Ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abuturage kumenya ko imibonano mpuzabitsina idakingiye itanduza SIDA gusa, ahubwo ko igiteye ubwoba kurushaho, ari ubwandu b’indwara y’umwijima, ivugwa ko yica cyangwa igatera kanseri kandi ikaba idapfa gukira.
Nyuma y’iminsi ine ari mu bitaro bya Remera Rukoma kubera gutwikwa n’umugabo we, kuri uyu wa gatanu tariki 10/8/2012, umuryango Good Neighbors wafashije Budensiyana kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.
Mu karere ka Ngororero kimwe n’ahandi hirya no hino mu byaro byo mu turere tw’u Rwanda usanga abaturage batuye kure y’amasoko cyangwa imijyi bagurira inyama ahantu hadasukuye kuko nta mabagiro bagira.
Guhera tariki 01/08/2012 ikigo nderabuzima cya Ruli kimaze kwakira abarwayi 15 bafite indwara y’impiswi bo mu mirenge wa Ruli, Muhondo na Kayenzi. Imuyobozi w’icyo kigo akeka ko icyo cyorezo cyatewe n’ibura ry’amazi mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke.
Ministiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, yihanangirije abakozi bose bo kwa muganga ko bagomba gusekera ababagana, nka bumwe mu buryo bwo gutanga servisi nziza.
Abakozi bakora ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bakora akazi kabo bambaye uturindantoki bahawe n’ubuyobozi bw’umupaka mu rwego rwo kubarinda kwandura indwara ya Ebola iri mu gihugu cya Uganda.
Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Hari abaganga bemeza ko amafaranga bahabwa yo kwitabira amahugurwa abunganira mu bijyanye no gukemura ibibazo by’urugendo, mu gihe hari abasanga akwiye kuvaho kuko ari intandaro yo kubibagiza inshingano zabo zo kwihugura.
Hashize ukwezi abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bajya kwivuza i Kigali bakababwira ko badashobora kwivuriza ku bwishingizi mu kwivuza basanzwe babamo bwa RAMA kubera ko ngo nta misanzu ikigo bakoramo cyatanze guhera muri Mutarama.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda gukumira icyorezo cya SIDA, polisi y’igihugu igiye gutangiza gahunda yo gukeba abagabo n’abahungu mu mavuriro yayo.
Guverinoma y’u Rwanda irahamagarira umuntu wese mu Rwanda kugira amakenga no kumenya ibimenyetso bya Ebola, akanabimenyesha inzego z’ubuzima vuba na bwangu agize aho abibona bityo Ebola igakumirwa itaragira uwo yambura ubuzima mu Rwanda.
Bamwe mu batanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bo mu karere ka Muhanga bavuga ko batishimiye ukuntu icyo gikorwa gitinda kandi mbere umuntu yarajyaga kwishyura agatahana ikarita ye cyangwa se akayibona bidatinze.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Donald W. Koran aratangaza ko afite icyizere ko ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso (NCBT) kizemerwa n’ishyirahamwe nyamerika ryo gutanga amaraso American Association for Blood Banks (AABB).
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda byiyemeje gukorana mu gufasha u Rwanda kurinda no kuvura indwara z’ibikatu zirimo na kanseri.
Raporo y’umugenzuzi w’imari mu karere ka Kayonza yagaragaje ko amafaranga y’u Rwanda angana na miriyoni 16 y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) yo mu murenge wa Rwinkwavu yanyerejwe mu mwaka wa 2011/2012.
Uburyo bwajyaga bukoreshwa mu kugeza agakingirizo ku bagakeneye bugiye guhindurwa mu rwego rwo kugira ngo agakingirizo kagere ku muntu ugakeneye mu buryo butagoranye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya SIDA no kuboneza urubyaro.
Afadhali Diallo, umunyeshuri wiga ibijyanye na farumasi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yatorewe kuba perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ubumenyi mu miti ivura abantu muri Afurika (African Pharmacy Students Association) mu matora yabereye muri Algeria tariki 18/07/2012.
Abaganga bakora umwuga wo kubaga bavuga ko kuba umuganga yasiga ikintu mu muntu yari arimo abaga atari ubushake kuko umuganga ubaga aba ari kumwe n’abaforomo bamufasha bityo ntabe yagira ikintu na kimwe yibagirirwa muri uwo muntu.
Abaganga, abaforomo n’abasinziriza (Abatera ikinya) baturuka mu bitaro birindwi byo mu Rwanda, barangije amahugurwa aho bahuguwe uburyo abaganga bakorera hamwe bagafasha inkomere.
Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Clinton, atangaza ko mu buzima hakenerwa ubufatanye kuko mu gihe hari ubufatanye buhamye nta kibazo gishobora kuburirwa igisubizo.
Umugabo witwa Barasikina Alphonse wo mu kagali ka Kibare, umurenge wa Mutenderimu karere ka Ngoma afungiye kuri station ya police ya Kibungo kuva tariki 05/07/2012 nyuma y’icyumeru yari amaze ashakishwa akurikiranweho kwigira umuganga kandi atarabyigiye.
Ibitaro by’akarere ka Nyanza byahawe umuyobozi mushya, Dr Kalach John; nk’uko byagaragariye mu muhango w’ihererekanyabubasha wakozwe ku mugoroba wa tariki 17/07/2012 ku cyicaro cy’ibyo bitaro.
Umuyobozi w’ibitaro bya Butaro arakangurira abantu bose bafite impungenge z’uko baba barwaye kanseri kugana ibyo bitaro kuko bifite ubushobozi bwo kuvura ubwoko 12 bwa kanseri.
Abarema isoko rya Kinyababa rihereye mu murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera baratangaza ko bahangayikishijwe no kuba badafite ubwiherero rusange kuko bituma muri iyo santere hagaragara umwanda.
Igikorwa cy’ingabo z’u Rwanda cy’ubwitange mu kwita ku bibazo by’imibereho y’abaturage (Army week) cyakomereje ku bitaro bya Gisirikare i Kanombe guhera kuri uyu wa mbere tariki ya 16/07/2012, aharimo kuvurirwa abarwayi batavuriwe iwabo ubushize bitewe no gukomera k’uburwayi bafite.
Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kumenyekanisha ko uburenganzira bw’umurwayi bukwiriye kubahirizwa ariko usanga akenshi abarwayi badatanga ibitekerezo byabo igihe muganga ashaka kuganiriza umurwayi cyangwa umurwaza uburyo indwara cyangwa ikibazo runaka kigomba gukemurwa.
Uruhare rwa rw’Inama Njyanama rurasabwa mu gufasha kumvisha abaturage ubwiza bw’ingambazifatwa na Leta mu kubungabunga ubuzima bw’abaturage, mu gihe hari abatumva kimwe ikibazo cyo kuringaniza imbyaro no kwirinda icyorezo cya Sida.