Ruli: Kutagira sitasiyo ya lisansi bituma abaturage bayicuruza magendu

Kubera ikibazo cyo kutagira sitasiyo zihagije zicuruza ibikomoka kuri peteroli, bamwe mu baturage bo mu karere ka Gakenke bahisemo kuyicuruza mu majerekani kandi ibyo bifatwa nko gucuruza magendu.

Pelagie Musengimana yarangije amashuri yisumbuye mu mwaka wa 2013, avuga ko yanze kwicara nta kintu akora ahitamo kwihangira umurimo. Ku munsi ashobora gucuruza amajerekani atatu ya lisansi kandi injerekani imwe ayungukaho amafaranga 2000 nk’uko Musabyimana akomeza abisobanura.

Mu bibazo bakunda guhura nabyo harimo icyo kubona lisansi bitinze kuko ituruka kure kandi ikazanwa n’imodoka zitwaye abagenzi; nk’uko Musabyiman akomeza.

Ati “ ni ukuvuga ngo ukuntu tuyizana ntago ijya mu bagenzi ahubwo hari tagisi ziba zarabigenewe bubakiye hejuru kuburyo ntaho lisansi ihurira n’abagenzi cyangwa imizigo”.

Emmanuel Bayavuge akora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, avuga ko mu myaka ibiri amaze akora kano kazi, bahura n’ikibazo cyo kubona lisansi kubera bategereza abantu bayikura kigali.

Mu murenge wa Ruli usanga abantu bacuruza lisansi mu macupa no mu majerekani.
Mu murenge wa Ruli usanga abantu bacuruza lisansi mu macupa no mu majerekani.

Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Ruli, Habuduni Sinduhunga, avuga ko ubucuruzi bwa risansi muri buriya buryo butemeye gusa ngo hari ikibazo cyo kutabona lisansi. Ati “ buriya bucuruzi nimagendu nkizindi zose, gusa hano hari ikibazo cyuko abantu bafite ibinyabiziga byinshi bakabura risansi”.

Siduhunga avuga ko bagiye gukorera abaturage ubuvugizi banashishikariza abashoramari kuhashira sitasiyo ya risansi kugirango abaturage badakomeza gucuruza risansi muri buriya buryo.

Sinduhunga avuga ko umuntu ufashwe acuruza risansi muri buriya buryo ahanishwa amande angana n’amafaranga ibihumbi cumi nubwo banyirugucuruza babihakana.

Umuvugizi akaba n’umugenzacyaha mukuru wa police mu ntara y’amajyaruguru, Spt Emmanuel Hitayezu, avuga ko buriya bucuruzi butemewe kuko bushobora guteza inkongi y’umuriro.

Ati “abantu benshi ntago bakunze gutekereza kuri icyo kintu kandi ni kibi rwose, kuburyo niyo dusanze aho babikora tubishyikiriza ikigo gishinzwe imisoro n’amahoro kuko ari magendu”.

Spt Hitayezu akomeza avuga ko nta bihano by’umwihariko bateganyiriza abantu bakora ubwo bucuruzi uretse gushyikiriza ibicuruzwa byabo ku bashinzwe ubucuruzi bwa magendo.

Gusa mu gihe hagize ibyangirika biturutse ku nkongi y’umuriro ishobora guterwa n’izo risansi Spt Hitayezu asobanura ko uwateje iyo mpanuka ategekwa kwishura ibyangijwe n’inkongi y’umuriro byose.

Abdul Tarib

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka