Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko mu bibazo by’abaturage bakunda kwakira ikigoye bakunda guhura na cyo ari amakimbirane ashingiye ku masambu, aho imiryango itandukanye igira uburiganya ku butaka.
Abakozi bahawe akazi na rwiyemezamirimo Kageruka Gamarier watsindiye isoko ryo kubaka gare y’akarere ka Ruhango, baravuga ko babayeho nabi kubera ko uwo bakoreye amaze ukwezi kose yaranze kubahemba ndetse bakaba baranamubuze.
Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Mukandasira Caritas arasaba abayebyi baturiye ikibaya ya Bugarama kudata inshingano zo kurera abana babyaye, bituma abana babo basigaye bajya kwicuruza mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane i Burundi.
Mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014, umurenge wa Muganza niwo wesheje umuhigo uba uwa mbere uvuye ku mwanya wa 13 mu mirenge 14 igize akarere ka Nyaruguru.
Akarere ka Rwamagana katangije ubukangurambaga bwo kurwanya inkongi z’umuriro ndetse no guhangana n’ibiza muri rusange, by’umwihariko abaturage bahugurwa ku mikoreshereze y’igikoresho kizimya umuriro kizwi nka “kizimyamwoto”.
Abagize urugaga rw’abikorera ku giti cyabo mu karere ka Nyanza bizihije isabukuru y’imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ndetse banatera inkunga isaga miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 abamugariye ku rugamba bo muri aka karere ishyikirizwa ubuyobozi bw’akarere.
Abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza barasabwa kuzabera urumuri bagenzi babo bo ku mashuri bigamo bashyira mu bikorwa ibyo bazaba barigiye mu itorero barimo.
Abakandida batatu biyamamariza umwanya umwe w’umusenateri wo kuzuza umubare w’abasenateri bahagarariye Intara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20/08/2014 biyamamarije mu karere ka Rwamagana bahamya ko uzagirirwa icyizere atazatenguha abamutumye.
Abakoresha ikiraro cya Rwagitugusa ho mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma ndetse n’abo mu murenge wa Gahara ho mu karere ka Kirehe, bavuga kuba imbaho zitwikiriye iki kiraro zishaje biteza impungenge zo kuba byatera impanuka.
Minisitiri Ambasaderi Joseph Habineza akimara kugera muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC) yahise atangaza ko abakozi bose b’iyi minisiteri n’abakora mu bindi bigo biyishamikiyeho, bahamagariwe gukunda akazi no kugakorana umurava cyangwa bakabisa abandi bashoboye bakagakora.
Bamwe mu bafite ubumuga n’abatishoboye bavuga ko bikwiye ko leta ikomeza gutekereza ku bafite ubumuga n’abatishoboye, amategeko abarengera agakomeza kubungwabungwa no gukurikizwa hagamijwe kudaheza uwo ari we wese ku byiza by’u Rwanda.
Nyuma y’amezi ane Abanyarwanda bajya guhahira muri Congo banyuze ku mipaka ya Rusizi yombi bakwa amafaranga ya Visa ubu noneho barishimira ko kuva kuwa mbere tariki 18/08/2014 Congo yavuye kuri icyo cyemezo.
Abantu 200 bo mu karere ka Rulindo bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro batabifitiye uburengenzira barimo guhabwa inyigisho zitandukanye ku bijyanye n’imyitwarire ku muntu ushaka gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Kuri iki cyumweru tariki ya 17/08/2014, imbere ya Kiriziya ya paruwasi ya Nyamasheke muri diyoseze ya Cyangugu, Uwiringiyimana Simon yahawe ubupadiri na Nkurunziza Jean Baptiste ahabwa ubudiyakoni (ni icyiciro kibanziriza guhabwa ubupadiri).
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) butangaza ko mu gihe kitagera ku mezi atatu bumaze gutakaza akayabo ka miliyoni y’amadolari y’abanyamerika mu kwita ku barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi.
Umukuru w’igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, atangaza ko impanuka zimaze iminsi ziba hirya no hino mu gihugu zigahitana ubuzima bw’abantu benshi zihangayikishije igihugu, agasaba inzego zose zibishinzwe gushyiraho ingamba kugira ngo zigabanuke.
Itorero rya ‘Bethesda Holy Church’ ryashimiye abakristo baryo bigomwe amaboko yabo n’amafaranga arenze miliyari imwe na miliyoni 30, bakubaka urusengero ahitwa ku Kagugu hafi yo mu Gakiriro (Gakinjiro); ngo kikaba ari ikimenyetso cyo kwigira kw’Abanyarwanda no gukunda Imana, nk’uko Umushumba waryo, Rev.Albert Rugamba (…)
Impuzamakoperative y’Abamotari mu Ntara y’Iburasirazuba (ASTRAMORWA) imaze kwiyemeza gufasha abanyonzi bose bo muri iyi Ntara kwiga amategeko y’umuhanda no gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga ku buntu, hagamijwe kuzamura imibereho yabo ndetse bikajyana no guhangana n’ikibazo cy’impanuka zo mu muhanda.
Mu gikorwa cyo gushimira umuyobozi w’umurenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero witwa Adrien Harerimana kuba yarabaye uwa mbere mu karere mu kugira kawa nziza kandi yitaweho kurusha abandi bahinzi, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere yasabye abayobozi bose kuba intangarugero muri byose.
Urubyiruko ruhagarariye urundi mu Muryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Uburengerazuba ruri mu biganiro by’iminsi ibiri guhera kuri uyu wa 16 Nyakanga 2014 ku ngengabitekerezo y’umuryango, imiyoborere n’imyitwarire ikwiye kuranga umuyobozi mu nzego za Leta akaba ari n’umunyamuryango wa FPR, byose bigamije kureba uko imibereho (…)
Abanyarwanda 61 batahutse tariki 15/08/2014 bavuye muri Congo bavuga ko batinze gutahuka kubera bagenzi babo babanaga mu mashyamba babateraga ubwoba bababwira ko nta mahoro ari mu Rwanda nk’uburyo bwo kwanga gutaha kubera ibyaha basize bakoze.
Umukobwa witwa Uwera Dative arashakishwa nyuma yo gukekwaho kwiba umwana w’amezi atatu, amukuye iwabo mu mudugudu wa Rwimikoni ya mbere mu kagari ka Mbyo mu murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera.
Mu kiganiro kirambuye, umunyamakuru wa Kigali Today yagiranye na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa kane tariki 14/8/2014 yatangaje byinshi ku buzima bwe bwo hanze y’inshingano z’ubuyobozi, amakipe akunda, amafunguro amugwa neza, ibyo akora mu gihe cyokwidagadura n’icyo ateganya (…)
Abakirisitu basaga ibihumbi 60 baturutse mu bihugu bitandukanye ku isi, nibo bitabiriye amasengesho y’umunsi mukuru wa Asomusiyo. Igitambo cya misa cyabereye imbere y’ingoro ya Bikiramariya yubatse mu murenge wa Kibeho akarere ka Nyaruguru, mu ntara y’Amajyepfo.
Abayobozi b’ibihugu bigize akanama k’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bitabiriye inama yabereye Luanda muri Angola taliki ya 14/8/2014 basabye abarwanyi ba FDLR kuba bashyize intwaro hasi bitarenze ukwezi k’Ukuboza 2014 bitakubahirizwa hagakoreshwa ingufu za gisirikare.
Nyuma y’imyaka 6 ishize inzego zitandukanye za Leta zikorera ku mihigo, mu karere ka Ngororero bahinduye uburyo bagaragazaga uko imirenge yakurikiranye mu gushyira mu bikorwa ibyo basezeranyije umuyobozi w’akarere n’abaturage.
Kugira ngo iterambere ry’akarere ka Gakenke rirusheho kwiyongera kuri uyu wa 14/08/2014 Ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere ka Gakenke (JADF) basinyanye imihigo n’ubuyobozi bwako, imihigo ikubiye mu byiciro bitatu ari byo Ubukungu, Imibereho myiza n’imiyoborere myiza.
Urwego rw’abanyamakuru bo mu Rwanda bigenzura (RMC) rwategetse ibitangazamakuru bitatu byo mu Rwanda birimo urubuga rwa internet rwa www.Rwandapaparazzi.com, ikinyamakuru Umusingi na Radio One, gukosora inkuru byatangaje isebya Victoire Ingabire.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Shyorongi akagari ka Kijabagwe bahuriye muri gahunda ya “Mvura nkuvure”, bavuga ko yabafashije mu buryo bwo gukira ibikomere basigiwe n’amateka yaranze igihugu harimo na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubwo batangizaga ukwezi kwahariwe umutekano wo mu muhanda mu ntara y’Amajyepfo, tariki 13/8/2014, abatwara ibinyabiziga n’abagenzi bazafasha polisi gukumira impanuka zibera mu muhanda, bemerewe ibihembo bishimishije.