Umuryango Nyarwanda w’Umuryango w’Abibumbye (United Nations Associations-Rwanda) ugiye gutangiza amahugurwa amahugurwa ku banyeshuri bagera kuri 150. Abo banyeshuri baturutse muri za kaminuza zitandukanye, bategerejweho uruhare mu guhindura imyumvire y’Abanyarwanda ku mitangire ya seirvisi.
Impanuka y’inzu y’amagorofa ane ya Geoffrey Barigye yaguye mu karere ka Nyagatare tariki 14/05/2013, ngo yatewe n’ibikoresho bayubakishije bitari bifite imbaraga zo kwikorera uburemere bwa yo, nk’uko byatangajwe n’itsinda ry’impuguke ryakoze igenzura ku cyaba cyarateye impanuka y’iyo nzu.
Perezida Kagame yibukije ko iterambere rizagerwaho ari uko abayobozi bakoranye n’abaturage, bakabakemurira ibibazo. Yabitangaje mu muhango wo kwakira indahiro z’Abaministiri, Johnson Businjye, Stella Ford Mugabo n’Umuvunyi mukuru wungirije, Clement Musangabatware, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/06/2013.
Umudugudu wa Kivugiza wo mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo kuwa kane tariki 06/06/2013 wahawe icyemezo cy’ishimwe ndetse bawuterekera “Intango” mu ruhame nk’ikimenyetso cy’uko wahize indi midugudu yo mu murenge wa Kanjongo mu kwesa imihigo ya 2012-2013.
Nyuma y’aho umuriro umaze iminsi wibasira ibigo by’amashuri, mu gitondo cya tariki 06/06/2013 inkongi y’umuriro yibasiye ibitaro bya Ruhango biri mu murenge wa Kinazi hashya ibikoresho bitandukanye.
Umunyasingapuru Elim Chew ari mu Rwanda aho azanywe no kureba uburyo yatanga umusanzu we mu gufasha urubyiruko rutagize amahirwe yo kwiga ngo rurangize amashuri yarwo.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) na Leta y’u Rwanda, mu kagari ka Kigeme mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hagiye kubakwa ikigo kizaba gifite inshigano zo gukumira ndetse no gufasha abazaba bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Mu biganiro ku bijyanye n’ingorane zibangamira umutekano urambye mu karere, abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru basanze FDLR umutwe ugizwe n’abasize bakoze Jenoside mu Rwanda ari ryo pfundo ry’umutekano muke mu karere.
Abagore bahagarariye abandi mu karere ka Kamonyi barashima ibyakozwe n’abagore b’Abadepite bari muri manda igiye gucyura igihe, kuko bagaragaje ubufatanye mu kuzamura umugore, bamwegera bakamugira inama bakanatora amategeko amurengera.
Imiryango 112 ituye mu kagali ka Kibari, umurenge wa Gikomero, akarere ka Gasabo, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye imbere y’amategeko, mu muhango wo gushyingiranya abatari bujuje iryo tegeko, wabaye kuri uyu wa kane tariki 06/06/2013.
Abanyamahirwe batandatu bashyikirijwe igihembo cy’amafaranga miliyoni umwe umwe muri gahunda ya sosiyete y’itumanaho ya MTN yiswe “MTN Yora Cash”, aho abandika ubutumwa bugufi bwinshi cyangwa bagahamagara kenshi gashoboka ku munsi babona ibihembo.
Inama yagombaga guhuza abaturage b’akagari ka Kirwa mu murenge wa Murunda n’umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, tariki 05/06/2013, yasubitswe bitewe n’uko hari ingingo zikomeye zirimo icy’abaturage biyahura umuyobozi w’akarere yashakaga kuganiraho n’abaturage nyamara hakaba hari haje bacye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare butangaza ko na mbere yo gutunganya imihanda muri quartier ya Gihorobwa hari haratangiye igikorwa cyo kubarura ibikorwa by’abaturage byakwangizwa, bakaba buhumuriza aba baturage ko bazishyurwa.
Ibi ni ibyatangajwe n’abasirikare barindwi bo mu mutwe wa FDLR batahutse kumugoroba wo kuwa 04/06/2013 bavuye mu mashaymba ya Congo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi I berekeza mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, yashimiye ubwitange n’ubunararibonye Umunyarwanda Lieutenant General Patrick Nyamvumba yagaragaje mu gihe yari ayoboye ingabo zishinzwe kubungabunga amahoro muri Sudani (UNAMID).
Abasirikare bari gusoza amasomo y’ubuyobozi n’akazi ko mu biro y’ikiciro cyo hejuru (Senior command and staff course) i Nyakinama mu karere ka Musanze, bari kuganirizwa ku mutekano w’imbere mu gihugu mu gihe cy’iminsi ibiri.
Nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba, akarere ka Rutsiro kegukanye umwanya wa kabiri ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’urubyiruko mu guteza imbere imiturire y’icyaro, mu cyiciro cy’indirimbo.
Umusaza w’imyaka 90, Rutayisire Gerivas, utuye mu murenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, avuga ko ikintu gishobora kumubabaza ari ukuzitaba Imana atabonye Perezida Paul Kagame amaso ku maso ngo amubwire ijambo rimwe.
Abanyarwanda bari barahungiye mu bihugu bituranye n’u Rwanda bakomeje guhunguka ari benshi batanguranwa n’itariki yo guca ubuhunzi; nk’uko ubwabo babyivugira.
Diyosezi Gatulika ya Kibungo iri mu myiteguro yo kwimika ku mugaragaro Mgr Kambanda Antoine uherutse kugirwa umushumba mushya w’iyo Diyoseze. Imihango yo kumwimika izaba 20/07/2013.
Imibiri y’abantu umunani bishwe muri Jenoside yabonetse mu cyobo kiri hafi y’umupaka wa Nemba uhuza igihugu cy’u Rwanda n’u Burundi mu ishyamba rya Gako mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Inteko nshingamategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, kuri uyu 04/06/2013 wasuye ishuri rya ES Byimana riherutse kwibasirwa n’inkongi y’umuriro inshuro eshatu inaritera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe.
Abanyarwanda bavuye muri Congo batangaza ko bari bamaze iminsi bifuza gutahuka ariko bagaterwa ubwoba n’amakuru y’ibihuha bahabwaga n’abasirikare ba FDLR bababwira ko nta mutekano w’abatahutse mu Rwanda.
Umuhanda Muhanga-Karongi hagati y’i Nyange n’aho bita ku Rufungo ushobora kwangirika cyane nyuma y’aho ubutaka bwo munsi yawo butwawe n’inkangu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Kayonza bemeza ko bafashe ingamba zo guharanira amahoro nyuma yo kumva ubuhamya bwa Bamporiki Edouard bukubiyemo ibyo yabonye muri Jenoside.
Raporo iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango Transparence International Rwanda igaragaza ko mu Rwanda ruswa ishingiye ku gitsina ihaboneka nubwo inzego nyinshi zibihakana zivuga ko byaba ari amagambo.
Imibare itangwa n’akarere ishimangira ko ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bwabashije gukemura ibibazo by’abaturage ku kipimo cya 96.8% muri uyu mwaka wa 2012-2013.
Ndaruhutse Jean De Dieu uyobora akagali ka Gahima mu murenge wa Kibungo,akarere ka Ngoma yahawe moto na Polisi kubera kuba indashyikirwa mu gushyiraho morare irimo ubutumwa bukangurira abantu kwitabira gahunda za Leta no kwicungira umutekano.
Abaturage bo mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro bishimira ko nyuma y’amezi abiri babonye umuyobozi mushya ibibazo byabo bibasha gukemuka vuba bagereranyije na mbere, hakabaho n’inama zibahuza n’abayobozi zigamije kwigira hamwe uko bafatanya mu bikorwa by’iterambere.
Kuwa 03/06/2013 ikigo MTN gicuruza serivisi z’itumanaho cyatangije gahunda y’iminsi 21 cyise iyo kugira impuhwe no kugaragariza Abaturarwanda urukundo mu buryo bunyuranye burimo gufasha no gutabara.