Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi barasabwa kuyikorera neza no kongera ubuso ihinzeho kuko aribwo izatanga umusaruro mwiza bakabasha kwiteza imbere.
Mu karere ka Nyabihu hagiye kongerwa hegitari 288 ku buso bw’ubutaka buhinzeho icyayi mu rwego rw’ishoramari. Ni nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere ndetse n’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu (Nyabihu Tea Factory) butahweye kugaragaza ko uru ruganda rwatunganyaga icyayi gike cyane ugereranije n’ubushobozi bwarwo.
Nyuma y’igihe kitagera ku kwezi, abahinga mu gishanga cya Bishenyi gihuza imirenge ya Runda na Rugarika bateye imbuto ya Soya; hatangiye kugaragaramo udusimba tumeze nk’iminyorogoto bita “mukondo w’inyana” cyangwa “mille pattes”; turi kwangiza imbuto yatewe mu mirima.
Umuyobozi w’Ikigega mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi (IFAD), Kanayo Nwanze uri mu ruzinduko mu Rwanda rwo kureba uburyo ikigega ayobora cyakomeza kunganira ubuhinzi; ajya inama y’uburyo ubuhinzi n’ubworozi byatanga umusaruro uhagije abenegihugu hakanasaguka ibyoherezwa ku masoko.
Umunsi w’ibiribwa ku isi wizihijwe abanyarwanda basabwa uruhare rwabo mu kongera ubuso bw’imirima yuhirwa, mu rwego rwo kongera umusaruro no guhangana n’ihindagurika ry’ikirere kijya giteza igihombo abahinzi kubera izuba ryinshi.
Umusore witwa Baziruwunguka Emmanuel uri mu kigero cy’imyaka 32 utuye mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira ho mu karere ka Rutsiro ukora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, atangaza ko yaguze moto ndetse abona n’uruhushya rwo kuyitwara kubera korora intama.
Abacuruzi b’ifumbire ya Nkunganire bo mu karere ka Gicumbi bavuga ko abahinzi batakiyigura kuko gahunda yo gutanga imbuto yo gutera ku buntu yahagaze.
Mu gihe mu Karere ka Karongi ari ho hagaragaye igitoki kinini gipima ibiro muri 250, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murambi buhangayikishijwe na bamwe mu baturage bagitsimbaraye ku myumvire ya kera bagifite intoki bigoye gutandukanya n’amasaka.
Inyamaswa zo mu bwoko bw’inguge ziva mw’ishyamba rya Nyungwe zonera abaturage batuye umurenge wa Kitabi bigatuma batagira icyo babasha gusarura mu mirima yabo bikagira n’ingaruka mu kwishyurira mituweli no mu mibereho yo mu buzima busanzwe bwa buri munsi.
Bamwe mubahinzi batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke, by’umwihariko abatuye mu tugari twa Sereri na Gasiza, bararira ayo kwarika bitewe n’imvura yaguye kuwa kane tariki 16/10/2014 ikabangiririza imyaka bari barahinze kuri hegitari zirenga eshanu.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), burasaba abahinzi b’imyumbati kutihutira gukoresha imbuto y’imyumbati bazanirwa na ba rwiyemezamirimo, nyuma y’aho muri aka karere hagaragariye indwara y’imyumbati yishwe Kabore.
Mu murenge wa Gatare hatangijwe ku mugaragaro igihembwe cy’ihingwa ry’icyayi, igikorwa kije mu kunganira no gutera ingabo mu bitugu abahinzi bicyayi, nyuma y’uko byagaragaye ko umusaruro w’icyayi uteri wifashe neza mu mezi yashize.
Abagize koperative “Cyabayaga Fishing” ikorera ubworozi bw’amafi mu kiyaga gihangano cya Cyabayaga, barasaba ubufasha bwo gukura amarebe muri iki kiyaga kuko ababuza umusaruro.
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza yinjiza amafaranga miliyoni buri kwezi ayakuye mu buhinzi bwa kijyambere bw’urutoki akubahiriza inama ahabwa n’impuguke mu buhinzi.
Abahinzi barenga 100 bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma bibumbiye muri koperative bagiye guhinga imboga n’imbuto kuri hegitari enye ku nkengero z’ikiyaga cya Mugesera.
Mu gihe mu gihugu cy’u Rwanda hariho gahunda yo gushishikariza abantu guhinga imirima yose mu rwego rwo kurwanya inzara no kwihaza mu biribwa, mu karere ka Huye haracyaboneka ibishanga biri ku buso butari butoya bidahinze.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri koperative ya COPRORIZ Ntende, baremeza ko uburyo bushya bwo guhinga kijyambere hakoreshejwe imashini zabugenewe bizatuma umusaruro wabo wiyongera ndetse n’ibikorwa byabo by’ubuhinzi bikihuta.
Abahinzi bakorera mu kibaya cya Bugarama giherereye mu karere ka Rusizi by’umwihariko abo mu murenge wa Muganza, baravuga ko biteze impinduka igaragara mu musaruro wabo kuko urugomero rwa Katabuvuga rwasanwe nyuma y’imyaka ibiri rwarangiritse bikadindiza umusaruro wabo.
Abaturage batuye umurenge wa Gatare bavuga ko bafite ikibazo cy’umusaruro muke w’icyayi kuko batabasha kubona icyo bagemura ku ruganda rutunganya icyayi rwa Mushubi.
Matabishi Innocent, umukozi w’umuryango w’iterambere SNV ushinzwe kuvura amatungo agakurikirana n’amakusanyirizo y’amata mu karere k’ubworozi ka Gishwati kagizwe n’uturere twa Rubavu, Ngororero, Rutsiro, Nyabihu, Burera na Musanze, avuga ko aborozi n’abaguzi b’amata badafite intego aribo badindiza iterambere (...)
Bamwe mu bacuruzi n’abaguzi barema isoko rya Gasiza mu karere ka Rulindo bavuga ko hari ikibazo cyo kubura imboga mu gihe byari bimenyerwe ko rikunze kugira umwihariko mu kugira imboga.
Abahinzi b’imyubati barasabwa kudahinga imbuto babonye yose, ahubwo bakifashisha izo beretswe n’abashinzwe ubuhinzi, nyuma y’aho mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda hagaragariye indwara yateye mu myumbati ituma yera imyumati iboze.
Hari abaturage bari barikondeye igishanga cya Kamiranzovu gihuza umurenge wa Runda n’uwa Rugalika, maze bakagihinga uko bashaka ndetse bakanakodesha imirima n’ababishaka. Kuri uyu wa kane tariki 02/10/2014, ubuyobozi bwasaranganyije imirima abaturage bose bahahingaga, maze babasaba kujya bagihinga bakurikije gahunda za Leta.
Mu gihe gahunda ya Plant Clinic (uburyo bwo kuvura ibimera) imaze amezi make itangijwe mu karere ka Ngoma, bamwe mu bahinzi barishima iyi gahunda kuko ituma umuhinzi uhuye n’ikibazo cyo kurwaza igihingwa ahita abona aho abariza maze kigakurikiranwa ndetse akagirwa inama.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abavuzi b’amatungo kuba hafi y’abaturage bahabwa inka muri gahuda ya Girinka kuko baba badafite ubumenyi buhagije mu bworozi, bityo inka bahawe bikabagora kuzitaho.
Abaturage bo mu murange wa Kansi mu karere ka Gisagara, baratangaza ko guhuza ubutaka bahinga ibigori bizabafasha kongera ubukungu bwabo, ndetse bamwe batanga ubuhamya bw’ibyo bagezeho nyuma yo gukora ubuhinzi bwa kijyambere.
Abahinzi b’urutoki abo mu karere ka Ngororero babitabiriye gahunda yo guhinga kijyambere ngo bari mu gihimbo gikabije kuko batakibona umusaruro mu gihe ababyitabiriye bo ngo bagiye gukizwa n’urutoki.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya season A 2015 mu karere ka Ruhango tariki ya 23/09/2014, minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahumurije abaturage b’aka karere ku kibazo cy’indwara ya Kabore yibasiye igihingwa cy’imyumbati.
Nyuma y’uko abahinzi mu gace k’Amayaga batewe ibihombo bikomeye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo, barasaba gukorerwa ubuvugizi kugirango banki yabagurije amafaranga itazateza cyamunara ibyo batanzeho ingwate ubwo bakaga inguzanyo yo kwagura imishinga y’ubuhinzi bw’imyumbati.
Imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi yangije bikomeye imyaka mu murima, inyubako n’indi mitungo by’abatuye uwo murenge, harimo by’umwihariko urutoki rubarirwa agaciro ka miliyoni 354 z’amafaranga y’u Rwanda.