Minisitiri w’intebe Pierre Damien Habumuremyi yashimiye ihuriro rya za kaminuza mu karere u Rwanda ruherereyemo rizwi ku izina rya RUFORUM, kubwo guteza imbere ubuhinzi mu Rwanda.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr.Agnes Karibata, arahamagarira abahinzi bahawe imbuto y’ibigori byo mu bwoko bwa hybrid kubisubiza byihutirwa nyuma yo gusanga ko iyi mbuto irwaye kuburyo ishobora guteza ibibazo.
Abahinzi bo mu karere ka Kamonyi batangiye kubakangurira kujya mu bwishingizi bw’imirima ya bo nka bumwe mu buryo bwo guhangana n’ibihombo baterwa n’ibiza bitewe n’izuba ryinshi cyangwa imvura nyinshi.
Umukozi w’akarere ka Muhanga ushinzwe ubworozi, Guard Munyezamu aratangaza ko igikorwa cyo gutera intanga ku nka kiracyari hasi ariko ngo hari ikizere cy’uko bizagenda bihinduka.
Abakozi batandukanye bakora mu nzego z’ubuhinzi n’iterambere baturutse mu karere ka Ruhango bagiriye urugendo mu karere ka Kirehe, aho bavuga ko bigiye byinshi ku buryo bwi guhinga neza no kubyaza umusaruro mwinshi ibishanga.
Abaturage batuye mu murenge wa Musheri ho mu karere ka Nyagatare barasaba kwegerezwa imbuto n’ifumbire muri iki gihe igihembwe cya mbere cy’ihinga kigeze bakazajya babikura hafi batagombye gukora urugendo rurerure.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera burasaba aborozi bo mu murenge wa Ruhuha n’indi mirenge ituranye nawo, kuzajya bagemura umukamo wabo ku ikusanyirizo ry’amata kuko abatazabikora bazabihanirwa.
Umuyobozi w’intara y’Iburasirazuba,Uwamariya Odette , aravuga ko igihembwe bamaze kucyitegura bafatanije n’ikigo cya Leta cy’ubuhinzi (RAB) aho imbuto zamaze kugera hafi y’abahinzi.
Uruganda rwagenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati rwubatse mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero rwari ruteganyijwe gutangira gukora mu ngengo y’imari y’umwaka ushize wa 2012-2013, ariko ubu ntiruruzura kubera ikererwa ry’imashini zizakoreshwa muri urwo (...)
Abayobozi batandukanye baturutse mu bihugu bya Ghana na Kenya basuye akarere ka Kirehe tariki 20/08/2013 mu rwego rwo kureba uburyo muri aka karere ibijyanye n’ubuhinzi n’ubworozi biri gutera imbere.
Mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibigori no kuwufata neza umurenge wa Rwamiko wo mu Karere ka Gicumbi wujuje imbuga yo kwanikaho ihagaze agaciro ka miliyoni 10 n’imisago.
Abahugukiwe iby’ubwiza n’uburyohe bwa kawa bavuga ko ikawa iryoha ari iyitaweho neza kuva yaterwa kugeza isarurwa ikanatunganywa kugira ngo ibashe kunyobwa. Ikawa ititaweho neza rero, ihura n’ibyonnyi birimo agakoko k’agasurira, bituma itera neza ndetse (...)
Nyuma y’uko inganda zitunganya ikawa mu Rwanda zagiye mu marushanwa yo kumenya abafite ikawa iryoshye kurusha abandi, abayisogongeye basanze iya CAFERWA Gishugi CWS y’i Shangi ho mu Karere ka Nyamasheke ari yo ihiga izindi muri uyu mwaka.
Kuva tariki 21 kugeza 23/08/2013, impuguke ku buhinzi zizateranira i Kigali mu nama mpuzamahanga yateguwe nIkigo cy’igihugu gishinzwe ibikomoka ku buhinzi (RAB), izaba igamije kurebera hamwe kugira ngo umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wiyongere.
Abahinga umuceri mu bishanga byo mu Ntara y’Amajyepfo basuye ikibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bigira kuri bagenzi babo uburyo bashobora kwibonera amafaranga yo kubungabunga amazi yo kuhira imyaka batayategereje ku baterankunga nk’uko bisanzwe (...)
Abakozi b’umushinga wa World Vision bo muri Kenya basuye umushinga ubyaza imyanda iva ku bantu ifumbire bashima ko ifitiye akamaro kanini abaturage bo mu Karere ka Gakenke.
Amakoperative ahinga umuceri yatoranyijwe gukorerwaho ubushakashatsi bwo kongera umusaruro w’iki gihingwa, hari byinshi yagezeho nyuma yo gusanga uburyo bushya bworoshye kandi butanga umusaruro, nk’uko bitangazwa na ba nyirubwite na na bagoronome babo.
Guhingira ku gihe no kugira umuco wo kuhira imyaka mu gihe izuba ribaye ryinshi, nibyo bisabwa abakora ibikorwa by’ubuhinzi ngo kuko bizafasha mu kwirinda igihombo abahinzi bagira iyo imvura ibaye nke.
Inama Ministeri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) yagiranye n’abayobozi b’umujyi wa Kigali mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi, yanzuye ko abafite ubutaka bupfa ubusa bazajya basanga bwarahinzweho n’abandi bantu, mu gihe bo nta bushake bwo kububyaza umusaruro (...)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo n’abafatanyabikorwa b’Akarere mu by’ubuhinzi biyemeje kongera imikoreshereze y’inyongeramusaruro kugira ngo umusaruro urusheho kwiyongera kandi n’abaturage bave mu buhinzi bwa gakondo biteze imbere.
Abaturage bo mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero kwitabira ingano z’ubwoko bushyashya bazanye mu murenge bukoreshwa mukwenga inzoga ya mitsingi (Mutzig).
Inanda cyangwa “cutworms” iva mu magi aba yatewe n’ikinyugunyugu ku kibabi c’igihingwa maze akuze akajya mu butaka cyangwa munsi y’amabuye nk’uko tubikesha igitabo “Ibyonni n’indwara by’imboga n’imbuto” cya NAEB.
Mu gihe ubworozi bw’amafi buri gushyirwamo ingufu, amwe mu mafi yatewe mu biyaga bya Sake, Mugesera na Birira ngo yatanze umusaruro mwiza kurenza uwari witezwe.
Abaturage batuye mu mirenge ya Gatare na Buruhukiro yo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bateze inyungu nyinshi ku ruganda rw’icyayi ruri kubakwa mu murenge wa Buruhukiro ndetse bamwe ngo batangiye gusogongeraho.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi, Dr. Agnès Kalibata, avuga ko bidakwiye guhinga ibigori babivanze n’ibishyimbo kuko ibi bihingwa byombi batabasha kwifashisha ifumbire yagenewe kongera umusaruro ku buryo bukwiye.
Mu nama Minisitiri w’ubuhinzi, Agnès Kalibata, yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’amajyepfo kuri uyu wa 29/7/2013, yabasabye kwiyemeza gufasha abaturage bayobora kongera umusaruro w’ubuhinzi, ibyo bakazabigeraho ari uko bifashishije inyongeramusaruro.
Abahinzi bibumbiye mu mpuzamashyirahamwe y’abahinzi b’inanasi COPANASA bo mu mirenge ya Sake, Jarama na Rukumberi, kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, batashye ku mugaragaro inzu ikusanirizo ry’umusaruro wabo.
Akarere ka Gasabo n’abafatanya bikorwa bako biyemeje ko igihembwe cy’ihinga gitangirana n’ukwezi kwa cyenda kigomba kurangwamo impinduka nshya mu buhinzi n’ubworozi muri aka karere gasa nk’aho kasigaye inyuma muri ibyo bice.
Aborozi 146 bazafasha bagenzi babo kwita no kuvura amatungo mu gikorwa gisa n’icy’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Rwamagana bashyikirijwe inyoroshyangendo n’ibikoresho bakeneye ngo bazabashe gufasha aborozi muri ako karere korora amatungo atarangwaho (...)
Umugore witwa Mukankusi Eugenie utuye mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, avuga ko yahagaritse umurimo wo kwigisha mu mashuri abanza maze ajya mu murimo wo guhinga ndetse no gutubura imbuto y’ibirayi kuko ariwo utanga amafaranga menshi.