Mu mirwano ishyamiranyije ingabo za Congo n’umutwe wa M23 ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru taliki 27/10/2013 yatumye ibisasu 12 byongera kugwa ku butaka bw’u Rwanda abantu umunani barakomereka.
Mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka Ruhango ahazwi nko kuri Café, tagisi itwara abagenzi izwi nka “Twegeranye” yakoze impanuka ku mugoroba wa tariki 26/10/2013 igonga imodoka ebyiri n’inzu abantu 5 barakomereka , bamwe ku buryo bukomeye.
Abaturage bo mu bice binyuranye by’akarere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’imyaka bahinze ikaba yaranze kumera kubera kubura imvura. By’umwihariko ibigori abaturage bateye ngo byaheze mu butaka nk’uko bivugwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarondo, Ngabonziza Bideri Vincent.
Abacamanza bo mu gihugu cya Malaysia baciye urubanza rutegeka ikinyamakuru cy’Abakirisitu Gatulika kutazongera guhirahira ngo cyandike ijambo Allah mu nyandiko zacyo, ngo kuko iryo jambo ari umwihariko Abayisilamu bakoresha iyo bavuga Imana yabo.
Umugore witwa Gaudence Nyirahakizimana utuye mu mudugudu wa Muyange mu kagari ka Mataba mu murenge wa Gihango avuga ko amaze iminsi 23 yarahunganye n’abana be bane kubera ko umugabo yabatezagaho umutekano mucye, umugore akagira impungenge z’uko umugabo ashobora no kumwica.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, Aloys Nahimana, akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 176 yakusanyijwe guhera mu kwezi kwa kane 2013 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda atanzwe n’abaturage kugira ngo afashe abacitse ku icumu batishoboye.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abakozi b’akarere ka Nyamasheke kurangwa n’ubufatanye ndetse n’imikoranire myiza kugira ngo babashe kugera ku ntego zo kwesa imihigo no gutera imbere.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika taliki ya 26/10/2013, rivuga ko buhangayikishijwe n’imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Congo ndetse ko bwamaganye ibikorwa byo kurasa mu kindi gihugu.
Mu ijoro rishyira kuwa 25 Ukwakira uyu mwaka, abantu bataramenyekana bateye mu nyubako za paruwasi Muhororo maze batwara amafaranga ibihumbi 65 yari mu bunyamabanga bw’iyo paruwasi.
Abazamuye inkuta z’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) ndetse n’icumbi rya mwarimu byo muri Groupe Scolaire Cyarwa, mu mpera z’umwaka wa 2012, binubira ko bamaze umwaka wose bategereje ko bishyurwa amafaranga yose bakoreye, nyamara ubuyobozi bw’umurenge wa Tumba aya mashuri aherereyemo bukaba (...)
Ikipe ya FC Barcelone yatsinze Real Madrid ibitego 2-1 mu mukino wa mbere (El Classico), wahuje aya makipe muri uyu mwaka w’imikino wabereye i Nou Camp ku ibuga cya Barcelone ku wa gatandatu tariki 26/10/2013.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr Alvera Mukabaramba, aratangaza ko Leta y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana bato kandi ko n’ahaba hagisigaye ibisigisigi by’iyi mirire idahwitse bigomba kuranduka burundu.
Abasore bane n’abagore umunani bo mu murenge wa Mubuga mu karere ka Karongi bari mu maboko ya police, kubera ibyaha bakurikiranyweho birimo urugomo no guhungabanya umutekano.
Ambasaderi Eugene Richard Gasana uhagarariye u Rwanda muri LONI yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko u Rwanda rwamaze kumenyesha Umuryango w’Abibumbye LONI ko igihugu cya Kongo Kinshana nikidakumira abatera ibisasu mu Rwanda mu minsi ya vuba aha u Rwanda ruzohereza ingabo muri Kongo kwicyemurira icyo kibazo.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite purake RAC 565 B yabuze feri iri kumanuka aho bita kuri Buranga mu murenge wa Nemba akarere ka Gakenke wenda kugera mu mujyi wa Gakenke, umushoferi ashaka kuyegeka ku mukingo biranga, imodoka yicurika mu muhanda ku bw’amahirwe ntihagira uhasiga ubuzima.
Ibitego bibiri bya Kipson Atuheire nibyo byafashije Police FC gutsinda Rayon Sport ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatanu wa shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro ku wa gatandatu tariki 26/10/2013, naho AS Kigaki ifata umwanya wa mbere nyuma yo gutsinda AS Muganga igitego 1-0.
Abantu bakabakaba 3000 basigiwe uburwayi bukomeye na Jenoside mu turere twa Kayonza na Rwamagana bakaba baravuwe n’abaganga bo mu bitaro bya gisirikari bya Kanombe bemeza ko biboneye ko ibyo ingabo z’u Rwanda zigiyemo byose zibikora neza ku buryo bunoze kandi vuba.
Kamugwera Agnes w’imyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe n’abantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Abagore n’abakobwa bakunda ikipe ya Gor Mahia, imwe mu makipe akomeye muri Kenya bafite imyemerere idasanzwe yo gutera ingabo mu bitugu ikipe yabo ku bibuga bitandukanye nta makariso bambaye ngo bitume itsinda.
Abana babiri n’umukecuru umwe bo mu murenge wa Bugeshi na Busasamana mu karere ka Rubavu bakomerekejwe n’amasasu yaturutse muri Congo mu ntambara ihuje ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23.
Intambara ihuje ingabo za leta ya Congo FARDC na M23 mu kibaya gihuje u Rwanda na Congo mu masaha ya 6h45 kuri uyu wa gatandatu yakomerekeje Gisubizo umusore w’imyaka 16 mu kagari ka Rusura umudugudu wa kageyo.
Abatuye mu mujyi Rwamagana bazindutse bavuga inkuru y’umugabo ngo waguze serivisi z’indaya yicuruzaga mu mujyi wa Rwamagana, bagatahana ariko bagera mu rugo uwari waguze agasanga uwo yatahanye ari umugabo mugenzi we.
Agnes Kamugwera wimyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe nabantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mugitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/10/2013, umugabo witwa Elie Renzaho w’imyaka 54 yagwiriwe n’ikirombe kiramuhitana, naho bagenzi be batanu bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Leta y’u Buhindi na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 20 z’amadolari, azafasha u Rwanda mu kongera agaciro k’ibihingwa byoherezwa mu mahanga.
Abanyeshuri 51 biga muri ES.Kigarama bari bahawe igihano cyo kujya mu rugo iminsi irindwi bakagarukana ababyeyi babo kubera ko batorotse ikigo, batahuwe ko bikodesherezaga amazu iruhande rw’ikigo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda –FERWAFA kuva kuri uyu wa gatandatu tariki 26/10/2013 riratangira gahunda yo guhemba umukinnyi uzajya atsinda ibitego byinshi kurusha abandi buri kwezi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), buremeza ko inkunga bwatewe n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere (BTC) byatumye serivisi batangaga zirushaho kunoga n’amafaranga bakoreshaga mu kugura ibikoresho by’ibanze ashyirwa mu zindi gahunda z’ubuvuzi.
Umugoroba w’ababyeyi watangijwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 25/10/2013 watangijwe mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu witegezweho kuzakemura byinshi mu miryango y’Abanyarwanda.
Mu mirenge ine yo mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka 43 muri gahunda ya Girinka. Mu murenge wa Bigogwe hatanzwe inka 10, mu wa Kabatwa inka 11, uwa Shyira na Rugera naho hakaba hatanzwe 11 buri hose, Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2013.
Intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yanagize ingaruka ku bice by’u Rwanda byegegeranye, imaze kugwamo Abanyarwanda babiri naho undi arakomereka biturutse ku bisasu byinshi bimaze kuraswa mu Rwanda biturutse mu mpa ingabo za Congo ziherereyemo.
Ishuri ry’Amahoro Rwanda Peace Academy (RPA) riherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 ryashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’urwego rw’ingabo z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye arirwo Eastern Africa Standby Force (EASF).
Abaturage bo kukirwa cya Gihaya mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ibyishimo byari byose kuri uyu wa 25/10/2013 ubwo bazaga gusanganira abashyitsi bo ku rwego rwa karere ka Rusizi bari baje kubashikiriza Poste de sante bagereranya na Hopital kuko ngo mu mateka yabo ari bwo bwa mbere babonye serivisi nk’iyi ibegera.
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Kuri uyu wa 25/10/2013, mu Rwanda hinjiye Abanyarwanda 98 bavuye mu buhungiro mu bice bitandukanye bya Congo. Bamwe bavuga ko batashye kubera kurambirwa ubuzima bubi abandi bavuga ko bari bamaze kumenya amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda.
Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Kaminuza ya Pune yo mu Buhindi yatangije ishami ryayo i Kigali ryitwa Singhad Technical Education Society (STES), ryigisha ubumenyi buhanitse mu icungamari n’imirimo itandukanye yo mu nganda, harimo ubwubatsi, gutanga ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho, ubuhanga mu bukanishi, mu buhinzi n’ibinyabuzima.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga batandukanye baratangaza ko umuco wo gupfubura umaze kumenyekana, wagakwiye kubahwa nubwo byagaragaye ko ushobora gusenya mu gihe bidakozwe neza.
Umusaza w’imyaka 70 witwa Mulangira Iddi ukomoka mu Karere ka Bundibugyo muri Uganda yafashe umwanzuro wo gusubira ku ntebe y’ishuri ribanza mu mwaka wa gatatu kugira ngo atazapfa atazi gusoma no kwandika.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ku bufatanye n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer, kuri uyu wa kane tariki 24/10/2013 ryashyizeho abakinnyi batatu bazayobora (captains) bagenzi babo mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki ya 17-24/11/2013.
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo ndetse n’abandi bantu batandukanye barasaba ko izina rihabwa abana babyarwa n’abakobwa batashatse ryahindurwa kuko babona harimo ipfobya.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kageyo akagari ka Rusura umurenge wa Busasamana akarere ka Rubavu baratangaza ko ingabo za Congo zitangiye kurasa mu Rwanda.
Ikipe ya Espoir Basketball Club, iratangira guharanira kongera kwegukana igikombe cya Play off yatwaye umwaka ushize, ikina na APR BBC mu mukino wa ½ cy’irangiza ubera kuri Stade ntoya i Remera kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya The Ben yashyize hanze indirimbo nshya yise “Urabaruta” ikaba ari indirimbo y’urukundo asa n’aho abwira umukobwa ko ari nta wundi umuruta kandi ko ari nta wundi wamusimbura.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Abahanzi batandukanye baririmba indirimbo zihimbaza Imana twaganiriye ku kibazo cya Theo “Bosebabireba” na ADEPR bemeza ko kuririmbana n’umuyisilamu bitari bikwiriye kuba ikibazo mu gihe abandi bemeza ko biterwa n’amahame y’idini umuntu asengeramo.
Umunyamegisikani (Mexicaine) w’imyaka 40 aherutse gufungwa igihe gito azira kuba inshuti ye y’umukobwa yamuregeye polisi ko yafungishije ikoboyi ye ingufuri ngo atamuca inyuma.