngo iwabo, ndetse bamwe bakayigurisha n’abavura magendu bayiha abarwaye izindi ndwara.
Mu gikorwa cyo gukangurira abagabo kwikebesha, ibitaro bya Bushenge birateganya gusiramura abagabo bagera 840 baturutse ku bigo nderabuzima bitandukanye bikorana n’ibyo bitaro. Uyu mubare uhwanye n’ibikoresho ibi bitaro byahawe na Minisiteri y’Ubuzima bigenewe icyo gikorwa.
Nyiransabimana Chantal ukomoka mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera amaze amezi agera kuri atatu mu bitaro bya Butaro kubera ko yabyaye impanga z’abana batatu batagejeje igihe. Arasaba ubufasha kuko nta mikoro yo kubarera afite.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Abanyeshuri biga ibijyanye n’imiti bo mu Rwanda no muri Uganda bahuriye mu nama mpuzamahanga igamije kurwanya imikoreshereze mibi y’imiti hagamijwe kugira ubuzima bwiza ejo hazaza.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Ubuyobozi bw’ikigonderabuzima cya Mutenderi buratangaza ko butorohewe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze imyaka itatu kitarakemuka.
Ubushakashatsi bwakozwe ku turemangingo tw’ingagi y’ingore yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwagaragaje ko ingagi n’abantu bahuje byinshi mu turemangingo (DNA) nubwo bwose hashize imyaka irenga miliyoni 10 umuntu n’ingagi batandukanye.
Nubwo bubakiwe inzu yo kubyariramo n’ikigo cyo gupima ubwandu bwa SIDA ku bushake (VCT), ishami ry’ikigo nderabuzima cya Mahoko (poste de santé) riherereye mu murenge wa Kanama, akarere ka Rubavu riratangaza ko hakiri ibibazo byo gukemurwa.
Mu rwego rwo gushishikariza abatuye akarere ka Rulindo kwishingana mu buvuzi, ubuyobozi bw’ akarere buravuga ko hakwiye kurushaho gutangwa inyigisho ku kamaro ka mitiweli, kuko imyumvire ikiri hasi ari kimwe mu bidindiza iki gikorwa.
Nkurikiyinka Jean Marie wahoze ari umuforomo mu bitaro bya Nyanza kuva tariki 02/03/2012 yaratorotse nyuma yo kurangarana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana atwite bose bakahasiga ubuzima.
Abantu bakuru n’abana bavukanye ubumuga bw’ibibari bagiye kuvurirwa ubuntu, muri gahunda yatangijwe n’umuryango Operation Smile wo muri Afurika y’Epfo (OSSA) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima. Iki gikorwa kizababa tariki 15-25/03/2012.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera bavuga ko amafaranga 10000 acibwa ushaka kwisiramuza ari menshi bagasaba ko bakwemererwa gusiramurwa bishyuriye ku bwisungane mu kwivuza (mutuel de santé).
Abarwayi batagemurirwa bo mu bitaro bya Remera-Rukoma biri mu karere ka Kamonyi bakeneye abagira neza babafasha nk’uko umuryango Umusamariya Mwiza ubaha ibyo kurya buri wa gatandatu ubitangaza.
Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Nyamasheke bari mu mahugurwa yo guhinga ibihumyo ngo nabo bazigishe abaturage kugihinga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi muri ako karere.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Abaturage bagera kuri 2200 bo mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bamaze kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buvuzi (RBC) cyatangiye gahunda nshya yo gutanga imiti ituma umubyeyi wanduye agakoko ka SIDA atanduza umwana atwite. Mu buryo bushya umubyeyi ubana na VIH/SIDA azajya akomeza gufata iyo miti bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe aho yayirekaga amaze gucutsa umwana.
Itsinda ry’Abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu gihugu cy’u Bwongereza baturutse mu muryango All Nations bamaze icyumweru mu bitaro by’ADEPR-Nyamata mu karere ka Bugesera mu gikorwa cyo kuvura abagabo indwara yo kubyimba udusabo tw’intanga (ernie).
Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.
Depite Murara Jean Damascene avuga ko abanyeshuri biga muri kaminuza bagatwara inda batabiteganyije ari injiji.
Abatampera (temperants) bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi ryo mu murenge wa Nyamyumba ntibemera ubwisungane mu kwivuza “Mutuelle” kuko ngo ari ishyirahamwe kandi batemerewe kujya mu ishyirahamwe.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murunda mu karere ka Rutsiro butangaza ko umubare w’abaturage bitabiriye ubwisungane mu kwivuza warazamutse babikesha gahunda yo kwibumbira mu bimina.
Mu rwego rwo kubongerera ubushobozi n’imicungire myiza y’amakoperative, abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umuryango utegamiye kuri Leta witwa Society for women against Aids in Africa (SWAA- Rwanda) ku bufatanye n’ibitaro bya Kibirizi ndetse na ministeri y’ubuzima.
Minisiteri y’Ubuzima yatanze moto 237 ku bigo nderabuzima, ibitaro byo mu turere twose tw’igihugu n’ibigo bitanu bitegamiye kuri Leta bikorana nayo, mu rwego rwo gufasha abakangurambaga b’ubuzima gukurikarana gahunda zijyanye no kuzamura ireme ry’ubuzima mu Rwanda.
Nyiramana Olive wari umaze amezi 10 akorera ikigo nderabuzima cya Remara – Mbogo mu karere ka Rulindo, yafashwe akoresha impamyabushobozi y’impimbano ahita yiyemerera icyaha.
Ku bitaro bya Nyanza habereye igikorwa cyo gusiramura abagabo 40 bari hagati y’imyaka 15 na 49 ku bushake. Igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 18/02/2012, cyari kigamije gushyira mu bikorwa gahunda za Minisiteri y’ubuzima yo kurwanya ikwirakwiza ry’ubwandu bwa SIDA n’izini ndwara zandurira mu mibonano mpzabitsina.
Amashuri yigisha ababyeyi kwita ku mirire y’abana babo mu rwego rwo kurwanya indwara ziterwa n’imirire mibi arimo gutanga umusaruro kuko abana bari bafite icyo kibazo bari kugenda bamera neza.
Abaturage b’akarere ka Rwamagana bivuriza ku kigo nderabuzima cya Murambi baravuga ko badashobora kuzigera batseta ibirenge mu kwitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera ukuntu ibafasha mu kwivuza n’imiryango yabo.
Inzoka zo mu nda, amenyo ndetse n’amaso nizo ndwara zibasiye benshi mu bantu 541 biganjemo abana bo mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka kamonyi bavuwe n’itsinda ry’abaganga baturutse mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.