Abasenateri barasaba ko imisanzu ya mutuelle yajya itangwa hakiri kare kugira ngo abayitanze babashe kwivuza badakererewe kandi inzego zose zirebwa n’iyi gahunda zigakora ibishoboka kugira ngo ubushake bwo gutanga ubu bwisungane buhinduke umuco.
Ibitaro bikuru bya Gisirikare bya Kanombe (RMH), bigiye gutangiza uburyo bwihariye bwo kuvura ububabare buturuka ku ndwara zitandukanye, zirimo uburwayi busanzwe n’ihungabana, uburyo bugiye kugezwa bwa mbere mu Rwanda.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro ry’i Kigali (IPRC) ryatanze impamyabushobozi ku bakozi b’ibitaro 17 baryigagamo, bakaba bagiye kuziba icyuho kigeze byibuze kuri 1/3, cyo kubura abasana ibyuma bikoreshwa mu bitaro bya Leta mu Rwanda.
Minisitiri w’intebe arakangurira Abanyarwanda gutanga amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mituelle se Santé), kuko umubare w’abamaze kuyatanga mu Rwanda ukiri muto kandi ari ngombwa kuyatanga kugira ngo umuntu ajye aboba uko yivuza bimworoheye.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyanza ni rumwe mu bakomeje kubeshywa ku bijyanye n’indwara ya SIDA, kugeza ubu itarabonerwa ubumti n’urukingo. Ibihuha ugasanga byibasira uburyiruko mu turere twinshi tw’u Rwanda tugizwe n’igiturage.
Umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi kuri uyu wa kane wahawe ishimwe n’akarere ka Karongi kubera ko uri ku isonga mu bwisungane bwo kwivuza (mutuelle) mu kwaka wa 2012-2013, aho ugeze ku 100%.
Mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza guheka umurwayi mu ngobyi ya kinyarwanda bimaze kwibagirana muri ako gace bitewe n’imbangukiragutabara abaturage baho biguriye.
Ibitaro bya Mibilizi biherereye mu karere ka Rusizi, byasinyanye amasezerano n’umuryango w’Abataliyani Azienda Ospedaliera di Legnano, azajya abifasha kubona ibikoresho bitandukanye mu buvuzi.
Umusore witwa Matayo Dushimirimana yiyemeje gukora ibishobka byose agashaka mituweli, nyuma yo gukora impanuka y’igare agasanga asabwa kwishyura amafaranga menshi kwa muganga, agahitamo kurwarira iwabo.
Mu cyumweru gishize abana babiri bazize inka bariye ziroze abandi bantu bagera ku 100 bajyanwa mu bitaro, nyuma y’aho umuganga w’abatungo yari yategetse ko izo nyama zigomba kujugunywa ariko abaturage bakabirengaho bakazitaburura.
Nubwo mu gihe cyashize hari amadini amwe namwe yari atsimbaraye atemera uburyo bwo kuringaniza imbyaro hakoreshejwe uburyo bita ubwa kizungu, ubu ahenshi mu bitaro no mu bigo nderabuzima by’amadini hatangirwa izo serivisi.
Ubwo itsinda ry’abaganga b’inzobere mu bizamini byo kwa muganga baturuka mu Budage basuraga Isange One Center tariki 24/10/2012 bashimye intambwe u Rwanda muri rusange na Polisi by’umwihariko bateye mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari ya Leta barasaba Ministeri y’ubuzima gushyiraho uburyo buboneye bw’imikoranire yayo n’izindi nzego bireba kugira ngo ibashe kunoza imikorere y’urwego rw’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé).
Nubwo mu kwezi kwa Kanama, abayobozi b’akarere ka Ngororero bagiye mu mirenge gushishikariza abaturage kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza, aka karere karacyari mu myanya y’inyuma mu kwitabira iki gikorwa.
Abahanga mu buvuzi bavuga ko Asipirine igabanya ibyago byo kurwara kanseri z’ubwoko butandukanye, ukanagabanya kwiyongera kwazo mu mubiri, mu gihe umuntu agiye afata Asipirine ku rugero ruto.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Binagwaho Agnes arahamagarira abakozi bo muri serivisi z’ubuzima kurushaho gutanga serivisi nziza anasaba ababyeyi n’abana guhora bazirikana isuku ku mubiri.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Binagwaho Agnes, yashimye ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Kibuye kubera isuku isigaye ibiranga na serivisi zihatangirwa.
Guhera tariki 16-18/10/2012, ku bigo nderabuzima no ku biro by’utugari twose turi mu gihugu, harabera igikorwa cyo gukingira ubuhumyi ku bana batarageza ku myaka itanu, guha imiti y’inzoka ababyeyi batwite n’abonsa, ndetse no gutanga udukingirizo ku bana b’abahungu babyiruka.
kurinda umubyeyi kuva cyane nyuma yo kubyara niyo yari ingingo yaganirwagaho mu nana nyunguranabitekerezo, yahuje inzego zitandukanye zanasabwe gufata ingamba zikomeye mu kurwanya iki kibazo mu Rwanda.
Abaganga basanzwe bavura indwara zo mu mutwe baturutse mu bitaro bitandukanye byo mu Mujyi wa Kigali, basoje amahugurwa ku guhangana no kuvura ingaruka zituruka ku biyobyabwenge, bakoreraga ku Bitaro bya Gisirikare by’u Rwanda (RMH).
Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yashyikirije ibitaro bya Mibirizi inkunga y’ibikoresho bitandukanye byo mu buvuzi bigizwe na ambulance, imashini ikoreshwa mu buvuzi bw’amenyo, echographie, ibitanda, machine de radiologie, n’ibindi byinshi bitandukanye.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Tchèque witwa Jakub Halik ufite imyaka 37 y’amavuko amaze amezi atandatu ariho ariko nta mutima afite. Abaganga bamushyizeho pompe imuha umwuka ikanakoresha amaraso mu gihe bagishaka ukuntu basimbuza umutima yari afite.
Mu nama y’umunsi umwe igamije gusuzuma uko umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda yakwitabwaho, byagaragaye ko abagore 247 bahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda mu karere ka Bugesera.
Mu gukomeza gushakira abaturage ari nabo bavamo abakiriya babo ubuzima bwiza Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) ishami rya Rusizi yatanze utumashini 10 twa glucometres dufasha abarwayi ba diyabete kumenya isukari bafite mu mubiri wabo.
Abaturage batuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru bahawe ubwato bugezweho kugirango bujye butwara ababyeyi kwa muganga kuko bahuraga n’ikibazo cyo kwambuka amazi bajya kwivuriza ku kigonderabuzima cya Nzangwa giherereye mu birometero nka 12.
Abavuzi gakondo mu karere ka Huye bategetswe kujya bacuruza imiti bikoreye bakarea gukoresha iva hanze, nyuma y’uko hari amaduka yagiye agaragara ko acuruza iyo miti ariko agahita afungirwa.
Abaforumu 18 n’abaganga babiri bakuru bo mubitaro bikuru bya Mibirizi batangiye amahugurwa ku ikoreshwa ry’umuti mushya wa Malariya witwa Artesunate.
Inzego zishinzwe kubungabunga ubuzima mu Rwanda zatangaje ko mu mwaka wa 2015 indwara ya Malariya izaba yaracitse mu Rwanda; nk’uko byatangajwe mu nama nyunguranabitekerezo ku kugabanya Malariya yatangiye i Kigali kuva kuri uyu wa gatatu tariki 26/09/2012.
Rwanda Military Hospital, tariki 24/09/2012, yatangije igikorwa cyo kuvura abacitse ku icumu bafite uburwayi butandukanye mu karere ka Kirehe ku bufatanye na FARG mu cyumweru cy’ibikorwa byahariwe ingabo (Army week).
Umuryango SFH (Society for Family Health) uherutse kwegurirwa ibikorwa byakorwaga na PSI, kuri uyu wa 23/09/2012 yatangije ku mugaragaro ibikorwa byayo mu karere ka Ngoma ahari hasanzwe hakorera PSI.