Muri uyu mwaka wa 2013 Abanyarwanda bakoresha uburyo butandukanye bwo kuboneza urubyaro bageze ku kigero cya 64% mu gihe mu mwaka wa 2010 cyari kuri 45%.
Icyumweru cya mbere cy’ukwezi kwa munani ni icyumweru cyahariwe konsa ku isi hose. Impuguke mu bijyanye n’imirire zivuga ko umwana wese agomba konswa nibura amezi atandatu nta kindi avangiwe.
Abaturage b’umurenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe bashimishijwe no kuba umwaka w’imihigo wa 2012-2013 warasize nabo babonye ikigo nderabuzima, dore ko mu mirenge 17 igize akarere ariwo wari utagifite wonyine.
Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu karere ka Burera basiramuye bashishikariza bagenzi babo badasiramuye kwisiramuza kuko bifitiye akamaro uwabikoze ariko bakabasaba kujya kwa muganga aho kujya kwisiramuza muri magendu.
Umuryango mpuzamahanga wa gikirisitu (World vision), ufatanyije na Fondasiyo y’uwari Perezida wa Amerika, Bill Clinton hamwe n’umukobwa we Chelsea Clinton, bagaragaje ko abaturarwanda bagikoresha amazi mabi, bashobora kuyasukura mu buryo butabahenda, bashyizemo umuti ugurwa 25 Frw.
Abaforomo bo ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bijihije umuganura tariki 02/08/2013 banasobanurirwa imikorere ya sendika bibumbiyemo yitwa RNMU ndetse banaboneraho no kugeza ibyifuzo byabo ku buyobozi bukuru bwa CHUB.
Abajyanama b’ihungabana bo mu karere ka Kamonyi baravuga ko bakora uko bashoboye kugira ngo bafashe abantu bahuye n’ibibazo by’ihungabana, ariko bakagira imbogamizi y’uko bamwe mu bo bafasha ari abakene bigatuma inama zabo zidashyirwa mu bikorwa neza.
Abatuye akagali ka Ndekwe ho mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma barishimira ko bageze ku kigereranyo cyo hejuru mu munsi mike bamaze batangije igikorwa cyo gutanga mutuweri nshya uyu mwaka wa 2013-2014.
Abagabo batuye mu karere ka Rulindo barakangurirwa kwisiramuza, mu rwego rwo kugira isuku no kwirinda indwara izo ari zo zose zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ariko bakemeza ko hari ikigenda gihinduka ugereranyije na mbere.
Kuba hari ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babura abana babo mu gihe cyo kubyara ngo bishobora kuba biterwa n’uburangare bw’abaganga bakora muri ibyo bitaro; nk’uko byavugiwe mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi tariki 31/07/2013.
Mu gihe abagore bavuga ko abagabo batitabira gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kamere yabo yo kwikunda, abagabo bo bavuga ko batinya ko bakwifungisha hanyuma abagore babo bakajya kubyarana n’abandi.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Philbert Nsengimana, arasaba abahanzi b’ibyamamare kwirinda icyorezo cya SIDA kuko ngo cyo kitazi ubuhangange bwabo.
Abaturage bo mu Murenge wa Maraba, Akagari ka Shyembe umudugudu w’Akarambi bagera kuri 70 bari bivuganywe n’ikigage banyoye ku musore witwa Iyakarememye Jean Pierre, tariki 30/07/2013.
Abana 89 nibo bagaragaye ko bafite imirire mibi bari mu gipimo cy’ibara ry’umutuku, mu karere ka Ngoma mu mwaka wa 2013. Ibara ry’umutuku mu bipimo by’imirire rigaragaza abana bafite imirire mibi kuburyo bukabije ndetse bimwe bita ko barwaye bwaki.
Abakora umwuga w’uburaya mu karere ka Nyabihu barashishikarizwa kwibumbira mu makoperative bagafashwa mu bujyanama no mu bindi byabafasha kwiteza imbere bakora imirimo itari ukwicuruza bityo bakizera ejo hazaza heza n’ubuzima bwiza.
Ababyeyi batuye mu murenge wa Save ho mu karere ka Gisagara bishimiye inzu nshya yo kubyariramo yubatswe mu kigo nderabuzima cya Save kandi ko bizabafasha cyane kuko iyari isanzwe yari nto kandi ishaje, bityo ntibagire ubwisanzure.
Umushinga wa USAID/Gimbuka ukorera muri Caritas Rwanda, urahugura abagore bo mu karere ka Kamonyi, ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye, kuko byagaragaye ko muri iki gihe, hari abategura amafunguro nabi, bityo abana ba bo, bagakura nabi.
Nyuma y’imyaka myinshi abaganga n’abashakashatsi batumvikana ku mumaro w’urugingo rwitwa appendix cyangwa appendice mu cyongereza n’igifaransa, ubu abashakashatsi bo muri Amerika baratangaza ko batahuye ko urwo rugingo rumeze nk’agafuka gato rufite akamaro ko kubika microbes umubiri w’umuntu wakenera gukoresha nyuma (…)
Umuyobozi ushinzwe ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) mu karere ka Muhanga, Anastasie Urusaro, aratangaza ko ibimina biza ku isonga mu kongera umubare w’abakoresha ubwisungane mu kwivuza muri aka karere.
Abaganga b’Abahindi bari mu Rwanda mu gihe cy’iminsi ibiri kuva tariki 24/07/2013 aho bari kuvura zimwe mu ndwara n’ibibazo byasabaga umurwayi gufata indege bakajya hanze.
Abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza ngo baramutse babonye inyoroshya ngendo barushaho kunoza akazi ka bo, nk’uko bivugwa na Tuyisenge Emmanuel uhagarariye abajyanama b’ubuzima muri uwo murenge.
Umukecuru w’imyaka 72 witwa Adela Nyiraruvugo utuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke ho mu Karere ka Gakenke amaze imyaka itatu arwaye indwara isa n’ibisazi kandi ikagaragaza ibimenyetso by’amashitani.
Abadage bo mu kigo cya MDH AG Mamisch Dental Health bemereye Ibitaro by’akarere ka Nyanza inkunga yo kuvugurura serivisi y’ubuvuzi bw’amenyo yari isanzwe ikorera muri ibyo bitaro ariko nta bikoresho bihagije ifite.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwavuje umugore wari umaze imyaka itari mike afatwa na benshi nk’umurwayi wo mu mutwe, aho bakundaga kumwita umusazi, aza gukira none ubu abayeho nk’abandi bose.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gahini mu karere ka Kayonza, Dr. Alphonse Muvunyi, avuga ko indwara z’amenyo ari zo ziza ku isonga mu zo abarwayi bivuriza muri ibyo bitaro, kuko zihariye 38%.
Abaturage bivuriza mu kigo nderabuzima cya Gitarama giherereye mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, barinubira serivisi mbi bahabwa muri iki kigo. Ngo hari igihe iyo bagiyeyo babura ubakira bagahitamo kwivuriza ku mavuriro yigenga.
Nubwo abantu benshi bafata umusarani (toilette) nk’ahantu haba handuye cyane ndetse uhavuye agasabwa kwisukura cyane, hari ibindi bikoresho bikoreshwa mu buzima bwa buri munsi ngo bitunga umwanda kurenza mu musarani.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza bavuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi gikomeza gufata indi ntera cyane cyane muri iki gihe cy’impeshyi. Muri iyi minsi amazi yabaye make cyane, kugeza aho abaturage basigaye barara batonze imirongo ku tuzu tw’amazi kuko hari igihe aza amasaha make mu ijoro.
Abaturage batuye akarere ka Bugesera barasaba ubuyobozi bwabo ko bwabagoboka bugakorana n’ikigo gishinzwe amashanyarazi, amazi isuku n’isukura (EWSA) maze bagakemurirwa ikibazo bafite cyo kubura amazi.
Ku nkunga ya USAID, umushinga witwa Rwanda Family Health Project umaze umwaka ushinzwe, kuri uyu wa mbere tariki 15/07/201, washyikirije ibitaro bya Nemba ibikoresho bizakoreshwa muri One Stop Center izita ku bantu bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.