Donatila Kanimba, ni Umunyarwandakazi w’imyaka 53 utabona, akaba anakurikiye ubumwe nyarwanda bw’abatabona ndetse, akaba ari nawe wagize igitekerezo cyo gushinga ubu bumwe mu 1994.
Abakora umurimo w’ubukangurambaga mu bijyanye n’ubwishingizi mu kwivuza mu Karere ka Huye, kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’umudugudu, biyemeje ko umwaka w’ingengo y’imari utaha uzarangira abaturage bo muri aka Karere bose baritabiriye ubwisungane mu kwivuza.
Ikigo cya Kimisagara gishinzwe gufasha urubyiruko guteza imbere umurimo n’umusaruro, cyashyizeho abakangurambaga b’urungano gihereye ku rubyiruko, kugira ngo ingamba za Leta zo kuboneza urubyaro no kurwanya icyorezo cya SIDA zigerweho ku kigereranyo kiri hejuru.
Akarere ka Nyamagabe kahaye abashinzwe amashami y’ubwisungane mu kwivuza mu mirenge amapikipiki yo kubafasha mu kazi kabo, hagamijwe kurushaho gukora ubukangurambaga no gushishikariza abantu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kuri uyu wa Gatanu tariki 10/05/2013.
Abanyamuryango bibumbiye mu rugaga rw’ababana n’ubwandu bwa Virusi itera SIDA bo mu karere ka Ngororero baratangaza ko bahagurukiye gushaka umuti w’ibibazo bahura nabyo aho gutekereza impano n’inkunga biturutse ahandi.
Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko farumasi zitubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima zibangamira gahunda y’ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli kuko abaturage badafite mitiweli bajya kugura imiti muri farumasi batabanje kujya kwa muganga.
Umwongereza Sir Andrew Witty ukuriye uruganda GSK (GlaxoSmithKline) rukomeye ku isi mu gukora imiti ivura indwara zitandukanye zirimo na kanseri, kuri uyu wa 08/05/2013 yasuye ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera, mu rwego rwo kureba imikorere yabyo.
Abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda ku bufatanye n’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) barimo kuvura abarokotse bo mu karere ka Bugesera bafite uburwayi butandukanye burimo n’ubudakira.
Igihingwa cya Spiruline gihingwa mu mazi gifite intungamubiri zirimo vitamine A, E, D, B1, B2, B3, B6, B7, B8 na K, kandi kinakoreshwa nk’umuti uvura indwara zinyuranye zirimo iziterwa n’imirire mibi, ibisebe n’umubyibuho ukabije.
Umubyeyi witwa Cyeziya Mukandayisenga yabyariye umwana upfuye mu cyumba kirimo abandi barwayi n’abarwaza, mu ijoro rishyira kuwa Gatanu tariki 03/05/2013, abari aho bakemeza ko bababajwe n’uko bagerageje kubwira umuforomo wari ku izamu ngo yite kuri uwo mubyeyi nyamara ntabyumve ahubwo akababwira nabi, akajya no kwiryamira.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), byatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gutanga insimburangingo ku bantu bafite ubumuga bwo mu matwi. Igikorwa cyabereye mu ishami ryabyo rivura indwara zo mu myanya y’ubuhumekero (ORL), kuri uyu wa 03/05/2013.
Musabyimana Sylvestre bakunze kwita “Magori” utuye mu kagari ka Gisiza mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro afite imyaka 32 y’amavuko ariko nta menyo yigeze amera.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’ikinyamakuru The Daily buvuga ko imiryamire ya muntu ifite byinshi isobanura ku myitwarire ye iyo abyutse. Abantu bakunda kuryama bagaramye ngo babyuka mu gitondo bameze neza nta mavunane kandi bafite amerwe yo gutangira umunsi mushya.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bumenyeye ko hari bamwe mu baturage batanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) ariko akaba akiri mu maboko y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobozi b’utugari turimo ibyo bibazo barimo kuyishyuzwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Binyujijwe mu muryango nyarwanda Gender Equitable Local Development (GELD) ukorera muri MINECOFIN, Isami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) ryubatse ikigo nderabuzima cya kijyambere mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi.
Ihuririro ry’urubyiruko (youth Network) ryatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage mu bo mu karere ka Rusizi kwirinda maraliya ku nkunga y’umuryango Nyarwanda wita ku buzima Society for Family Health Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwihaye intego yo kuba bwageze kuri 90% by’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) muri Kamena 2013.
Abaturage bo mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bakiriye neza icyemezo cy’ikigo nderabuzima cya Gacuba cyo kwimuka aho gikorera kikajya ahari abaturage benshi bakigana.
Ku nshuro ya kabiri abaturage baturanye n’ishuri ryisumbuye rya Lycee de Ruhango na EMERU Intwari, bongeye kugaragaza ko bafite ikibazo cy’umwanda baterwa n’iri shuri.
Nyuma y’aho UNICEF itangiye gahunda yo gufasha amarerero y’abana bato yo mu karere ka Gicumbi ababyeyi n’abana ndetse n’ubuyobozi bo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko bishimiye iyo nkunga bagiye guterwa n’iryo shami.
Umusore witwa Mugisha Jacques ufite ubumuga bwo kutabona aratangaza ko nubwo afite ubu bumuga bitamubuza kujya mbere no kugirira akamaro igihugu cye.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe (RMH) byabonye inkunga y’ibikoresho bigezweho ku rwego rw’isi bya Skin graft, bizajya bifasha mu kwihutisha akazi ko gusana no kunoza imikirire y’ibikomere mu gihe umurwayi yakomeretse.
Abagabo babiri Cyiza Moise na Twagirumukiza Emmanuel, buri wese ku giti cye yiyemerera ko ari we wahanze bwa mbere “Kandagira Ukarabe”, igikoresho ubu cyasakaye mu Rwanda hose, gikoreshwa mu rwego rw’isuku n’isukura, ariko hakibazwa uwaba ufite ukuri nyako.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mukinyamakuru kitwa Mother Nature Network, buvuga ko ubwanwa burinda ba nyirabwo ibyago byo kurwara indwara ziterwa n’imirasire y’izuba kukigereranyo kiri hagati ya 90 na 95%.
Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Abaturage bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi cyane cyane abaturiye umupaka wa Kamanyura uhana imbibe n’uwo murenge barakangurirwa kugira isuku n’isukura mu rwego rwo gukumira icyorezo cy’indwara ya korera yagaragaye mu gihugu cy’abaturanyi cya Congo.
Abaturage bo ku kigo nderabuzima cya Ngeruka mu karere ka Bugesera, bamaze kwegeranya amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 250 yo kureba uburyo bagura ingobyi y’abarwayi.
Mu gihe gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012-2013 byasojwe tariki 31/03/2013, ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe bwitabiriwe ku kigero cya 81,1% wateranyaho abafite ubundi bwishingizi butandukanye bikagera kuri 84,3%.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera badatunze ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé), bavuga ko bazi akamaro ka mitiweri ariko kuba batayitunze ngo ni uko amafaranga bisaba kugira ngo bayitunge asigaye ari menshi kuburyo kuyabona bibagora.