Igikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya batujwe mu karere ka Bugesera kirarimbanyije, mu murenge wa Mayange harimo gusozwa kubaka amazu 15 abo banyarwanda bazatuzwamo.
Ministiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, yahaye ikaze abaturage birukanywe muri Tanzania barimo abari kubakirwa, abasaba gufatanya n’abandi mu iterambere ubwo bazaba bamaze kumenyera ubuzima busanzwe, kuko ngo nta wundi mutungo kamere u Rwanda rufite atari abaturage.
Bamwe mu baturage b’akarere ka Kamonyi batarabona ibyangombwa by’ubutaka bwabo, batangaza ko bagihura imbogamizi zituma batabihabwa, bakaba nta n’icyizere cyo kubibona bafite kuko batujuje ibisabwa.
Bamwe mu baturage batuye ahitwa i Nyarunazi ho mu kagari ka Rwimishinya mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza ngo bari baratijwe ubutaka na leta kuva mu mwaka wa 2010 kugira ngo babuhingeho kawa, ariko mu minsi ishize barabwambuwe buhabwa amakoperative y’abagore.
Itsinda rishinzwe kureba ibijyanye no gukumira inkongi z’umuriro mu karere ka Bugesera mu minsi ishize ryakoze igenzura mu bigo bigera kuri 20, harebwa niba bafite ibikoresho bizimya inkongi z’umuriro, ariko basanze ikigo kimwe gusa aricyo gifite ibyo bikoresho.
Abaturage bo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Gakanka ko mu murenge wa Kibumbwe mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko bashimishijwe no kuba baregerejwe amazi meza bagaca ukubiri no kuvoma mu kabande amazi adatunganyije neza kandi bayakuye kure.
Umuryango wa gikirisitu ukora ibijyanye no gufasha abaturage batishoboye, World Vision, urishimira ko hari byonshi wafatanyije n’u Rwanda mu rugendo rwo kwibohora, aho mu myaka 20 washoboye gufasha abaturage benshi kuva mu bukene no mu bujiji.
Uretse ubucuruzi ngo sosiyete y’itumanaho ya MTN ngo inakora ibikorwa bifasha mu iterambere ry’Abanyarwanda. Kuri uyu wa 25 Nyakanga iyi sosiyete yashyikirije akarere ka Nyagatare inkunga y’amafaranga miliyoni 5 azifashishwa mu kubakira imiryango y’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya.
Abakoresha umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n’u Burundi bava cyangwa bajya muri ibyo bihugu byombi barishimira ko kuva aho hahurijwe imikorere kuri uwo mupaka byihutishije serivisi ku buryo ubu nta serivisi ikirenza umunota umwe iyo umuntu ahaciye yujuje ibisabwa.
Ubwo yasozaga ku mugaragaro itorero ry’Urubyiruko rw’Abanyarwanda biga n’ababa mu mahanga ku nshuro yaryo ya karindwi ryiswe “INDANGAMIRWA”, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yabasabye gutahiriza umugozi umwe kuko ari byo bizafasha mu kubaka Umuryango Nyarwanda.
Abakora umwuga w’itangazamakuru n’abayobozi batandukanye bo ku rwego rw’Intara y’Amajyejyepfo biyemeje gushyiraho uburyo buhamye bwo kunoza imikoranire hagati y’izi nzego zombi.
Umushinga wita ku bana bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, Fair Children Youth Foundation (FCYF) ukorera mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze, tariki 23/07/ 2014 washyikirije abana 9 ibikoresho by’imyuga bize bifite agaciro gasaga gato amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi 257.
Mu karere ka Ngororero batangiye gahunda yo gukora ubukangurambaga bwo kurwanya amakimbirane akomoka ku butaka hifashishijwe ibihangano bitandukanye, harimo indirimbo, imivugo, amakinamico magufi, ibishushanyo n’ibindi.
Ministiri w’Intebe mushya, Anastase Murekezi yiyemeje kujyana n’icyerekezo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yahaye u Rwanda, kandi ngo yizeye kuzahabwa inkunga y’ubujyanama bwe ndetse n’iva mu gukorana umwete kw’abandi bayobozi n’Abanyarwanda muri rusange.
N’ubwo ubusanzwe mu muco wa Kinyarwanda bivugwa ko umwana ahabwa izina nyuma y’iminsi umunani avutse, biteganyijwe ko mu gihe kiri imbere Abanyarwanda bazajya basabwa guha abana babo amazina bakivuka.
Nyuma yo kugirwa minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Minisitiri Anastase Murekezi yashyizeho abaminisitiri 22 n’abanyamabanga ba Leta icumi bazaba bagize guverinoma nshya igiye kuyobora u Rwanda.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rutsiro rwiyemeje gufata iya mbere mu gukangurira ababyeyi ndetse n’abavandimwe kuvanaho impamvu zijya ziteza amakimbirane ashingiye ku butaka mu rwego rwo kwirinda ingaruka zirimo n’impfu za hato na hato zijya zivuka zitewe n’ayo makimbirane.
Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) ifatanyije n’umuryango AEGIS TRUST barimo kumurika mu Karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kabiri tariki 22/07/2014 ibihango by’abana n’abantu bakuru bitanga ubutumwa bw’amahoro no kwimika ubumwe mu Banyarwanda.
Anastase Murekezi wagizwe minisitiri w’intebe wa 10 ugiye kuyobora guverinoma mu Rwanda ni umugabo w’igikwerere ufite imyaka 62, wari umaze imyaka 10 muri guverinoma y’u Rwanda ubu agiye kuyobora namara kuyishyiraho mu gihe kitarenze iminsi 15.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko bafite impungenge zo kutishyurwa amafaranga y’imirimo bakoze ku ishuri ry’imyuga riri kubakwa muri uyu murenge ryatewe inkunga n’uruganda rwa Bralirwa.
Urubyiruko rw’aba guide rwatangije ukwezi ko kurwanya ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore mu gikorwa kiswe free being me «kwishimira uwo ndiwe » gahunda iri kwigishwa abana b’abaguides bafite hagati y’imyaka 7 kugera kuri 14.
Ku bufatanye bw’akarere ka Nyabihu na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM), muri aka karere hagiye gushyirwa uruganda rutunganya ibirayi, hagamijwe kongerera agaciro iki gihingwa gifatiye runini abaturage n’ubukungu bw’akarere muri rusange.
Abaturage baturanye n’uruganda Mount Meru Soyco rukora amavuta yo guteka bavuga ko rwagize uruhare mu kugabanya umubare w’abashomeri cyane cyane mu karere ka Kayonza ruherereyemo, n’ubwo rutaratangira gukora amavuta menshi nk’uko byari byitezwe rutangira kubakwa.
Uwahoze ari Minisitiri w’Abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, niwe wagizwe Minisitiri w’Intebe asimbura Dr Pierre Damien Habumuremyi wari kuri uwo mwanya kuva tariki 07/10/2011.
Nyuma y’umwaka abakozi bubatse amazu y’abacitse ku icumu mu karere ka Bugesera bategereje amafaranga bakoreye ntibayabone, ubu baratabaza ubuyobozi bw’akarere ngo bubishyurize rwiyemezamirimo wabakoresheje.
Abafatanyabikorwa batandukanye bo mu karere ka Rusizi barashimirwa uruhare bagira mu iterambere ry’akarere muri rusange ariko nanone bagasabwa kunoza imikorere n’imikoranire hagati yabo n’akarere cyane cyane bagaragariza akarere ibyo bakora kugirango raporo zitangwa ku rwego rw’igihugu zijye zifasha akarere kumenya (…)
Abashoferi batwara abagenzi mu matagisi mu karere ka Kayonza bavuga ko kuba nta byapa biri mu mihanda bakoreramo bibabangamiye cyane kuko aho bahagaze hose binjiza abagenzi cyangwa babavana mu modoka bacibwa amande ngo bahagaze aho batemerewe guhagarara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahagaritse by’agateganyo bamwe mu bakozi ba Leta bo mu nzego zitandukanye zikorera mu karere kugira ngo bajye gushaka bimwe mu byangombwa batujuje.
Umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda (CRR) n’abakorerabushake b’uyu muryango mu mirenge inyuranye y’akarere ka Nyanza ntibavuga rumwe ku iyongera ry’umusanzu urimo gusabwa abanyamuryango.
Umuyobozi wungirije w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Uburengerazuba, Niyonzima Tharcisse arasaba abanyamuryango bo mu karere ka Rutsiro gusobanukirwa birambuye n’icyerekezo cy’umuryango FPR-Inkotanyi mu rwego rwo kugisanisha n’icyerekezo cy’igihugu hagamijwe gukora ibikorwa biganisha mu cyerekezo kimwe.