Abayobozi mu Karere ka Huye baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’inzoga z’inkorano zifatwa nk’ibiyobyabwenge zikomeje kugaragara hirya no hino, kandi abazikora bakarushaho kugenda biyongera.
Abagize Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, bari kuzenguruka uturere twose tw’igihugu bakora ubukangurambaga ku bibazo bigaragara muri minsi bishobora kubangamira iterambere.
Inama nyunguranabitekerezo y’abanyamuryango b’umuryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyagatare yagaragaje ko hari bamwe mu banyamuryango bateshutse ku nshingano zabo banabisabira imbabazi.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Amb Habineza Joseph atangaza ko n’ubwo u Rwanda rufite intwari ariko rugifite n’ibigwari byiganjemo abanyereza umutungo ndetse n’abasebya igihugu n’abakiyobora nyuma yo kuva mu myanya ya Politiki.
Perezida w’inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD), niyomugabo Romalis aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Rutsiro ko n’abafite ubumuga bashoboye gukora.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rulindo bavuga ko gahunda ya “mvura nkuvure” yabafashije kongera kubana neza, mu gihe mbere bahoraga mu makimbirane no kutumvikana.
Musenyeri Hakizimana uherutse kugirwa umwepisikopi wa Diyosezi Gatulika ya Gikongoro n’umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi Papa Francis, yahawe ubwepisikopi ku mugaragaro na Musenyeri Thadee Ntihinyurwa waruyoboye imihango yo gutanga ubwepisikopi.
Bamwe mu basabiriza mu mujyi wa Rusizi no mu nkengero zawo biganjemo abafite ubumuga bemeza koiyo ngeso bayiterwa no kutagira amikoro, ariko bagahamya ko baramutse babonye ubushobozi bwo kwibeshaho nabo bacika kuri uwo muco.
Umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (CLADHO), utangaza ko ugiye gutangira kampanye yo kugaragariza Abanyarwanda icyo umuryango ibihugu bwa Afurika bihuriyemo (AU) umariye u rwnada na Afurika yose muri rusange.
Itorerero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi mu Rwanda rirateganya kumurikira Umuyobozi waryo ku rwego rw’isi, Dr Ted Wilson, ibyagezweho mu myaka ibiri ishize birimo umuturirwa w’icyicaro gikuru uri mu mujyi wa Kigali, ishuri ryigisha ubumenyi n’ikoranabuhanga ku rwego rugezweho, ndetse n’ibitaro, ibigo nderabuzima (…)
Amajwi menshi y’Abanyarwanda yaburijemo ibirori byo guhemba Paul Rusesabagina (ushinjwa gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda) byari biteganyijwe kuri uyu wa 23/01/2015 mu Butaliyani.
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru ry’Amahoro (RPA: Rwanda Peace Academy), Col. Jill Rutaremara aratangaza ko amasezerano y’ubufatanye hagati ya RPA n’umuryango Save the Children International (SCI) yitezweho kunganira iryo ishuri mu kurushaho kugera ku nshingano zaryo zo kubaka ubushobozi mu bijyanye no kubungabunga uburenganzira (…)
Abanyarwanda 52 bagombaga gutaha mu Rwanda tariki 20/1/2015 bavuye mu bice bitandukanye bya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo aho bamaze imyaka 20 bari mu buhunzi ntibarashobora kugera mu Rwanda kubera imyigaragambyo imaze iminsi ibera mu mujyi wa Goma.
Niyindebera Hamissa, umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 17 urangije icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye akaba yaroherejwe gukomereza mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare (GSOB) atewe ishavu no kuba ashobora kutazajya kuri iki kigo kubera ko iwabo nta bushobozi bafite bwo kumwoherezayo.
Inama yahuje ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’ubw’Amakomini bihana imbibi mu gihugu cy’u Burundi yafashe umwanzuro wo guhanahana amakuru ku gihe ku byahungabanya umutekano ku mpande zombi.
U Rwanda rwasimbuje ingabo zari zishinzwe kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centre Afrique aho icyiciro gishoje manda yacyo y’umwaka cyageze mu Rwanda, nyuma y’uko ikindi cyagombaga kubasimbura cyahagurutse mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 22/1/2015.
Bamwe mu batuye ku kirwa cya Bugarura giherereye mu karere ka Rutsiro bumva bafite amatsiko yo kugera mu mujyi wa Kigali ariko ntibiborohere kubona itike bityo bakumva ari nk’amahanga.
Abanyarwanda basanzwe bakorera mu mujyi wa Goma baravuga ko ubu imikorere itameze neza kubera imyigaragambyo imaze iminsi ine ibera muri uyu mujyi mu gitondo cyo kuwa kane tariki ya 22/01/2015 ikaba yongeye kubura, aho bivugwa ko abantu batatu bashobora kuba bahasize ubuzima.
Nyuma y’aho ikigo ngenzuramikorere cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) gitangarije ibiciro bishya by’ingendo, sosiyete itwara abagenzi mu Turere twa Huye-Nyaruguru na Huye-Gisagara yo ntiyigeze ihindura ibiciro by’ingendo.
Ingabo za Kongo zikorera ku mupaka muto uhuza Gisenyi na Goma zafashe Mupenzi Etienne utuye mu mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanama zimushinja kuba umusirikare none ngo zirasaba amafaranga ngo zibone kumurekura.
Imiryango 17 y’abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye bo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 21/01/2015, yashyikirijwe amazu amazu 17 yo kubamo yose hamwe afite agaciro k’amafaranga miliyoni 119 yubatswe ku bufatanye bw’Inkeragutabara na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Nyabihu baravuga ko batarinjizwa neza muri gahunda z’iterambere.
Abaturage batandukanye bo mu mirenge igize akarere ka Gasabo baratangaza ko igishushanyo mbonera cy’umujyi wa Kigali kizabaha amahirwe atandukanye bitandukanye n’uko babitekerezaga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo buratangaza ko igenzura ryakozwe urugo ku rundi ryabafashije kumenya ibibazo abaturage bo muri aka karere bafite bikeneye ubufasha n’ubuvugizi mu rwego gufatanyiriza hamwe kubishakira ibisubizo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burasaba abakozi kudatanga umusaruro muke bitwaza kuba barahinduriwe imirimo, kuko bose bazi imihigo akarere kahigiye imbere y’umukuru w’igihugu.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye gutangiza ibitaro mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centre Afrique bizajya byita ku nkomere z’abasirikare n’abasivili, igikorwa kibaye bwa mbere mu mateka y’u Rwanda.
Abarwanyi b’umutwe wa FDLR batatu bitandukanyije nayo bagataha mu Rwanda baratangaza ko zimwe mu mpamvu zitumye bava muri uwo mutwe ari uko nta kintu kigaragara barwanira kandi banabangamiwe n’ubuzima bubi bamazemo iminsi.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’ababikira ryigisha ibirebana n’amahoteri riri mu Karere ka Rubavu muri Paruwasi Muhato buvuga ko uyu mwaka butazakira abanyeshuri mu mwaka wa kane kubera kutamenya gahunda y’ivugurwa ry’ikibuga cy’indege, kandi aho riri harabaruwe mu hazagurirwa ikibuga cy’indege.
Amatorero n’amadini akorera mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yiyemeje gukorera hamwe ndetse agakora ibiterane byigirwamo ijambo ry’Imana n’ibiganiro bitandukanye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Nyuma y’uko uwari perezida w’inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke, Musabyimana Innocent yeguriye kuri iyo mirimo, abajyanama bakabyemeza byari bitegerejwe ko Guverineri na we abyemeza.