Mu barebye imurika rya bombe atomike zatewe Hiroshima na Nagasaki mu Buyapani, n’ingaruka zagize ku bari batuye iyo mijyi, aho ririmo kubera kuri stade amahoro guhera kuri uyu wa 06/8/2014, hari abiyemeje kuzaharanira kubaka umuco w’amahoro mu miryango babamo, nk’uko yari yo ntego iryo murika rigamije.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College/RTC) Ishami rya Gisenyi, Emmanuel Sebuhoro, avuga ko uruhare rw’amadini mu burezi bw’urubyiruko rw’Abanyarwanda rucyenewe kuko atuma urubyiruko rutarangarira mubibi ahubwo akabigisha gukora ibyiza.
Mu nama ihuje ibihugu bya Afrika na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US-Africa Summit) ibera muri Amerika kuva tariki 04-06/08/2014, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko umugabane wa Afrika ugomba gushyira imbaraga mu iterambere ryawo no gushakira hamwe ibisubizo aho gutega amakiriro ku mfashanyo.
Ikiganiro abagore bari mu myanya itandukanye mu karere ka Ruhango bagiranye n’ihuriro ry’abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda “FFRP” tariki ya 05/08/2014, bagaragaje ko mu myaka 20 abagore batinyutse bakaba bafite aho bamaze kwigeza, ndetse bakanaharanira kuzamura bagenzi babo bagifite imyumvire ikiri hasi.
Caritas ya Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri yashyikirije inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku Abanyarwanda 99 birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Musanze .
Kuba bamwe mu bagore bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bakitinya ku bikorwa bimwe na bimwe bigamije iterambere no kuba bamwe mu bagabo bumva ko abagore badashoboye ni zimwe mu nzitizi bagihura nazo mu iterambere.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo, arakangurira Abanyarwanda kutabaho bategereje gufashwa kugira ngo babeho kuko hari gahunda zitandukanye Leta yashyize zo kubafasha.
Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rw’ibohoye, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Ngororero barahiriye kuba aba mbere mu bukungu, guteza imbere akarere no kuzamura imibereho myiza y’abaturage byose bigamije kubumbatira amahoro n’ubwisanzure bahawe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko abaturage bo muri ako karere batangiye gusobanukirwa n’akamaro ko gutura mu midugudu ngo kuburyo kuri ubu abamaze gutura mu midugudu babarirwa ku kigero cya 76.4%.
Umuhango wo kwimika abapasitori batatu b’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya mu Rwanda (Eglise de Dieu du nouveau testament au Rwanda) wabereye mu murenge wa Gikundavura tariki 03/08/2014 waranzwe n’ibyishimo byinshi ariko nyuma havuka bombori bombori ishingiye ku miyoborere muri iryo torero.
Aba-ofisiye bakuru ba polisi 28 bo mu bihugu icyenda bari bamaze umwaka biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi ry’i Musanze (National Police College) barangije amasomo yo ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza kuri uyu wa Mbere tariki 05/08/2014.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu biganiro ku ipfobya rya Jenoside mu karere u Rwanda ruherereyemo byabereye , umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, Bernard Noël Rutikanga, yasobanuye ko ipfobya rya Jenoside yabaye mu Rwanda ryica abayirikotse kabiri.
Abayobozi b’amadini atatu akomeye mu gihugu cya Centre Afrique aribo Abagatolika, Abayisilamu n’Abangilikani baragera mu Rwanda muri iki cyumweru, baje kwitabira inama mpuzamahanga yo kubaka amahoro no kwigira ku masomo u Rwanda n’isi bakuye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’inzira y’u Rwanda mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge.
Aba local defense 440 basezerewe mu karere ka Muhanga bavuga ko mu myaka icumi bamaze mu mirimo yo gucunga umutekano batabashije kwikorera, bakaba bifuza ko habaho uburyo bwo kubafasha gutangira ubuzima bw’indi mirimo.
Umusaseridoti Mutabazi Fidele, yasezeranye kudashaka no gushyikiriza Ijambo ry’Imana abantu. Uyu murimo akaba yawuherewe muri Paruwasi ya Gihara aturukamo kuri uyu wagatandatu tariki 2/8/2014, abandi basore bane bakaba bahawe umurimo w’ubudiyakoni.
Mu kwizihiza umunsi w’umuganura, wabereye mu tugari twose tugize akarere ka Kamonyi, abaturage bashimangiye ko gusabana no gusangira ku baturanyi, ari inkingi y’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Pasitori Nzabonimpa Canisius ayobora itorero rya ADEPR paruwasi ya Rwahi mu karere ka Rusizi, avuga ko nubwo yavukiye mu muryango w’abakene ubu ageze ku rwego rwo kwicarana n’abantu bakomeye avuga igifaransa n’icyongereza nk’abazungu.
Abatuye imirenge ya Mutendeli na Kazo mu tugari twa Nyagasozi na Muzingira mu karere ka Ngoma barashima umuryango E.H.E, wabahaye ivomero rusange ry’amazi meza nyuma yuko bari bararembejwe n’indwara z’inzoka kubera kunywa amazi mabi.
Urubyiruko 696 rwari rumaze igihe cy’umwaka mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, rwahawe inyemezabumenyi z’imyuga no kureka gukoresha ibiyobyabwenge, rwizeza ababyeyi n’abayobozi ko igihe bataye bagiye kukigaruza bubaka ubuzima bangije no gutez aimbere igihugu bakoresheje imirimo bize.
Umuhango w’umuganura washyizwe muri gahunda za Leta zo kwishakamo ibisubizo no kwigira; aho ngo uzajya wizihizwa buri mwaka abantu basabana, ariko bakaboneraho n’igihe cyo kwisuzuma, kwesa imihigo no gufata ingamba zo gukoresha neza ibyo bafite; nk’uko inzego zishinzwe gutegura umuganura zabitangaje.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01/08/2014 hizihizwaga umunsi w’umuganura, abatuye akarere ka Ngoma bawizihije bagaruka ku muco bazirikana icyo umuco w’umuganura wabaga uhatse n’icyo bawigiraho mu gihe cya none ngo biteze imbere.
Abayapani b’abakorerabushake mu Rwanda batangaje ko guhera ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, bazakora imurika rigaragaza uburyo bombe atomike zatewe mu mijyi ya Hiroshima na Nagasaki zarimbuye imbaga zikangiza n’ibintu byinshi; ariko kuri ubu u Buyapani bukaba ari igihugu gifasha amahanga atandukanye n’u Rwanda rurimo.
Minisitiri mushya muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) Francis Kaboneka arizeza ko akazi gashya atangiye muri iyi minisiteri kazarangwa n’ubupfura no gukunda akazi, kugira ngo akomeze yubakire ku byo asanze byagezweho.
Nyuma y’ihohoterwa abagore bo mu kagari ka Nyagisozi umurenge wa Ntongwe mu karere ka Ruhango bari bamaze igihe bakorerwa n’abagabo babo, kuri ubu barishimira ko umugoroba w’ababyeyi umaze guhindura byinshi kuko batagiharikwa cyangwa ngo bakubitwe.
Polisi y’igihugu yashyize ahagaragara igitabo cy’amapaji 278, kivuga ku mateka yo gucunga umutekano mu Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni n’ibigwi bya Polisi y’igihugu kuva yashimgwa mu myaka 14 ishize.
Itsinda ry’abakozi b’ikigo The Institute of Policy Analysis and Research (IPAR) bari mu karere ka Nyanza kuva tariki 29 kugeza ku ya 30/07/2014 mu rwego rwo gukora ubushakashatsi bwimbitse ku ruhare imihigo igira mu iterambere ry’abaturage.
Nyirakadari Dina, umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya utuye mu Kagali ka Garuka mu Murenge wa Musanze ho mu Karere ka Musanze arishimira ko ubuyobozi bwamufashije bishoboka nyuma yo guhabwa inzu ngo arimo gusubira mu buzima busanzwe.
Minisitiri mushya muri Ministeri y’Umutungo kamrere (MINERENA), Dr. Vincent Biruta, arasaba abakozi bagiye gukorana kongera imbaraga mu kazi kugira ngo babashe kuzuza inshingano z’iyi minisiteri, akanizeza kandi ko azubakira ku byagezweho n’uwamubanjirije.
Mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi hageze Abanyarwanda 48 batahutse bava muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo bakaba bavuga ko kuba baratinze kugaruka mu gihugu cyabo babiterwa n’umutwe wa FDLR ubabwira ko igihe cyo gutahuka kitaragera kuko ngo bazagaruka ku bw’imishikirano.
Ikigo rukumbi mu Rwanda gitanga umuriro n’amashyanyarazi cyari kizwi nka EWSA, cyaciwemo ibice bibiri kinakorwamo andi mavugurura atandukanye ajyanye n’abakozi, nk’uko byemejwe n’inama y’Abaminisitiri iheruka.