Abacungagereza bo mu magereza atandukanye yo mu Rwanda basoje amasomo bahabwaga yo ku rwego mpuzamahanga arebana n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa nta ntwaro ikoreshejwe.
Abagabo babili bo mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bafungiye kuri station ya police i Mutendeli bakekwaho kunyereza imifuka ya sima 22 yubakishwaga amashuri kuri GS Mutendeli muri Gahunda ya 12 YBE.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba kuri uyu wa 20/11/2013, hafashwe urumogi ibiro 10na kanyanga litiro 5n’abakekwaho kuba abajura bagera kuri 31.
Mu murenge wa Rwimbogo, akagali ka Kiburara mu dugudu wa Rubirizi ho mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 20 Ugushyingo umugabo witwa Nsengiyumva yafatanywe inoti za bitanu esheshatu n’iza bibili eshatu (ibihumbi 36) z’impimbano.
Abajura batatu bakomoka mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu bafatiwe mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Rusebeya tariki 21/11/2013 bafatanwa amafaranga 1,281,500 bari bamaze kwiba muri SACCO Icyerekezo Rusebeya.
Umunyegare witwa Nshimyumuremyi Aboubakar w’imyaka 17 yagonzwe na moto ifite ikirango RA 060N akomereka mu mutwe anavunika akaboko k’imoso ndetse anakuka n’amenyo atandatu.
Umugore witwa Ingabire Florence yatewe ibyuma apfira mu nzira ataragezwa mu bitaro bya Nyanza nyuma y’uko yari atabaye umubyeyi wakubitwaga n’umuhungu we Rutagengwa bakunze kwita Rutambi wahise atoroka ako kanya akimara gukora ubwo bugizi bwa nabi.
Mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, tariki 20/11/2013, hafashwe abantu babili bafite udupfunyika 454 tw’urumogi bakekwaho kurucuruza, abandi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurunywa ndetse hanamenwa litiro 6000 z’ibiyoga by’ibikorano .
Umukobwa w’imyaka 13 y’amavuko uvuga ko avuka mu mudugudu wa Kamabare, Akagali ka Ruhuha mu murenge wa Rugenge mu karere ka Bugesera yafashe urugendo rw’amaguru arinda agera mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza ahunga induru n’intonganya by’iwabo bishingiye ku nda y’umwana atwite.
Kuri station ya polisi ikorera mu murenge wa Kabaya mu karere ka Ngororero hafungiwe abagore 2 bafatanywe udupfunyika 2476 tw’urumogi bava mu karere ka Rubavu bagana muri Ngororero.
Mu mukwabo wakozwe mu mirenge ya Mareba, Kamabuye na Rweru yo mu karere ka Bugesera tariki 20/11/2013 hafashwe litiro 107 z’inzoga ya Kanyanga amabuye y’agaciro ibiro 5 ndetse n’Abarundi 4 babaga mu Rwanda badafite ibyangombwa.
Abantu babiri bo mu mudugudu wa Gaseke mu kagari ka Bushaka mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba tariki 19/11/2013 ahagana mu ma saa saba n’igice z’amanywa ubwo imvura yari irimo kugwa, umwe ahita yitaba Imana, undi arahungabana.
Umwana w’umuhugu uri mu kigero cy’imyaka 14 witwa Niyirema Etienne yitabye Imana tariki 19/11/2013 akubiswe n’inkuba ubwo yari yugamye munsi y’igiti mu murenge wa Mahembe mu karere ka Nyamasheke.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Kangwagye Justus, aratangaza ko muri aka karere hagaragaye abaturage basigaye biyengera kanyanga mu gihe byari bimenyerewe ko kanyanga ziboneka muri aka karere zaturukaga mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Ngabonziza Théogene wo mu kagari ka Kiyanzi, umurenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yatewe icyuma n’uwitwa Hakizimana Eric bazize amakimbirane mu ijoro ryo kuri uyu wa 18/11/2013 ariko Imana ikinga ukuboko ntiyahasiga ubuzima.
Nyuma y’iminsi itanu umuryango wa Bazimaziki Saveri utarabasha kubona umurambo we, kuri uyu wa kabili tariki 19/11/2013, bemerewe kuwubona no kuwuhabwa nta kiguzi gitanzwe nkuko byari byasabwe n’ubuyobozi bw’ibitaro bya Goma.
Uwimana Bonifride w’imyaka 23 yashyikirijwe inzego za police sitation ya Kibungo nyuma yo gufatanwa litro eshatu za kanyanga, abandi bafatanwe ibigage bacibwa amande bihanangirizwa kutazongera gucuruza ibitemewe.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyanza yakoze umukwabo mu gice cy’umujyi w’aka karere urangira utaye muri yombi indaya n’inzererezi zahabonekaga zizwiho guhungabanya umutekano w’abantu n’ibyabo mu gihe cy’amasaha y’ijoro.
Nturanyenabo Zacharie w’imyaka 59 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Ruhinga, akagari ka Gitwa, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano tariki 14/11/2013 amaze gutema inka ye nyuma yo gushaka gutema umugore we, ariko ntibimushobokere.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 23, ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Musanze, akekwaho gukoresha amafaranga y’amahimbano, kuko yafatanywe inoti 11 z’amafaranga ibihumbi bitanu y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko hari bamwe mu bakozi bo muri ako karere bagaragaweho gucunga nabi umutungo wa Leta kuburyo ngo hagiye gukorwa igenzura ryihariye basanga abo bakozi ibyo baregwa bibahama bagashyikirizwa inkiko, bagahanwa hakurikijwe amategeko.
Abantu umunani bo mu mudugudu wa Kaganzo akagari ka Remera mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba tariki 16/11/2013, icyakora nta n’umwe muri bo witabye Imana, usibye umuntu umwe yatwitse ku kuboko.
Irondo ryafashe imodoka ya FUSO ifite ikirango RAA 600R itwaye ibiti bya Kabaruka. Iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza mu ijoro rishyira tariki 15/11/2013 itwawe n’umushoferi witwa Kayinamura Jean Claude.
Bazimaziki Saveri w’imyaka 29, yiciwe mu mujyi wa Goma arashwe ajugunywa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu inyuma ya Hotel Ihusi yegeranye n’umupaka w’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Umugabo witwa Gatemberezi Daniel utuye mu mudugudu wa Mubumbwe mu kagari ka Bihembe muri Nyakariro yatemye umugore we n’ishoka yo kwasa inkwi n’abaturage bagerageje gutabara ababwira ko nabo umunsi yagarutse azabatema bose.
Ndayisaba Emmanuel w’imyaka 28 y’amavuko wafatiwe mu murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera agurisha moto yari yibye mu Ntara ya Kirundo, Komine Busoni muri zone Gasenyi yashyikirijwe polisi y’u Burundi.
Abantu cumi n’umwe bakubiswe n’inkuba ubwo bari mu nama ku kirwa cya Bugarura giherereye mu kagari ka Bushaka mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro tariki 14/11/2013 ku bw’amahirwe ntihagira uwitaba Imana, usibye umunani muri bo bahungabanye bikomeye.
Mutarambirwa John w’imyaka 39 y’amavuko, yafatanywe udupfunyika “boules” dutanu tw’urumogi arimo kururuza ku manywa y’ihangu tariki 14/11/2013 mu murenge wa Kabagali mu karere ka Ruhango.
Abagabo barindwi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatwa batuburira abantu batandukanye amafaranga bifashishije Bibiliya bababeshya ko babacungira umutekano wayo.