Ikigo gikora imiti cya mbere mu Bwongereza, GlaxoSmithKline, cyatanze inkunga ya miliyoni 3 z’amapound (hafi miliyali 3 z’amafaranga y’u Rwanda) zizafasha abaganga bo mu Rwanda kubaka amavuriro yabo bwite mu byaro.
Minisiteri y’ubuzima, tariki 03/04/2012, yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’inzego z’abikorera zirimo ibigo byigenga bisanzwe bifite aho bihurira n’ubuzima ndetse n’amabanki mu rwego rwo kurushaho gutanga serivisi nziza muri gahunda z’ubuima.
Nyuma y’uko Musabyimana Marie Claudine atuye mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu abyariye abana 3 b’impanga biyongera kuri 5 yari afite, ubuyobozi bwamuteganyirije ubufasha.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga bavuga ko kuba ibyo bitaro bitagira uburuhukiro bituma imibiri y’abapfuye ibikwa mu buryo budakwiye. Iyo umuntu ashatse kubika umubiri w’uwapfuye bigorana.
Ibitaro bya Kabgayi byo mu karere ka Muhanga, tariki 03/04/2012, byashyikirijwe inkunga y’ibikoresho na kaminuza ya Colorado yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Ibi bikoresho byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 57, bizafasha mu maserivisi atandukanye y’ubuvuzi.
Mukeshimana Rosine w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Saruhembe mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza n’umwana yari atwite bashobora kuba bahitanwe n’imiti gakondo.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, atangaza ko umuganga wo mu bitaro bya Muhima yahagaritswe kubera kutita ku barwayi.
Abantu 77 mu murenge wa Tumba akarere ka Rulindo, kuva tariki 25/03/2012, barwaye indwara itazwi bivugwa ko ikomoka ku kunywa ikigage gihumanye. Ni ku nshuro ya kabiri abantu baryaye indwara nk’iyi muri uku kwezi.
Abarwayi ba diyabete barasabwa kutiheba kuko iyo ndwara idapfa kwica umuntu. Hari benshi bashobora kubana nayo imyaka myinshi ntigire icyo ibatwara ,ahubwo bakaba bakicwa n’indi mpanuka isanzwe.
Minisitiri w’Ubuzima arizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukora ibishoboka byose mu guhangana n’ibyorezo bivurwa, byibasira abana bakiri bato. Mu kwezi kwa Gatanu minisiteri y’ubuzima iritegura guha abana urukingo rurinda indwara z’impiswi.
Itegeko riherutse gutorwa rifata gukuramo inda nk’icyaha cyeretse iyo inda ikuwemo kubera impamvu zikurikira: igihe utwite inda yayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi, igihe inda ishobora guteza ikibazo ku buzima bw’uyitwite, igihe bigaragara ko umwana uri munda afite ikibazo atazabaho ndetse n’igihe iperereza rya polisi (…)
Minisitiri w’Ubuzima aremeza ko amafaranga y’agahimbazamushyi ku baganga n’abaforomo azagenwa n’ibyo komisiyo ishinzwe gukurikirana icyo kibazo izaba yabonye, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi bihwihwiswa y’uko abaganga bagiye gukatwa 40% by’umushahara.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.
Ku nsuro ya gatatu, sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda yongeye gutera inkunga igikorwa cyo kuvura abarwaye indwara y’ibibare (Operation Smile). Uyu mwaka MTN Rwanda yatanze inkunga ingana n’amafaranga miliyoni 18.
Kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amazi mu karere ka Nyabihu byahuriranye no gutaha umuyoboro w’amazi meza wa Cyamabuye-Mukamira tariki 19/03/2012. Kuri uwo munsi ufite insanganyamatsiko igira iti “Dukoreshe amazi neza tunihaza mu biribwa” hanatangijwe icyumweru cy’isuku mu karere.
Abarema isoko rwo ku gasantere ka Rugogwe mu karere ka Huye baracyafite ingeso yo gusangirira ku muheha kubera ibigage n’imisururu banywa.
Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi igaragara mu karere ka Gatsibo, ubu hatangiye gahunda yo gutekera hamwe mu mudugudu mu rwego rwo kwigisha ababyeyi guteka indyo yuzuye muri gahunda yiswe “igikoni cy’umudugudu”.
Abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize akarere ka Kirehe bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi aho usanga amajerekani asaga ijana mu isantire izwi ku izina rya Nyakarambi ategereje gushyirwamo amazi kuri robine imwe rukumbi ihari.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko rimwe na rimwe babangamirwa n’uko nta farumasi zihariye zicuruza imiti ziba muri uwo mujyi. Iyo babuze imiti ku kigo nderabuzima bivurizaho biba ngombwa ko bajya kuyigura bahenzwe ku bindi bigo nderabuzima.
Mu karere ka Ngoma haravugwa ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bahabwa imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko bakajya kuyinywera mu ngo iwabo, ndetse bamwe bakayigurisha n’abavura magendu bayiha abarwaye izindi ndwara.
Mu gikorwa cyo gukangurira abagabo kwikebesha, ibitaro bya Bushenge birateganya gusiramura abagabo bagera 840 baturutse ku bigo nderabuzima bitandukanye bikorana n’ibyo bitaro. Uyu mubare uhwanye n’ibikoresho ibi bitaro byahawe na Minisiteri y’Ubuzima bigenewe icyo gikorwa.
Nyiransabimana Chantal ukomoka mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera amaze amezi agera kuri atatu mu bitaro bya Butaro kubera ko yabyaye impanga z’abana batatu batagejeje igihe. Arasaba ubufasha kuko nta mikoro yo kubarera afite.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Abanyeshuri biga ibijyanye n’imiti bo mu Rwanda no muri Uganda bahuriye mu nama mpuzamahanga igamije kurwanya imikoreshereze mibi y’imiti hagamijwe kugira ubuzima bwiza ejo hazaza.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Ubuyobozi bw’ikigonderabuzima cya Mutenderi buratangaza ko butorohewe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze imyaka itatu kitarakemuka.
Ubushakashatsi bwakozwe ku turemangingo tw’ingagi y’ingore yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwagaragaje ko ingagi n’abantu bahuje byinshi mu turemangingo (DNA) nubwo bwose hashize imyaka irenga miliyoni 10 umuntu n’ingagi batandukanye.