Uyu mugabo afite urutoki rw’inyamunyo n’ibindi byengwamo inzoga bigatanga n’imineke byo mu bwoko bwa Fiya ruhinze kuri hegitari umunani, buri kwezi agasarura toni zirenga icumi.
Ibanga ryo kuba yeza urutoki igihe cyose mu karere karangwamo izuba ryinshi abikesha inkunga ya Minisiteri y’ubuhinzi (MINAGRI) ifasha abahinzi ba Nasho muri gahunda y’ikoranabuhanga mu kuvomera imyaka.
Yagize ati “dukurikije aya mazi y’ibiyaga, tuyabyaza umusaruro mu buhinzi tubifashijwemo na MINAGRI yaduhaye inkunga y’ibyuma byifashishwa mu ikoranabuhanga mu kuhira imyaka”.
Nkwakuzi yakomeje avuga ko ubuhinzi bw’urutoki bwe bumufasha mu iterambere ry’umuryango we ariko ngo bifasha n’abandi benshi barimo abakozi bagera kuri 40 akoresha, ibyo bikabafasha kubaho no gutunga imiryango yabo.
Urwo rutoki rwe rumaze kumuteza imbere kuko ngo mu musaruro abona amafaranga asaga miliyoni eshanu ku mwaka.
Yabivuze muri aya magamb: “uru rutoki rumaze kunteza imbere kuko iyo mbaze mu mwaka nsanga mbona umusaruro w’amafaranga arenga miliyoni eshanu kandi nahembye abakozi bagera kuri 40 nkoresha nitaye no k’umuryango wanjye”.
Imodoka yo mu bwoko bwa DYNA yakuye muri uwo musaruro ngo abona imaze kumubana nto ubu akaba yiteguye kugura imodoka nini yo mu bwoko bwa FUSO mu rwego rwo kugeza umusaruro ku masoko bitamubangamiye.
Kubera ubwinshi bw’insina zitwa Fiya zengwamo inzoga zigera ku bihumbi bitanu amaze kugira ngo amaze no kuzoroza abahinzi benshi, bityo mu rwego rwo kwirinda ko umusaruro wabapfira ubusa, arasaba Leta kubegereza uruganda rutunganya inzoga zituruka mu bitoki ngo bizatuma iterambere ry’abahinzi b’urutoki ryiyongera.
Nkwakuzi avuga ko ingorane bahura nazo mu buhinzi ari imvubu zitoroka Pariki zikaza kubangiriza umusaruro bityo akaba asaba abashinzwe kwita kuri izo nyamaswa gushaka uburyo bazitira Pariki ntizikomeze kubonera.
Servilien Mutuyimana
Ibitekerezo ( 3 )
Ohereza igitekerezo
|
Ibi birashoboka cyanerwose icyingenzi ni ukumenya kuko fia zipima 145kg turazeza inama cyangwa ubufasha call 0783479337/0722479337kuko kugishoro gike wakora ubuhinzi.
Jye Ukombibona Yatwigisha Ukuntu Azitera Nukuntu Azikoreratugatera Ikirengemukenatwetukaba Abamilionelikubera Urutokehano Kirehe Murikigaramamurakoze
uyu muhinzi ntangarugero akwiye kwigisha benshi mu Rwanda kuko ibi akora bikozwe na benshi twasagurira n’amasoko birenze ibikenewe