Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye, arashishikariza abaturage batuye mu murenge wa Nduba kugira ubwisungane mu buvuzi, kugira ngo bakomeze ibikorwa by’iterambere bafite umutekano w’ubuzima bwabo.
Abana b’abakobwa 6000 nibo barebwa na gahunda yo gukingira kanseri y’inkondo y’umura, yibasira abagore, nyamara ngo ikaba ishobora kwirindwa igihe umwana w’umukobwa afashe urukingo rwayo hakiri kare.
Ivuriro ry’ibanze Poste de santé ryubatswe n’Umuryango w’Abanyakoreya “Good Neighbors Rwanda”, mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Nyamiyaga, kuri uyu wa kane tariki 23/05/2013 ryamurikiwe abaturage.
Ambasaderi wungirije wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Lapenn Jessica, aratangaza ko we n’itsinda ayoboye bishimiye uburyo inkunga bagenera Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), bayikoresha bita ku buzima bw’abasirikare n’Abanyarwanda muri rusange.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 2918 bo mu karere ka Bugesera nibo bavuwe n’inzobere z’abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe mu gihe hari hateganyijwe kuvurwa 826.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko bugiye kuganira na rwiyemezamirimo wubaka poste de santé mu mudugudu wa Gatebe ya 2 mu murenge wa Rwimiyaga kugirango irangire vuba.
Umusaza witwa Christophe Batura, atuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye avuga ko azi ubwoko bw’ibyatsi 360 yifashisha mu kuvura indwara zitandukanye.
Kugabanya indwara z’ibyorezo n’izifata abantu ziturutse ku nyamanswa niyo ntego ya One Health Student’s Club ikorera muri kaminuza Umutara Polytechnic no mu ishuli ry’ubuforomo n’ububyaza rya Nyagatare yafunguwe ku mugaragaro.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubona uko bivuza kuko bibuze ku rutonde rw’abagomba kurihirwa mu ubwisungane mu kwivuza.
Abakora umurimo w’ubukangurambaga mu bijyanye n’ubwishingizi mu kwivuza mu Karere ka Huye, kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’umudugudu, biyemeje ko umwaka w’ingengo y’imari utaha uzarangira abaturage bo muri aka Karere bose baritabiriye ubwisungane mu kwivuza.
Ikigo cya Kimisagara gishinzwe gufasha urubyiruko guteza imbere umurimo n’umusaruro, cyashyizeho abakangurambaga b’urungano gihereye ku rubyiruko, kugira ngo ingamba za Leta zo kuboneza urubyaro no kurwanya icyorezo cya SIDA zigerweho ku kigereranyo kiri hejuru.
Akarere ka Nyamagabe kahaye abashinzwe amashami y’ubwisungane mu kwivuza mu mirenge amapikipiki yo kubafasha mu kazi kabo, hagamijwe kurushaho gukora ubukangurambaga no gushishikariza abantu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kuri uyu wa Gatanu tariki 10/05/2013.
Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko farumasi zitubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima zibangamira gahunda y’ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli kuko abaturage badafite mitiweli bajya kugura imiti muri farumasi batabanje kujya kwa muganga.
Umwongereza Sir Andrew Witty ukuriye uruganda GSK (GlaxoSmithKline) rukomeye ku isi mu gukora imiti ivura indwara zitandukanye zirimo na kanseri, kuri uyu wa 08/05/2013 yasuye ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera, mu rwego rwo kureba imikorere yabyo.
Abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda ku bufatanye n’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) barimo kuvura abarokotse bo mu karere ka Bugesera bafite uburwayi butandukanye burimo n’ubudakira.
Igihingwa cya Spiruline gihingwa mu mazi gifite intungamubiri zirimo vitamine A, E, D, B1, B2, B3, B6, B7, B8 na K, kandi kinakoreshwa nk’umuti uvura indwara zinyuranye zirimo iziterwa n’imirire mibi, ibisebe n’umubyibuho ukabije.
Umubyeyi witwa Cyeziya Mukandayisenga yabyariye umwana upfuye mu cyumba kirimo abandi barwayi n’abarwaza, mu ijoro rishyira kuwa Gatanu tariki 03/05/2013, abari aho bakemeza ko bababajwe n’uko bagerageje kubwira umuforomo wari ku izamu ngo yite kuri uwo mubyeyi nyamara ntabyumve ahubwo akababwira nabi, akajya no kwiryamira.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), byatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gutanga insimburangingo ku bantu bafite ubumuga bwo mu matwi. Igikorwa cyabereye mu ishami ryabyo rivura indwara zo mu myanya y’ubuhumekero (ORL), kuri uyu wa 03/05/2013.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bumenyeye ko hari bamwe mu baturage batanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) ariko akaba akiri mu maboko y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobozi b’utugari turimo ibyo bibazo barimo kuyishyuzwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Binyujijwe mu muryango nyarwanda Gender Equitable Local Development (GELD) ukorera muri MINECOFIN, Isami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) ryubatse ikigo nderabuzima cya kijyambere mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi.
Ihuririro ry’urubyiruko (youth Network) ryatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage mu bo mu karere ka Rusizi kwirinda maraliya ku nkunga y’umuryango Nyarwanda wita ku buzima Society for Family Health Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwihaye intego yo kuba bwageze kuri 90% by’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) muri Kamena 2013.
Abaturage bo mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bakiriye neza icyemezo cy’ikigo nderabuzima cya Gacuba cyo kwimuka aho gikorera kikajya ahari abaturage benshi bakigana.
Nyuma y’aho UNICEF itangiye gahunda yo gufasha amarerero y’abana bato yo mu karere ka Gicumbi ababyeyi n’abana ndetse n’ubuyobozi bo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko bishimiye iyo nkunga bagiye guterwa n’iryo shami.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe (RMH) byabonye inkunga y’ibikoresho bigezweho ku rwego rw’isi bya Skin graft, bizajya bifasha mu kwihutisha akazi ko gusana no kunoza imikirire y’ibikomere mu gihe umurwayi yakomeretse.
Abagabo babiri Cyiza Moise na Twagirumukiza Emmanuel, buri wese ku giti cye yiyemerera ko ari we wahanze bwa mbere “Kandagira Ukarabe”, igikoresho ubu cyasakaye mu Rwanda hose, gikoreshwa mu rwego rw’isuku n’isukura, ariko hakibazwa uwaba ufite ukuri nyako.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Abaturage bo ku kigo nderabuzima cya Ngeruka mu karere ka Bugesera, bamaze kwegeranya amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 250 yo kureba uburyo bagura ingobyi y’abarwayi.
Mu gihe gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012-2013 byasojwe tariki 31/03/2013, ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe bwitabiriwe ku kigero cya 81,1% wateranyaho abafite ubundi bwishingizi butandukanye bikagera kuri 84,3%.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera badatunze ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé), bavuga ko bazi akamaro ka mitiweri ariko kuba batayitunze ngo ni uko amafaranga bisaba kugira ngo bayitunge asigaye ari menshi kuburyo kuyabona bibagora.