Minisitiri w’Ubuzima aremeza ko amafaranga y’agahimbazamushyi ku baganga n’abaforomo azagenwa n’ibyo komisiyo ishinzwe gukurikirana icyo kibazo izaba yabonye, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi bihwihwiswa y’uko abaganga bagiye gukatwa 40% by’umushahara.
Mukantegeye Josiane w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gihama mu kagali ka Mbuyi mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza yokejwe n’umuriro w’iziko abura uko ajya kwa muganga kubera nta bwisungane mu kwivuza afite bigeza ubwo ajoga inyo ku mubiri we.
Raporo y’ubushakashatsi ku buryo Abanyarwanda bivanye mu bukene, EICV3, igaragaza ko mu karere ka Kayonza abagabo 20,2 ku ijana bafite ibimenyetso by’imirire mibi mu gihe abagore 8,1 ku ijana gusa ari bo bafite icyo kibazo nk’uko ubwo bushakashatsi bwabigaragaje.
Ku nsuro ya gatatu, sosiyete y’itumanaho MTN Rwanda yongeye gutera inkunga igikorwa cyo kuvura abarwaye indwara y’ibibare (Operation Smile). Uyu mwaka MTN Rwanda yatanze inkunga ingana n’amafaranga miliyoni 18.
Kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe amazi mu karere ka Nyabihu byahuriranye no gutaha umuyoboro w’amazi meza wa Cyamabuye-Mukamira tariki 19/03/2012. Kuri uwo munsi ufite insanganyamatsiko igira iti “Dukoreshe amazi neza tunihaza mu biribwa” hanatangijwe icyumweru cy’isuku mu karere.
Abarema isoko rwo ku gasantere ka Rugogwe mu karere ka Huye baracyafite ingeso yo gusangirira ku muheha kubera ibigage n’imisururu banywa.
Mu rwego rwo kurwanya imirire mibi igaragara mu karere ka Gatsibo, ubu hatangiye gahunda yo gutekera hamwe mu mudugudu mu rwego rwo kwigisha ababyeyi guteka indyo yuzuye muri gahunda yiswe “igikoni cy’umudugudu”.
Abatuye mu mirenge imwe n’imwe igize akarere ka Kirehe bugarijwe n’ikibazo cyo kubura amazi aho usanga amajerekani asaga ijana mu isantire izwi ku izina rya Nyakarambi ategereje gushyirwamo amazi kuri robine imwe rukumbi ihari.
Umwana w’imyaka ine y’amavuko witwa Akateretswenimana yitabye Imana tariki 14/03/2012 azize kunywa ikigage, abandi 19 bakinyoye nabo barwaye indwara zo munda bivugwa ko zatewe n’icyo kigage.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko rimwe na rimwe babangamirwa n’uko nta farumasi zihariye zicuruza imiti ziba muri uwo mujyi. Iyo babuze imiti ku kigo nderabuzima bivurizaho biba ngombwa ko bajya kuyigura bahenzwe ku bindi bigo nderabuzima.
Mu karere ka Ngoma haravugwa ababana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA bahabwa imiti igabanya ubukana bw’ako gakoko bakajya kuyinywera mu ngo iwabo, ndetse bamwe bakayigurisha n’abavura magendu bayiha abarwaye izindi ndwara.
Mu gikorwa cyo gukangurira abagabo kwikebesha, ibitaro bya Bushenge birateganya gusiramura abagabo bagera 840 baturutse ku bigo nderabuzima bitandukanye bikorana n’ibyo bitaro. Uyu mubare uhwanye n’ibikoresho ibi bitaro byahawe na Minisiteri y’Ubuzima bigenewe icyo gikorwa.
Nyiransabimana Chantal ukomoka mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera amaze amezi agera kuri atatu mu bitaro bya Butaro kubera ko yabyaye impanga z’abana batatu batagejeje igihe. Arasaba ubufasha kuko nta mikoro yo kubarera afite.
Muri uku kwezi kwa Werurwe 2012 habonetse bana 47 bafite imirire mibi mu murenge wa Gotoki biyongera ku bana 56 bari babaruwe mu karere ka Gatsibo.
Abanyeshuri biga ibijyanye n’imiti bo mu Rwanda no muri Uganda bahuriye mu nama mpuzamahanga igamije kurwanya imikoreshereze mibi y’imiti hagamijwe kugira ubuzima bwiza ejo hazaza.
Muri 2011, abana bagera ku 5.000 nibo bacikirije urukiko rwa kanseri y’inkondo y’umura ruterwa mu byiciro bitatu, nk’uko bitangazwa na Muganga Kabano Charles ushinzwe gahunda y’ikingira no kurwanya igituntu n’ibibembe mu bitaro bya Kabutare.
Ubuyobozi bw’ikigonderabuzima cya Mutenderi buratangaza ko butorohewe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi kimaze imyaka itatu kitarakemuka.
Ubushakashatsi bwakozwe ku turemangingo tw’ingagi y’ingore yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwagaragaje ko ingagi n’abantu bahuje byinshi mu turemangingo (DNA) nubwo bwose hashize imyaka irenga miliyoni 10 umuntu n’ingagi batandukanye.
Nubwo bubakiwe inzu yo kubyariramo n’ikigo cyo gupima ubwandu bwa SIDA ku bushake (VCT), ishami ry’ikigo nderabuzima cya Mahoko (poste de santé) riherereye mu murenge wa Kanama, akarere ka Rubavu riratangaza ko hakiri ibibazo byo gukemurwa.
Mu rwego rwo gushishikariza abatuye akarere ka Rulindo kwishingana mu buvuzi, ubuyobozi bw’ akarere buravuga ko hakwiye kurushaho gutangwa inyigisho ku kamaro ka mitiweli, kuko imyumvire ikiri hasi ari kimwe mu bidindiza iki gikorwa.
Nkurikiyinka Jean Marie wahoze ari umuforomo mu bitaro bya Nyanza kuva tariki 02/03/2012 yaratorotse nyuma yo kurangarana ubuzima bw’umubyeyi n’umwana atwite bose bakahasiga ubuzima.
Abantu bakuru n’abana bavukanye ubumuga bw’ibibari bagiye kuvurirwa ubuntu, muri gahunda yatangijwe n’umuryango Operation Smile wo muri Afurika y’Epfo (OSSA) ufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima. Iki gikorwa kizababa tariki 15-25/03/2012.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Bugesera bavuga ko amafaranga 10000 acibwa ushaka kwisiramuza ari menshi bagasaba ko bakwemererwa gusiramurwa bishyuriye ku bwisungane mu kwivuza (mutuel de santé).
Abarwayi batagemurirwa bo mu bitaro bya Remera-Rukoma biri mu karere ka Kamonyi bakeneye abagira neza babafasha nk’uko umuryango Umusamariya Mwiza ubaha ibyo kurya buri wa gatandatu ubitangaza.
Abajyanama b’ubuzima bo mu karere ka Nyamasheke bari mu mahugurwa yo guhinga ibihumyo ngo nabo bazigishe abaturage kugihinga mu rwego rwo kurwanya imirire mibi muri ako karere.
Abayobozi b’umujyi wa Gisenyi mu Rwanda na Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo biyemeje kuzajya bahana amakuru ku mibare y’icyorezo cya Kolera kiri guca ibintu mu mujyi wa Goma.
Abaturage bagera kuri 2200 bo mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bamaze kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buvuzi (RBC) cyatangiye gahunda nshya yo gutanga imiti ituma umubyeyi wanduye agakoko ka SIDA atanduza umwana atwite. Mu buryo bushya umubyeyi ubana na VIH/SIDA azajya akomeza gufata iyo miti bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe aho yayirekaga amaze gucutsa umwana.
Itsinda ry’Abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu gihugu cy’u Bwongereza baturutse mu muryango All Nations bamaze icyumweru mu bitaro by’ADEPR-Nyamata mu karere ka Bugesera mu gikorwa cyo kuvura abagabo indwara yo kubyimba udusabo tw’intanga (ernie).
Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.