Ubushakashatsi bwakozwe mu gihugu cya Finland, ngo bwagaragaje ko abantu basinzira mu gihe cy’amasaha arenga icyenda mu ijoro rimwe baba bafite ibyago byo kurwara kuruta abagira ibibazo byo kubura ibitotsi.
Umuryango wa Handicap International tariki 11/09/2014 watangije umushinga witwa “Dufatanye Project” mu karere ka Kayonza, uwo mushinga ukaba uzongerera ubushobozi abantu bafite ubumuga kugira ngo barusheho kugira uruhare no kwibona mu bikorwa bibakorerwa.
Ku nshuro ya kane, mu Rwanda hatangiye ibizamini ngiro, ku banyeshuri basoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye, aho umuhango wo gutangiza ibi bizamini wabereye mu ishuri ryitiriwe mutagatifu Kizito riherereye mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara tariki 11/09/2014.
Umufungwa ufungiye muri gereza y’i Lantin ho mu Bubiligi yagombaga kujya kuburanira mu rukiko rw’i Liège, ariko ngo yanze gusohoka muri gereza bitewe n’uko wari umunsi wo kurya amafiriti. Ibi byatangajwe n’igitangazamakuru La Meuse.
Ubwo abagize urwego rwo kunganira ubuyobozi mu kubungabunga umutekano w’abaturage (DASSO) mu karere ka Huye, barahiriraga kuzakora neza umurimo biyemeje tariki 11/9/2014, hari 11 batarahiye kubera batujuje ibisabwa abakozi ba Leta.
Abaturage 134 bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barishyuza amafaranga miliyoni imwe n’imihumbi 500 bakoreye ubwo bubakaga ibyumba by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) n’ubw’imyaka icyanda (9YBE) mu mwaka wa 2012.
Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi yamurikiye akarere ka Rusizi ibyavuye mu nyigo igaragaza uko amasoko yo muri aka karere yagombye kuba yubatse, ibibura ndetse n’akeneye kuvugururwa.
Abanyarwanda bavuye hirya no hino ku isi bazahurira i Atlanta muri Leta zunze ubumwe za Amerika, muri Rwanda Day izaba tariki 20/09/2014 bazamurika ibikorerwa mu Rwanda, bakore umuganura ndetse banaganire n’abandi bashoramari ku byo kuza gukorera mu Rwanda.
Ambasaderi Remy Sinkazi ushoje manda ye yo guhagararira u Burundi mu Rwanda, aratangaza ko mu myaka 4,8 yari amaze mu Rwanda yishimira ko yashoboye kuzamura imibanire hagati y’ibihugu byombi ndetse akanagira uruhare mu ikemurwa rya bimwe mu bibazo byagaragaye.
Nyuma y’imyaka 13 habaye ibitero bya Al_Qaeda muri Amerika kuwa 11/9/2001, Abanyarwanda bo hirya no hino batubwiye uko bibuka uwo munsi utazibagirana mu mateka y’isi kuko wahinduye byinshi mu miterere y’ubuyobozi, politiki n’ubukungu hirya no hino ku isi.
Kuva aho gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 itangiriye, ababyeyi bagasabwa kugira uruhare mu myigire y’abana babo, abana basaga 116 mu murenge wa Muganza bamaze kuva mu ishuri kubera gudatanga amafaranga yo kurya.
Imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes Benz Actros yakoze impanuka ahagana mu ma saa saba z’amanywa zo kuwa 11/09/2014, mu murenge wa Giheke mu kagari ka Kigenge mu mudugudu wa Gahurubuka shoferi arakomereka ariko tandiboyi aba ari we ukomereka bikabije.
Atangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2015, kuri uyu wa kane tariki 11/9/ 2014, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Ambasaderi Claver Gatete yasabye abaturage gukora ubuhinzi bwabo kinyamwuga, bakumva ko bugomba kubatunga kandi bukabateza imbere.
Abacururiza mu isoko rya Nyabugogo mu mujyi wa Kigali bagiye kubaka isoko rishya kandi rigezweho rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyari 32 rizubakwa ahari hasanzwe irishaje bavuga ko ritajyanye n’icyerecyezo.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo mu karere ka Nyabihu, bishimira ko kuba muri uyu muryango bibafasha kwikura mu bwigunge, bakaganira ku bibazo bahura nabyo, bakungurana ibitekerezo kandi bagashakira hamwe uburyo bataheranwa n’agahinda ahubwo bagaharanira kwiteza imbere.
Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yashyikirije moto yo mu bwoko bwa TVS uwitwa Havugimana Manassé w’imyaka 34 y’amavuko yari yaribiwe mu murenge wa Shyara mu karere ka Bugesera maze ijyanwa kugurishwa mu gihugu cy’u Burundi.
Abantu 10 bavuka muri Nyabihu barimo n’umusaza Ntebanye w’imyaka 82 bahungutse bava muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo batangajwe n’iterambere u Rwanda rugezeho, cyakora umusaza Ntebanye we avuga ko bitewe n’imyubakire n’iterambere yasanze mu Rwanda, byatumye ayoberwa n’aho yari azi, yarerewe.
Nyuma yuko bigaragaye ko abatuye umurenge wa Kibungo batararaga amarondo maze abaturage bagasaba ko abagize Community Policing Committees (CPCs) zajya zirara irondo maze bakazihembera, uyu murenge umaze ukwezi nta byaha by’umutekano muke biharangwa.
Nyuma y’aho umurambo w’umwana witwa Nayituriki Emmanuel w’imyaka 7 y’amavuko ubonetse mu gishanga, abanyeshuri bo ku kigo cy’ishuri ribanza cya Muhari uwo mwana yigagaho hamwe n’abayobozi b’iryo shuri kuri uyu wa 10/09/2014 bakoze urugendo rwo kwamagana iyicwa rubozo ryakorewe mugenzi wabo n’ihohoterwa rikorerwa abana muri (…)
Umushinga wo kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima mu kibaya ya Kongo (PACEBCO) washyikirije Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwihutisha iterambere (RDB) ibikoresho bitandukanye byo gufasha abakozi ba pariki mu kazi kabo ka buri munsi.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Nzeri 214 ku gicamunsi nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije mu ruhame urubanza rwa Pte Niyonsaba Olivier na bagenzi be mu bujurire, rwongera kwemeza igihano yari yahawe n’urukiko cyo gufungwa imyaka 11 hari ku itariki ya 5 Kamena 2014.
Umugabo witwa Ntihabose Venant w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera azira gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi icyenda nyuma yaho umupolisi yari amufatanye inzoga za Amstel bock zikorerwa mu Burundi azijyanye mu mujyi wa Kigali.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Bugesera rwafashijwe muri gahunda yiswe “Akazi Kanoze” barashima ko imibereho yabo yahindutse ugereranyije na mbere kuko bariho nabi batarajya muri iyi gahunda.
Umuryango utegamiye kuri Leta Pro-Femme Twese Hamwe ugendeye ku bushakashatsi uherutse gukora, uratunga agatoki ibigo bya Isange One Stop Center kuba bitarashobora kunoza uburyo no kwakira vuba abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina usanga ryibasira abagore ahanini.
Gashikazi Neliya w’imyaka 65 utuye mu mudugudu wa Kagarama, akagali ka Bugina mu murenge wa Gihango ho mu karere ka Rutsiro akaba umupfakazi wa Jenoside yatwikishije inzu y’inyuma abayitwitse bakaba bataramenyekana na n’ubu.
Abagize umutwe wa DASSO (District Seculity Support Organ) barahiriye kuzuza inshingano bahawe mu karere ka Kirehe banizeza Abanyarwanda gukorera igihugu batizigama kandi bagarura isura yangijwe n’abo basimbuye bazwi ku izina rya Local Defense Forces.
Umunyamakuru Patrick Kanyamibwa wamenyekanye cyane mu gice cy’Iyobokamana (Gospel) akaba yaranagiye akora mu bitangazamakuru binyuranye, yitabye Imana azize impanuka ya moto ku mugoroba wo kuri uyu wa gatatu tariki 10/09/2014.
Mu rwego rwo kugirango hakomeze gukumirwa impanuka zishobora guterwa n’igikamyo cyari kimaze iminsi ibiri cyarahirimiye mu mu kingo uri iruhande rw’umuhanda ukinjira neza muri santere ya Gakenke uturutse mu Karere ka Musanze, ingabo za RDF zifatanyije n’abaturage batanze ubufasha kugirango iyi kamyo ihavanwe.
Mu mwaka wa 2012, imboga zarahendaga cyane mu karere ka Huye. Abazihahaga mu mugi wa Butare bo bazishakaga mu gitondo na bwo zibahenze, byagera nyuma ya saa sita umuntu yagera mu isoko akagira ngo nta n’izahigeze. Ibi ariko byarahindutse.
Ubwo hizihizwaga umunsi wahariwe guca ubujiji uba buri tariki 08 nzeri, Minisiteri y’Uburezi yasabye ko Abanyarwanda nibura kujya bafata iminota icumi ku munsi yo gusoma ibitabo mu rwego rwo guca ubujiji.
Umukobwa witwa Mushimiyimana Sarume w’imyaka 22 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera nyuma yo gufatwa yonsa abana babiri yareraga nk’umukozi kandi afite ubwandu bw’agakoko ka SIDA.
Ikigo cy’imali iciriritse cya DUTERIMBERE IMF Ltd cyadukanye uburyo bushya bwo gufasha abanyamuryango bacyo kubona inguzanyo nta nyungu basabwe ahubwo bakungukirwa amafaranga angana na 6% mu gihe cy’umwaka.
Kuba imihanda itunganye itaragera hose mu mirenge igize akarere ka Ngororero, bituma hari abaturage batwara abarwayi kwa muganga bifashishije ingobyi gakondo mu gihe baba barishyuye ubwisungane mu kwivuza kuburyo imodoka z’ibitaro n’amavuriro zabibafashamo bitabagoye.
Abahinzi basaga 500 bo mu murenge wa Kabare mu karere ka Kayonza mu minsi iri imbere bazaba bahinga batikanga imihindagurikire y’ibihe bifashishijwemo n’urugomero ruri kubakwa muri uwo murenge ruzagomera amazi azifashishwa mu tugari twa Rubumba na Gitara na tumwe mu duce twegereye utwo tugari.
Imiryango 16 yo mu karere ka Ngororero mu kagari ka Cyome mu murenge wa Gatumba imaze imyaka ibiri itegereje kwishyurwa imitungo yabo yiganjemo amazu yasenywe n’intambi zaturitswaga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwakorwaga na sosiyete yitwa GMC (Gatumba Maining Concession) ubu yafunze imiryango.
Ushinzwe uburezi mu karere ka Rutsiro aratangaza ko inda zidateganyijwe mu mashuri zagabanutse mu gihe hari igihe zari zarabaye nk’icyorezo aho wasangaga yakira raporo y’ibigo byinshi bivuga ko bifite abana b’abakobwa batwite.
Jorge Mendes ushinzwe umukinnyi w’umunya Portugal akaba na kizigenza mu ikipe ya Real Madrid, Christiano Ronaldo, avuga ko atishimiye uburyo iyi kipe yagiye itanga abakinnyi bakomeye nka Angel Di Maria ikananga no kugura umukinnyi Falcao ngo aze gukina muri Real Madrid.
Mu gihe bamwe mu bagabo bo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko batinya gusohokana n’abagore babo kubera ko abandi babatwara, abagore bo bashinja gusesagurira imitungo y’imiryango yabo mu nkumi kuko arizo basohokana.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi barasabwa kwirengagiza ibyo umuco usaba ku bijyanye n’uburenganzira bw’umugore ndetse n’izungura bakamenya kandi bagaha agaciro ibyo amategeko abiteganyaho mu rwego rwo kwirinda amakimbirane ya hato na hato.
Umusirikare mu ngabo za Kongo (FARDC) ufite ipeti rya Komanda wafatiwe mu Rwanda taliki ya 29/8/2014 yashyikirijwe ingabo z’umuryango wa ICGLR ngo zimushyikirize igihugu cye.
Nkundabanyanga Joseph utuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yasenyewe n’ubuyobozi bw’umurenge ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Nzeri 2014, bamushinja kubaka mu mbago z’isoko rishya riri kubakwa no kubaka adakurikije amategeko.
Mu gihe Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yitagura gutangira gucukura gaz methane mu kiyaga cya Kivu, impugucye n’abashakashatsi bo mu bihugu bigize CEPGL (Rwanda, Burundi na Kongo) barimo kungurana ibitekerezo ku mikoreshereze y’ikiyaga cya Kivu no kukibyaza inyungu bidateye ingaruka ku binyabuzima bigituyemo (…)
Umubyeyi witwa Everiyana Nyiransengiyumva utuye mu kagari ka Curazo, Umurenge wa Gatore akarere ka Kirehe yabyaye abana batatu umukobwa n’abahungu babiri mu gitondo cya tariki 09 Nzeri 2014 mu bitaro bya Kirehe.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko afungiye kuri polisi y’umurenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera akekwaho gukoresha imibonano mpuzabitsina umwana w’umuhungu w’imyaka ine yari ashinzwe kurera.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Madamu Oda Gasinzigwa, ushinzwe akarere ka Nyanza by’umwihariko muri Guverinema yifatanyije n’abaturage b’ako karere mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga cya 2015 A abashishikariza kongera amasaha y’akazi nk’uburyo bwo kubafasha kugera ku musaruro ufatika mu byo (…)
Nyuma y’imyaka ine bimuwe muri Gishwati aho bari batuye mu manegeka, abagize amakoperative y’urubyiruko mu mudugudu wa Bikingi mu murenge wa Bigogwe, ndetse no mu mudugudu wa Nyirabashenyi mu murenge wa Mukamira bafite icyizere ko imishinga REMA yabakoreye izabageza ku buzima bwiza.
Nkundanyirazo Landouard w’imyaka 55, wari utuye mu mudugudu wa Rubona, akagari ka Muganza ho mu murenge wa Runda, bamusanze yapfiriye mu nzu yabanagamo n’umuryango we. Mu bakekwaho kumwica harimo umugore we bahoraga bashyamirana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burizeza ko ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika nta kabuza rizagirwa ikaragiro nubwo iryo kusanyirizo rigifite ikibazo cyo kuba ryakira amata make bitewe n’uko ryari ryarahombye maze bamwe mu borozi b’inka ntibishyurwe bagahitamo guhagarika kuhagemura amata.
Urwego rwunganira gucunga umutekano mu karere District Security Support Organ (DASSO) mu karere ka Rutsiro rwarahiriye ku mugaragaro kuzuzuza inshingano bahawe bakaba basabwe kwirinda ababashuka babakoresha mu nyungu zitari iz’igihugu.
Abantu bane bari mu maboko ya police station ya Kibungo, nyuma y’urupfu rw’umusore w’umurundi wakoraga akazi ko mu rugo witwa Mbonyimana Fideli w’imyaka 26.