Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubona uko bivuza kuko bibuze ku rutonde rw’abagomba kurihirwa mu ubwisungane mu kwivuza.
Abakora umurimo w’ubukangurambaga mu bijyanye n’ubwishingizi mu kwivuza mu Karere ka Huye, kuva ku rwego rw’Akarere kugeza ku rw’umudugudu, biyemeje ko umwaka w’ingengo y’imari utaha uzarangira abaturage bo muri aka Karere bose baritabiriye ubwisungane mu kwivuza.
Ikigo cya Kimisagara gishinzwe gufasha urubyiruko guteza imbere umurimo n’umusaruro, cyashyizeho abakangurambaga b’urungano gihereye ku rubyiruko, kugira ngo ingamba za Leta zo kuboneza urubyaro no kurwanya icyorezo cya SIDA zigerweho ku kigereranyo kiri hejuru.
Akarere ka Nyamagabe kahaye abashinzwe amashami y’ubwisungane mu kwivuza mu mirenge amapikipiki yo kubafasha mu kazi kabo, hagamijwe kurushaho gukora ubukangurambaga no gushishikariza abantu kwitabira ubwisungane mu kwivuza, kuri uyu wa Gatanu tariki 10/05/2013.
Bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko farumasi zitubahiriza amabwiriza ya Minisiteri y’Ubuzima zibangamira gahunda y’ubwisungane magirirane mu kwivuza buzwi nka mitiweli kuko abaturage badafite mitiweli bajya kugura imiti muri farumasi batabanje kujya kwa muganga.
Umwongereza Sir Andrew Witty ukuriye uruganda GSK (GlaxoSmithKline) rukomeye ku isi mu gukora imiti ivura indwara zitandukanye zirimo na kanseri, kuri uyu wa 08/05/2013 yasuye ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera, mu rwego rwo kureba imikorere yabyo.
Abaganga bo mu bitaro bya gisirikare by’u Rwanda ku bufatanye n’ikigega cya Leta gishinzwe gutera inkunga abarokotse Jenoside batishoboye (FARG) barimo kuvura abarokotse bo mu karere ka Bugesera bafite uburwayi butandukanye burimo n’ubudakira.
Igihingwa cya Spiruline gihingwa mu mazi gifite intungamubiri zirimo vitamine A, E, D, B1, B2, B3, B6, B7, B8 na K, kandi kinakoreshwa nk’umuti uvura indwara zinyuranye zirimo iziterwa n’imirire mibi, ibisebe n’umubyibuho ukabije.
Umubyeyi witwa Cyeziya Mukandayisenga yabyariye umwana upfuye mu cyumba kirimo abandi barwayi n’abarwaza, mu ijoro rishyira kuwa Gatanu tariki 03/05/2013, abari aho bakemeza ko bababajwe n’uko bagerageje kubwira umuforomo wari ku izamu ngo yite kuri uwo mubyeyi nyamara ntabyumve ahubwo akababwira nabi, akajya no kwiryamira.
Ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), byatangije ku mugaragaro igikorwa cyo gutanga insimburangingo ku bantu bafite ubumuga bwo mu matwi. Igikorwa cyabereye mu ishami ryabyo rivura indwara zo mu myanya y’ubuhumekero (ORL), kuri uyu wa 03/05/2013.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bumenyeye ko hari bamwe mu baturage batanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (mitiweli) ariko akaba akiri mu maboko y’abayobozi b’inzego z’ibanze, abayobozi b’utugari turimo ibyo bibazo barimo kuyishyuzwa kuva mu mpera z’icyumweru gishize.
Binyujijwe mu muryango nyarwanda Gender Equitable Local Development (GELD) ukorera muri MINECOFIN, Isami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) ryubatse ikigo nderabuzima cya kijyambere mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi.
Ihuririro ry’urubyiruko (youth Network) ryatangiye igikorwa cyo gukangurira abaturage mu bo mu karere ka Rusizi kwirinda maraliya ku nkunga y’umuryango Nyarwanda wita ku buzima Society for Family Health Rwanda.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi bwihaye intego yo kuba bwageze kuri 90% by’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) muri Kamena 2013.
Abaturage bo mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bakiriye neza icyemezo cy’ikigo nderabuzima cya Gacuba cyo kwimuka aho gikorera kikajya ahari abaturage benshi bakigana.
Nyuma y’aho UNICEF itangiye gahunda yo gufasha amarerero y’abana bato yo mu karere ka Gicumbi ababyeyi n’abana ndetse n’ubuyobozi bo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko bishimiye iyo nkunga bagiye guterwa n’iryo shami.
Ibitaro bya Gisirikare by’u Rwanda bya Kanombe (RMH) byabonye inkunga y’ibikoresho bigezweho ku rwego rw’isi bya Skin graft, bizajya bifasha mu kwihutisha akazi ko gusana no kunoza imikirire y’ibikomere mu gihe umurwayi yakomeretse.
Abagabo babiri Cyiza Moise na Twagirumukiza Emmanuel, buri wese ku giti cye yiyemerera ko ari we wahanze bwa mbere “Kandagira Ukarabe”, igikoresho ubu cyasakaye mu Rwanda hose, gikoreshwa mu rwego rw’isuku n’isukura, ariko hakibazwa uwaba ufite ukuri nyako.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barishimira serivisi z’ubuvuzi bw’amaso zabegerejwe mu kigo Nderabuzima cy’akarere, nyuma y’igihe kinini aba baturage n’abandi bo mu turere baturanye badashobora kwivuriza amaso hafi.
Abaturage bo ku kigo nderabuzima cya Ngeruka mu karere ka Bugesera, bamaze kwegeranya amafaranga agera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 250 yo kureba uburyo bagura ingobyi y’abarwayi.
Mu gihe gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza mu mwaka wa 2012-2013 byasojwe tariki 31/03/2013, ubwisungane mu kwivuza mu karere ka Nyamagabe bwitabiriwe ku kigero cya 81,1% wateranyaho abafite ubundi bwishingizi butandukanye bikagera kuri 84,3%.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera badatunze ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de Santé), bavuga ko bazi akamaro ka mitiweri ariko kuba batayitunze ngo ni uko amafaranga bisaba kugira ngo bayitunge asigaye ari menshi kuburyo kuyabona bibagora.
Mu mahugurwa yo gukumira indwara z’ibyorezo zishobora kwambukiranya imipaka y’ibihugu bigize umuryango w’ibiguhu bya Afurika y’uburasirazuba (EAC), byagaragaye ko abajyanama b’ubuzima bo mu Rwanda bateye imbere kurusha abandi bo mu bihugu bigize EAC.
Umuryango Imbuto Foundation warebeye hamwe n’abayobozi b’inzego z’ibanze, ab’ibigo nderabuzima n’abajyanama b’ubuzima mu karere ka Bugesera uko ubuvugizi bwakorwa kugira ngo ubwandu bw’agakoko gatera SIDA umubyeyi ashobora kwanduza umwana atwite cyangwa igihe amubyara ngo bucike burundu.
Abakozi batanu b’ibitaro bya Ruhengeri bahagaritswe ku mirimo yabo na komisiyo y’umurimo, nyuma y’uko hakozwe raporo ku bijyanye no gukoresha inyemezabwishyu z’impimbano, maze bigafata abakozi biganjemo abaforomo.
Impuguke yihariye mu by’ubuzima ikaba n’intumwa ya Banki y’isi, Mme Miriam Schneidman, avuga ko labolatwari y’ibitaro bya Gisenyi igomba kuzaba ku rwego mpuzamahanga, ashingiye ku nkunga ibi bitaro byatewe yo kuyubaka.
Inzobere mu kuvura indwara z’imitsi, umugongo n’umutwe udakira zaturutse muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirimo kuvura abafite ibyo bibazo ku buntu mu bitaro bya ADEPR Nyamata mu karere ka Bugesera.
Umurenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro uranengwa ko umwaka ushize wari ku mwanya wa kane none muri uyu mwaka ukaba uri ku mwanya wa 12 mu kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Ntaganzwa Faustin w’imyaka 61 y’amavuko akaba yaracitse akaguru n’akandi kakaba kadakora ndetse n’amaboko yombi ntakore, arashimira ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bwamuhaye igare agenderamo nyuma y’imyaka 19 yari amaze atava mu nzu.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo yasuye ibitaro by’akarere ka Nyanza tariki 04/04/2013 abonana n’abakozi bakora muri ibyo bitaro asiga abahaye impanuro zabafasha kurushaho gutanga servisi zinoze kugira ngo ababigana barusheho kunyurwa n’uburyo bakirwamo.