Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye urubyiruko rwaje mu nama ya ‘Transform Africa’ ruturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ko ubukire n’imibereho myiza bashaka, batagomba kubisaba Leta cyangwa undi wese, ahubwo ko bagomba kwibyazamo impano bafite bakaziteza imbere, kugirango babeho uko babishaka.
Mu gikorwa kizabera mu Bubiligi tariki 02/11/2013 cyo kwizihiza imyaka 50 Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (UNR) imaze ivutse, hazerekanwa filime yakozwe ku mateka (film documentaire) ya UNR, izagaragaramo bamwe mu bayobozi bize muri iyi Kaminuza.
Akarere ka Rutsiro kasinyanye n’abaterankunga amasezerano yo gutangiza umushinga wo kurwanya imirire mibi no kugwingira bikunze kugaragara ku bana bari munsi y’imyaka itanu. Uwo mushinga uzibanda no ku babyeyi b’abakene batwite ndetse n’abonsa bashobora guhura n’ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara n’umuryango Fair Children/Youth Foundation (FCYF), bugaragaza ko mu karere ka Musanze harabarurwa abana 841 bafite ubumuga bwiganjemo ubwo kutavuga ndetse no kutumva.
Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu ikorerwamo n’ibirebana no guteza imbere ikoranabuhanga izwi ku izina rya BDC (Business Development Center) ishami ryayo rya Ngororero yibwe eclats 13 za mudasobwa zisanzwe zikoreshwa n’abagana iyo serivisi.
Nyuma y’amezi 4 umushinga Imbuto Foundation utangije gahunda ya “mubyeyi terintambwe Initiative” igamije guca ikibazo cy’abana bata amashuri, ubu uwo mushinga urimo kuganira n’ababyeyi ku mpamvu zitera abana guta ishuri no kuzikumira.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuva saa munani z’amanywa za tariki 29/10/2013 mu Karere ka Gakenke yangije amazu 33 mu mirenge itandukanye, inasenya amashuri y’inshuke ndetse n’ubwiherero.
Ba rushimusi 22 bo mu Kivu bakoraga uburobyi butemewe bagakoresha n’imitego yangiza isambaza batawe muri yombi mu turere twa Karongi, Rutsiro na Nyamasheke.
Umuyobozi wa sitasiyo ya EWSA mu karere ka Ngoma, Mugeni Genevieve, araburira abajura biba insinga z’amashanyarazi kuko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bazahanwa by’intangarugero.
Guhera tariki 28 Ukwakira 2013 mu mujyi wa Karongi harabera imurikagurisha ryaguwe n’umucuruzi Nzeyimana JMVusanzwe ukorera mu karere ka Huye. Iryo murikagurisha rizamara iminsi 10 ritangira saa mbiri za mu gitondo rikageza saa yine z’ijoro.
Mukeshimana Thacienne wo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Tare aratangaza ko yahisemo kuba “mucoma” (umuntu wotsa inyama mu kabari) mu kabari ke kugira ngo abashe gutanga serivisi nziza ku bakiriya be.
Kuva taliki ya 14/10/2013 abarwanyi 25 n’abandi batatu bo mu miryango yabo batatu bafungiye mu kigo cya MONUSCO cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yitwaza intwaro kiri mu mujyi wa Goma hafi y’ikiyaga cya Kivu.
Emmanuel Niragire utuye mu mudugudu wa Kindoyi, akagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro arashinja umuturanyi akaba n’umuvandimwe we witwa Kiruhura Gervais kuzana inzoka nzima mu rugo rwe.
Mu mikino ya Capital One cup mu Bwongereza, ikipe ya Arsenal yasezerewe n’ikipe ya Chelsea iyitsinze ibitego 2-0. Chelsea yabifashijwemo na Cesar Azpilicueta na Juan Mata.
Abanyarwanda 159 bamaze kugera mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cy’Uburundi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda bakibamo ku buryo butemewe n’amategeko.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibizamini bya Leta by’uyu mwaka wa 2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Mathias Harebamungu, yavuze ko impinduka ziri muri ibi bizamini zizateza imbere uburezi.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Tigo bakorera mu karere ka Ruhango, bamaze kwibwa amafaranga asaga ibihumbi 500 mu buryo batari bamenya.
Nyuma y’ibisasu 20 n’amasasu mato menshi yarashwe mu Rwanda n’ingabo za Congo bigahitana ubuzima bw’Abanyarwnda babili naho abandi 9 bagakomereka hamwe n’abanyecongo 7, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bazafata mu mugongo abagize ibyago.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’imyuga kuri uyu wa gatatu tariki 30/10/2013 yatangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ASPEJ Muhazi mu karere ka Rwamagana ahari gukorera abanyeshuri 396 basoje amasomo mu myuga-ngiro (TVET).
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga mwinshi, ku mugoroba wa tariki 29/10/2013, yashenye amazu atatu yangiza n’ibindi bikorwa remezo nk’imihanda ndetse n’intoki zirangirika mu Murenge wa Musheri akarere ka Nyagatare.
Nyirimanzi Jean Pierre umaze imyaka itandatu ashinzwe ubuhinzi mu karere ka Nyabihu avuga ko yakoze byinshi bijyanye no guteza imbere ubuhinzi muri ako karere ariko ngo hari ibikorwa bitatu bimushimisha kurisha ibindi.
Umuganga w’amenyo wo muri Leta ya Iowa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yirukanye umwungirije amuhora ko ngo ari “mwiza cyane”, ibintu avuga ko yabonaga bishobora kuzamugusha ndetse bikanamusenyera mu bihe biri imbere.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uwabadepite kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ku nsanganyamatsiko ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo iyo gahunda na bo bayigire iyabo.
Igihugu cy’Ubuhinde gihanganye n’ikibazo cyo kubura ibitunguru ku buryo bukomeye bushobora gutuma Leta iriho muri icyo gihugu ihirima ikavaho nk’uko byagenze mu myaka ya 1980 na 1998 ubwo kubura ibitunguru byatumaga abaturage bivumbura kuri Leta ndetse bikagira uruhare mu gukura ku butegetsi Leta zariho icyo gihe.
Leta y’igihugu cy’Ubuyapani ngo ihangayikishijwe bikomeye n’uko abaturage bayo benshi biganjemo urubyiruko batagifite irari na rike ryo gukora imibonano mpuzabitsina, bigatuma ndetse baguma batyo ntibazigere banatekereza gushinga urugo ngo babyare igihugu kigire amaboko.
Mu nkengero z’umugezi wa Mwogo unyura mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugore witwa Uzamushaka Alphonsine w’imyaka 31 y’amavuko afite igikomere mu mutwe bigaragara ko yakubiswe maze akajugunwa muri uwo mugezi.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yishimiye inkunga y’ikigo cy’itumanaho cya Airtel, cyiyemeje kujya gitanga ubufasha bwa buri mwaka bwo gusana no kongera iby’ibanze bikenerwa ku mashuri, gihereye ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa mu karere ka Bugesera.
Rutayisire Etienne w’imyaka 65 wo mu murenge wa Mugesera ho mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Sake akurikiranweho gushaka kuvura Ndayiramije Anastase amarozi nta byangombwa byo kuvura gakondo afite nyuma akamupfiraho iwe mu rugo.
Mu gihe imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma imaze amezi agera kuri atanu yarahagaze kubera rwiyemezamirimo wataye imirimo nyuma yo guhabwa miliyoni 48 n’akarere ka Ngoma, amazu ataruzura y’iri soko yabaye indiri yaho bakinira urusimbi.
Umuryango wa Charles Taylor wamenyeshe mu kiganiro n’abanyamakuru ko utishimiye na busa uko bwana Taylor afashwe muri gereza itazwi yo mu Bwongereza, ndetse bemeza ko ngo abayeho nabi cyane ashobora no gupfa mu minsi ya vuba.
Mu rwego rwo gufasha za SACCO z’imirenge itandukanye yo mu turere twa Ngororero, Karongi, Kamonyi, Ruhango na Muhanga ikorana na banki ya KCB, iyo banki ikomeje gufasha abayozozi b’izo SACCO kwita ku kunoza imikorere, cyane cyane mugucunga neza umutungo w’abakiriya.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), kuri uyu wa kabiri tariki 29/10/2013, ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 23 ndetse n’abatoza 10 barushije abandi kwitwara neza mu mwaka w’imikino ya 2012/2013 bazatoranywamo umukinnyi uzahabwa umupira wa zahabu (Ballon d’or) n’umutoza uzahabwa igihembo cy’uwahize abandi.
Kuva taliki 28/10/2013 Abanyarwanda 4 bo mu murenge wa Bugeshi ahitwa Gasizi baturiye igihugu cya Congo bambuwe ibyabo abandi bakubitwa n’ingabo za Congo ubwo abo baturage bari bagiye hakurya muri Congo.
Abdou Mbarushimana wari umaze amezi atanu atoza Amagaju FC, yasezerewe ku mirimo ye nyuma yo gutsindwa imikino itanu ya shampiyona yikurikiranya, iyo kipe ikaba itarabona inota na rimwe kugeza ubu.
Umwaka urashize Ikusanyirizo ry’Amata riri mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ryuzuye ariko ntiriratangira gukora bitewe n’ibikoresho by’ibanze byari bitaraboneka ngo ritangire.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’gihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), tariki 29/10/2013, bwashyikirije minisiteri y’impunzi n’imicungire y’ibiza (MIDIMAR) ibiribwa byafashwe byinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu kandi biri gucuruzwa nyamara bigenerwa impunzi ku buntu.
Uruganda rwa BRALIRWA rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasindisha ngo rushobora kuba icyitegererezo ku nganda nto zo mu karere ka Nyamasheke zenga ibinyobwa, mu gihe zaba zirwiganye.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwinkwavu bavuga ko bafite ikibazo cy’abantu bari kwiba insinga z’amashanyarazi zimanitse ku mapoto mu masaha y’umugoroba kuko umuriro w’amashanyarazi ukunze kuba wabuze.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Katabarwa Araika w’imyaka 51 na Mutarambirwa Sylvestre w’imyaka 50 bafatiwe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bapakiye ibiti byo mu ishyamba rya Leta byitwa “imisheshe” bivugwa ko bivamo imibavu (Parfum).
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye mu masaha ya sa moya z’ijoro ryo kuwa 28 Ukwakira 2013 yasakambuye amazu y’abaturage 25, mu Murenge wa Nyagihanga, Akarere ka Gatsibo.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bitabirirye inama yiswe Transform Africa isuzuma inyungu z’ikoranabuhanga (ICT), hifashishijwe umurongo mugari wa Internet yihuta cyane (4G LTE), bifuza ko ICT yatangwa ku baturage nk’uko amashanyarazi n’amazi biri mu bikorwaremezo by’ibanze bikenerwa n’abaturage mu byo bakora buri munsi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza “Commonwealth”, Kamalesh Sharma yatangaje ko amatora y’abadepite yabaye tariki 16-18/09/2013 mu Rwanda yabaye mu mutuzo kandi yubahiriza ibipimo bya demokarasi.
Icyegeranyo ku kohereza ishoramari cyashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi gishimangira ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa gatatu muri Afurika rukaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mauritius.
Nsaziyinka Augustin w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimirama, Akagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yiyahuye tariki 28/10/2013 anyoye umuti ukoreshwa mu buhinzi bita Simikombe ngo kuko umugore bashakanye amuca inyuma.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uw’abadepite kuri uyu wa 29 Ukwakira 2013 bagiye mu mwiherero w’iminsi itatu mu kigo cya gisirikare i Gabiro, mu karere ka Gatsibo, mu rwego rwo kugira ngo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na bo bayigire iyabo.
Mu gihe imvura ikomeje kubura mu karere ka Ngoma, bamwe mu baturage batangiye guterwa ubwoba ndetse bamwe ngo batangiye gukubitwa babaziza ko ari abavubyi batuma imvura itagwa.
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.