Akarere ka Gasabo kemeje ingengo y’imari kazakoresha umwaka utaha igera kuri miliyari 15 na miliyoni 468, amafaranga y’u Rwanda azakoreshwa mu mibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza ndetse n’ibikorwa by’iterambere.
Urubyiruko rurasabwa gushingira ku mahirwe yo kugira igihugu cyiza maze bakayakoresha biteza imbere, mu rwego rw’ibiganiro bitegura isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abasore n’inkumi bo mu Ntara y’Amajyaruguru n’ab’Iburengerazuba bagera kuri 600 bari mu biganiro byateguwe mu ntumbero gutegura urubyiruko kugira ngo ruzizihize imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye nta macakubiri ababoshye.
Mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke bibumbiye mu rugaga rwitwa JADF, bakoze inama yo kumurika ibyo bagezeho n’ibyo bazakira umwaka utaha barasabwa guhiga ibyo bashobora kuzahigura aho guhiga byinshi bakazakora bike.
Musabyimana Jean Claude amaze gutorerwa umwanya w’umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere mu matora yabaye kuri uyu wa gatanu tariki 27/06/2014.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (RGB), abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse n’abanyamakuru, hagamijwe guha imbaraga itangazamakuru ryubaka iterambere rirambye, abayobozi n’abanyamakuru basabwe kunoza ubufatanye birinda ko buri ruhande rushaka gusenya urundi.
Mu rwego rwo gutegura igikorwa cyo kwita izina ingagi kizabera mu karere ka Musanze mu Kinigi kuwa 1 Nyakanga 2014, mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Basumba, hatashywe ikigo cy’amashuri abanza cya Basumba, rwego rwo gusaranganya n’abaturage inyungu ziva kuri Pariki y’ibirunga baturiye.
Itsinda ry’urubyiruko rw’Abafaransa na bagenzi babo bo mu Burayi bari mu ruzinduko mu Rwanda barasaba ko hagaragazwa ukuri ku ruhare rw’Ubufaransa na bamwe mu bari abayobozi babwo muri Jenoside yakorwe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, arasaba abakuru b’imidugudu 317 igize aka karere ka Kamonyi kugira imyumvire myiza kuri gahunda za Leta, maze imikorere ya bo ikabafasha gutera imbere, kandi bakagira uruhare mu kubungabunga umutekano w’igihugu.
Intore 940 zasoje urugerero zari zimazeho amezi arindwi mu karere ka Rulindo, umuhango ukaba wabereye mu murenge wa Buyoga tariki 24/06/ 2014.
Ba rwiyemezamirimo batandukanye n’abahagariye ibigo by’imari n’amabanki bikorera mu mujyi wa Kigali, bahuye bacoca ibibazo hagati yabo, aho bamwe bashinja abandi kubarushya mu kubaha inguzanyo mu gihe abandi nabo bavuga ko abacuruzi batanyurwa n’ibiciro babaheraho.
Abatishoboye biganjemo abakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barimo kwiyandikisha ngo bazahabwe amafaranga y’ingoboka azatuma bava mu bukene bakagera ku buzima bwiza bukwiye umunyagihugu w’umunyarwanda, nk’uko biri muri gahunda y’igihugu yo kuvana abaturage mu bukene izwi ku zina rya VUP (vision (…)
Uruhare rw’imikorere inoze n’urubyiruko mu iterambere rirambye niyo nsanganyamatsiko nyamukuru igiye kwigwa mu nama mpuzamahanga u Rwanda ruzakira mu ntangiriro z’icyumweru gitaha igamije gushaka umuti w’imiyoborere myiza.
Abakozi bakora mu ruganda rw’isukari rwa Kabuye Sugar Works SARL bemerewe kuzamurirwa umushahara bahembwaga ho 25%, nyuma y’ibiganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’iki kigo gisanzwe gifitwe na Sosiyete yitwa Madhvani Group yo mu Buhindi.
Ubuyobozi bw’umupaka muto uhuza Goma na Gisenyi ku ruhande rwa Kongo bwashyizeho amabwiriza yo kwaka amafaranga ya Viza Abanyarwanda bahanyura, amafaranga azajya atangwa n’abanyeshuri biga Kongo, abakorerayo ubucuruzi biciriritse hamwe n’abafiteyo amasezerano y’akazi.
Ikiraro gishya na One Stop Border Post biri kubakwa ku mupaka wa Rusumo ngo bizaba igisubizo ku mbogamizi zibangamiye ubwikorezi muri Afrika y’Uburasirazuba nk’uko byemejwe utsinda ryarimo Minisitiri w’ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba n’intumwa z’igihugu cy’ubuyapani ubwo basuraga uyu mupaka kuri uyu wa 24/06/2014.
Abanyarwanda 33 batahutse kuri uyu wa kabiri tariki 24/06/2014 bava muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo bavuga ko kuba bataratahukiye ku gihe kandi igihugu cyabo kirimo umutekano ngo akenshi biterwa na bagenzi babo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bababuza gutahuka bababwira ko ibyo bahunze bitararangira.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango Rwanda Young Generation Forum, rwasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero mu karere ka Karongi rugamije kwigira ku butwari bwaranze Abasesero maze runaha abagizwe incike na Jenoside bo mu Bisesero inka ebyiri zifite agaciro k’amafaranga 600,000Rwf.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba barashima ibikorwa bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Icyumweru cyahariwe ibikorwa by’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) cyatangijwe kuri uyu wa mbere tariki 23/06/2014 na gereza ya Nyanza ngo kizarangira hubakiwe abatishoboye amazu 10 yo kubamo nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’iyo gereza.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Prof Silas Lwakabamba na Minisitiri ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri, Stella Ford Mugabo, bari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri Minisiteri y’ibikorwaremezo no muri EWSA basuye umushinga wa KivuWatt basaba ko utakomeza guhindura igihe cyagenwe mu masezerano yo kubyaza gaz methane mo (…)
Imiryango itegamiye kuri Leta igize sosiyete sivile mu Rwanda iratangaza ko yishimira uburyo Guverinoma yabashyiriyeho ikigega kizajya kibafasha kwiteza imbere bakazamura umuryango Nyarwanda, ariko bagasaba Leta kwita ku guhanga imirimo no gushakira urubyiruko icyo gukora.
Ikigo cy’itangazamakuru cya Kigali Today Ltd. cyahaye ishimwe rya mudasobwa igendanwa umusore witwa Irankunda Honoré wabashije umusaruro amahugurwa ku itangazamakuru yahawe na Kigali Today Ltd agahita ashinga urubuga www.icyogajuru.com.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Mukotanyi Innocent uvuka mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Gihango ashima Imana yamurinze mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko abicanyi bahoraga bategereje ko nyina utarahigwaga amara kumubyara bagahita bamwica akiri uruhinja, ariko nyina agerageza kumurwanaho abasha kurokoka.
Abagize ihuriro ry’abahadj mu karere ka Rubavu n’umujyi wa Kigali bageneye abaturage babiri bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 mu karere ka Rubavu mu murenge wa Rubavu ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyoni 2 bakora n’umuganda wo kububakira.
Itorero Methodiste Paruwasi ya Kicukiro ryateguye igiterane mpuzamahanga cy’iminsi itatu kigamije gukangurira abakristu n’Abanyarwanda muri rusange uruhare rw’amadini mu kugarura amahoro mu karere.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rusizi hamwe n’abavuga rikijyana barasabwa kwegera ababatoye babakemurira ibibazo bafite kuko rimwe na rimwe abaturage bavuga ko abajyanama batajya babegera ngo babagezeho ibibazo byabo.
Abagana ikigo nderabuzima cya Kamabuye mu karere ka Bugesera basaba ko iki kigo cyasanwa mu rwego rwo kubona service nziza kandi nyinshi.
Muri gahunda yo gusoza ukwezi kwahariwe kwita ku mirire iboneye no kugira isuku ku rwego rw’akarere ka Rutsiro, intumwa ya minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF) yashimiye abaturage bo mu murenge wa Mukura kubera ko bafite uturima tw’igikoni na rondereza, ariko abasaba kubaka imisarane isobanutse.
Abanyarwanda barakangurirwa guha agaciro no gushakira isoko imyambaro n’ibindi bikorwa by’ubugeni bikorerwa mu Rwanda, ariko n’abanyabugeni bagasabwa kurushaho kongera ingufu mu byo bakora n’ubwiza bwabyo.