Abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Kayonza barasabwa kurushaho gutanga serivisi nziza ku baturage no kuzirikana ko uretse kuba abaturage ari abagenerwabikorwa ari na bo bakoresha b’ababyobozi, kuko ngo badahari n’ubuyobozi butabaho nk’uko umuyobozi w’ako karere abivuga.
Nyuma y’imyaka igera itatu bahangayitse kubera inzu zashaje ibisenge babagamo, imiryango 11 y’abarokotse Jenoside bo mu murenge wa Ngororero barashima ubuyobozi bw’akarere hamwe n’ikigega FARG ko basaniwe amazu ubu bakaba baba ahantu hasukuye kandi bizeye umutekano wabo.
Ministeri ishinzwe urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), yasabye abagize Inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu turere twose tw’igihugu, kwitanga no kwita ku nshingano bashinzwe z’ubukangurambaga, kwishyira hamwe ndetse no gukora ubuvugizi; aho kumva ko hari abandi bashinzwe kubakorera.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni yemeye ubufasha mu kwagura izi nyubako, nyuma y’igihe kitari gito abakozi n’abayobozi b’akarere bagaragaza ikibazo cy’inyubako z’ibiro zidahagije ndetse zitajyanye n’igihe.
Abanyeshuri n’abakozi b’Ishuri rikuru ry’abadivantisti b’abalayiki rya Kigali (INILAK) ngo bagomba kumenya no kwigisha abandi gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, nk’uko Komisiyo y’ubumbwe n’ubwiyunge(NURC) na Unity Club ihuriwemo n’abayobozi, bavuga ko ari byo byaca impungenge abantu bafite ko ubwicanyi mu Rwanda bwakongera kuba.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangaje ko abasirikare bakuru 46 barangije amasomo yabo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama (Rwanda Defense Force and Senior Command College) bazahabwa imyanya ikomeye mu buyobozi bw’ingabo z’igihugu no mu butumwa bw’amahoro butandukanye ingabo zirimo.
Umusirikare wa Kongo usanzwe ukorera muri Region ya 8 muri Kivu y’Amajyaruguru wafatiwe ku butaka bw’u Rwanda mu karere ka Rubavu kuri uyu wa 06/06/2014yashyikirijwe ishami ry’itsinda ry’ingabo za ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka ya Kongo ryitwa Extended Joint Verification Mechanism (EJVM).
Abamotari bari bibumbiye muri sosiyete SOTRAGERU (SOCIETE DE TRANSPORT GENERAL DE RUSIZI) bahisemo kuyisesa batangiza koperative kugirango bazabashe gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri iyi sosiyete.
Mu karere ka Nyamagabe hatashywe ku mugaragaro ikigo (one stop center) cyizajya gitanga ubufasha mu bujyanama, ubuvuzi ndetse no mu mategeko hagamijwe kurwanya no gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kikazatanga serivisi ku mpunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme n’abaturage bayituriye.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime yasabye imbabazi Perezida Kagame mu izina ry’abandi bayobozi n’abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru kubera ko bamwe mu bayobozi bo muri iyo ntara banduje isura yabo bagambaniye igihugu bagakorana n’umutwe wa FDLR mu bikorwa byo guhungabanya umudendezo w’igihugu.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye kwihanangiriza abagifite imigambi yo guhungabanya umudendezo w’Abanyarwanda, ko bazahura n’ingaruka zikomeye igihe cyose iyo migambi batayihagaritse kuko umutekano w’u Rwanda ari ishingiro ry’ibimaze kugerwaho n’ibiteganwa kuzagerwaho.
Mu gihe hari abarwanya gahunda ya Ndi Umunyarwanda bavuga ko nta mpamvu yo kwibutswa ko ari Abanyarwanda kandi bo ubwabo basanzwe babizi, abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga IPRC-South bo bavuga ko nta mpamvu yo kuyirwanya kuko ifite akamaro cyane.
Abagore ntibishimiye ko badahabwa imyanya ihagije mu nzego z’akazi zo hasi nyamara bishimira intambwe bateye yo kuba bamaze kugira imyanya ihagije mu nzego zo hejuru cyane cyane mu nteko ishinga amategeko.
Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Abayobozi b’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) mu karere ka Musanze no mu mirenge ikagize, bavuga ko kuba basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ruri ku Gisozi), byabahaye ubunararibonye bwo kubwira bagenzi babo ko kwifatanya n’umwanzi ari uguta umwanya, ahubwo bagomba kurwana urugamba rwo kwiteza imbere.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa mu Rwanda rwafashe icyemezo cyo kwimura abagororwa basaga 5880 bari bafungiye muri gereza ya Muhanga bajyanwa muri gereza ya Mpanga iherereye mu karere ka Nyanza no muri gereza ya Karubanda iherereye mu karere ka Huye, zose zo mu ntara y’amajyepfo.
Gereza ya Muhanga iherereye mu karere ka Muhanga mu ntara y’amajyepfo yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ma saa sita z’amanywa ku wa gatatu tariki 04/06/2014, igice cyayo kibamo abagororwa kirakongoka.
Impunzi z’Abanyekongo zikambitse mu nkambi ya Nyabieke iherereye mu karere ka Gatsibo, zamurikiwe zimwe mu nzego z’umutekano zirimo Police, abinjira n’abasohoka mu gihugu ndetse n’urwego rwa Minisiteri y’ibiza no gucyura impuzi (MIDIMAR) muri iyi nkambi.
Me Ntaganda Bernard washinze ishyaka rya PS Imberakuri ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda yasohotse muri gereza ya Nyanza yari afungiyemo uyu munsi kuwa 04/06/2014 ahagana ku isaha ya saa moya za mu gitondo, nyuma yo kurangiza igifungo cy’imyaka ine yari yarakatiwe n’urukiko.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) urashima cyane uburyo u Rwanda rufata neza impunzi zihungira mu gihugu, ngo agasanga ibi bikwiye gukorwa n’ibindi bihugu ku isi.
Abatoza b’intore barangije itorero ryaberaga i Nkumba, mu karere ka Burera, barasabwa gushyira mu bikorwa ibyo bigiye muri iryo torero, babitoza abandi kugira ngo Abanyarwanda barusheho kuba intore nyazo.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.
Mu nteko rusange y’urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 03/06/2014, urubyiruko rwiyemeje ko rugiye kurushaho gukora rukiteza imbere rukima amatwi ababashukisha amafaranga ngo barushore mu bikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuryango RWAMREC uharanira ko abagabo bagira uruhare mu kwimakaza uburinganire bwabo n’abagore, uratangaza ko ibiganiro ku mibanire y’aba bombi bigenda bitanga impinduka mu mibereho yabo ituma babana neza kandi umugabo akarushaho kugira uruhare mu kwita ku muryango we.
Umugabo witwa Nsengiyumva Claude utuye mu mudugudu wa Kigarama mu murenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, afungiye kuri station ya Kiramuruzi akurikiranyweho icyaha cyo gutema umugore we witwa Uwase Divine w’imyaka 20 akamukomeretsa bikaviramo urupfu.
Minisitiri w’Umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arakangurira Abanyarwanda gukoresha neza ubutaka buto bafite kugira ngo bubyare umusaruro uhagije uhaza igihugu ndetse bakanasagurira amahanga, ngo kutabyaza umusaruro ubwo butaka bibangamiye gahunda ya Leta yo kongera ubukungu.
Umusore witwa Revelien Kabera afungiye kuri Polisi ishami rishinzwe kurwanya magendu akurikiranyweho icyaha cyo kwiyitirira umukozi w’iri shami agaca abacuruzi amande, ababwira ko nibatayamuha azabatanga bagafungwa.
Nubwo akarere ka Nyamagabe ariko katangirijwemo ku rwego rw’igihugu igikorwa cyo kwandika ubutaka, imibare irerekana ko abaturage hafi 76% aribo bamaze gufata ibyangombwa bya burundu by’ubutaka bwabo.
Nyuma yuko diyosezi gatorika ya Kibungo iboneye umushumba mushya mu kwezi kwa Karindwi umwaka ushize wa 2013, Mgr Kambanda Antoine , yashyizeho igisonga cye (umwungirije) mu rwego rwo kuzuza inzego za Kiliziya muri diyosezi zitari zuzuye.
Imidugudu igize umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi yarushanyijwe aho igeze yiteza imbere mu rwego rwo kurushaho gukangurira abaturage kumenya ibibakorerwa no kubigiramo uruhare rugaragara.