Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyamenyesheje ko imashini ya ‘Electronic Billing Machine (EBM)’ yatumye gukwepa umusoro ku nyongeragaciro wa TVA bidashoboka, kandi ko abacuruzi bagiye koroherwa kubarura ibyo bacuruje no kubika inyandiko ku buryo zitangirika.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangije uburyo bwo gutombola ku banyamahirwe bagira umuco wo kwaka Facture bakabona ibihembo kugeza ubu bigizwe n’amafaranga ibihumbi ijana kuri buri Facture yatomboye. Mu gihe kiri imbere ibi bihembo bikazaniyongeramo ama telefone, television ndetse icya rurangiza kikazaba imodoka.
Abakora ibikorwa byo gusekura isombe mu isoko rya Buhanda riherereye mu karere ka Ruhango, batangaza ko ibi bikorwa bakora bibatunze n’imiryango yabo, kandi bikaba byarabafashije kwiteza imbere.
Umujyanama akaba n’Umuyobozi wungirije w’Akarere ushinzwe Ubukungu, Imari n’Iterambere, madamu Uwitonze Odette, kuri uyu wa Gatandatu tariki 15/02/2014 yatangarije inama njyanama y’akarere ko Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) ari cyo kigiye kwakira imisoro bityo bakaba biteze ko amafaranga avamo aziyongera.
Akarere gafatanyije n’abikorera bo mu Karere ka Gakenke bagiye kubaka ibagiro cya Kijyambere mu Murenge wa Gakenke, rizuzura ritwaye akayabo ka hafi miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda.
Bamwe mu bahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Kigoma, bavuga ko nyir’uruganda rutunganya ikawa, Bufcoffee, yabasabye kwegeranya amafaranga ibihumbi bitanu buri wese kugira ngo azabashe kuboroza ingurube, nyamara ngo hashize imyaka itatu atarubahiriza isezerano kandi we yarakiriye amafaranga.
Imirimo yo kubaka isoko rya kijyambere rya Rwesero riri mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke imaze gutangira, bikaba biteganywa ko uyu mwaka uzarangira isoko ryimutse kandi ngo bikazagira impinduka nziza mu bucuruzi bwo mu karere ka Nyamasheke, by’umwihariko abahacururizaga.
Abafundi n’abayede bagera kuri 70 bari bamaze ukwezi bavuguruye ibyumba bine by’amashuri byo ku rwunge rw’amashuri rwa Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro barizezwa ko amafaranga yabo baba bayahawe bitarenze tariki 14/02/2014.
Mu gihe habura iminsi itatu gusa ngo umunsi w’abakundana wa Saint Valentin ugere ngo abacuruza imitako n’ibindi bihangano mu karere ka Gicumbi nibo babona icyashara kinshi kuri uwo munsi.
Iyo winjiye ahakorerwa ubwubatsi mu bigo bimwe na bimwe mu karere ka Ruhango, usanga abakozi benshi batagira ibikoresha bishobora kubarindira impanuka igihe bari mu kazi kabo.
Bamwe mu bacururiza mu turere twa Kayonza na Ngoma ngo basanga igiciro cy’utumashini dutanga inyemezabwishyu gihanitse, ku buryo bishobora kuzaba imbogamizi ku bucuruzi bwa bo bitewe n’uko ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro kibategeka gukoresha utwo tumashini.
Bamwe mu baturage bakoreye imirimo y’ubwubatsi n’abahaye ibikoresho by’ubwubatsi entreprise ECOQUEEN ihagarariwe Rwigamba Jean de Dieu barasaba ko bakwishyurwa amafaranga yabo kuko hashize hafi imyaka 2 batishyuwe, amaso akaba yaraheze mu kirere.
Umucuruzi witwa Nzeyimana Jean Marie Vianney ukorera mu karere ka Huye yazanye imurikagurisha yateguye ku giti cye mu karere ka Nyanza rikaba rizamara ibyumweru bibiri n’igice.
Abakora ubucuruzi bw’akajagari ku muhanda mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu barasabwa kubireka bakagana udusoko bashyiriweho “selling point”. Ni nyuma y’aho abemeye bagacururiza mu dusoko twabugenewe, bagarararije impungenge zo kubangamirwa n’abacururiza ku muhanda bigatuma batagurisha uko bikwiye.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu baturiye amasoko yubatswe ariko adakorerwamo bavuga ko impamvu ituma aya masoko adakorerwamo ari imisoro kandi n’abayacururizamo batabona abaguzi kubera akajagari k’abandi bantu bacururiza mu nzira n’ahandi hatemewe.
Mu isoko rya Rugarama riri mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, hagaragamo abantu bihangiye umurimo wo gucuruza telefone zigendanwa zakoreshejwe (occasion) kuburyo ushobora kubasangana telefone igura amafaranga y’u Rwanda 1000.
Abayobozi mu ihuriro mpuzamahanga ry’abanyabugeni n’abanyabukorikori bo muri Burkina Faso basuye abanyabugeni bo mu Rwanda mu rwego rwo kubakangurira kujya bitabira imurikagurisha ribera muri icyo gihugu kuko iyo abantu baje muri iryo murikagurisha baba bashaka ibintu byo mu Rwanda cyane.
Abakozi 11 bakoraga isuku mu kigo cy’imyuga cya Kavumu kiri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barashinja rwiyemezamirimo witwa Agaba Sylvan kuba yarabambuye amafaranga y’ukwezi kwa karindwi mu mwaka ushize wa 2013.
Abaturage bubatse imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera ndetse n’abandi baturage batanze ibikoresho kuri Entreprise EMMR barayishyuza miliyoni zikabakaba 40 z’amafaranga y’u Rwanda baheraniwemo na rwiyemezamirimo ndetse n’akarere.
Ba rwiyemezamirimo bo mu ntara y’uburengerazuba bashima ikigo cya Leta gishinzwe gutunganya amasoko ya Leta kuba gikurikirana ibibazo byabo ndetse hakavugururwa amategeko yo gutanga amasoko ku buryo muri iyi ntara bemeza ko 80% by’amasoko atangwa bica mu mucyo.
Abakozi bagera ku 106 bagaragaye imbere y’ibiro by’akarere ka Ruhango tariki ya 15/01/2014, basaba ko ubuyobozi bwabafasha kwishyuza rwiyemezamirimo bakoreye akabambura bakaba baranamubuze.
Inganda za Pembe na Azam zikora ifarini zakuriweho ubusonerwe, aho zisigaye zitanga umusoro ku nyongeragaciro (TVA); nk’uko byatangajwe na Ministiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba. Niyo mpamvu yo kuzamuka kw’ibiciro by’umugati, bamwe mu bawugura batari bazi.
Aborozi bo mu Karere ka Gatsibo bahangayikishijwe n’uko ikibazo cy’igiciro cy’umukamo w’inka zabo ari gito, mu gihe abatunganya amata bavuga ko kuba igiciro cy’ayo batunganya kiri hejuru kubera ibikoresho batumiza hanze biza bihenze.
Ikigo gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyasabye ababyeyi n’abana barya agafu kitwa Supa dipe cyangwa abakanywa gafungujwe amazi, kwitondera ako gafu kuko ngo gashobora kuba atari keza ku buzima bw’umuntu mu gihe bakarigata, cyangwa batarebye neza ko nta mashusho y’imbuto (fruits) ariho.
Nyuma yo gufunga amwe mu mazu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Butare kugira ngo azasimbuzwe amashyashya yubatse ku buryo bwa etaji, ntibyoroheye bamwe mu bayakoreragamo kubona ahandi hantu ho gukorera imirimo yabo y’ubucuruzi.
Imwe mu mbogamizi ituma umubare w’imisoro iba yitezwe kugerwaho itaboneka uko bikwiye mu karere ka Nyabihu, harimo cyane cyane abapakira amamodoka bitwikiriye ijoro kugira ngo bakwepeshe imisoro.
Abatwara abagenzi kuri moto mu karere ka Ngoma bari mu gihirahiro kubera kwirirwa bacibwa amande yuko batahaye abagenzi akanozasuku kandi ngo aho batuguraga tutakibayo.
Abacuruzi bakorera mu karere ka Ruhango, baravuga ko uyu mwaka mushya wa 2014 bawutangiranye ingamba nshya z’ubucuruzi, kuko ngo bazakora ibishoboka byose ngo ubucuruzi bwabo butere imbere.
Ubuyobozi bw’ibagiro rya kijyambere ryuzuye ritwaye amafaranga asaga miliyari eshatu mu karere ka Rubavu, butangaza ko butangiye guhangayikishwa n’imikoranire y’ababazi n’ubuyobozi bw’akarere kuko bishobora kubagusha mu gihombo.
Ikibazo cy’amashyamba atemwa agatwikwamo amakara agurishwa mu gihugu cya Congo kimaze gufata intera kuburyo ubuyobozi butabyitondeye bwazasanga amashyamba yarashize kandi agomba kongerwa.