Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Vestine wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yakomerekejwe n’amasasu yavuye muri Congo mu murwano yashyamiranyije M23 n’ingabo za Congo Kibumba hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 28/10/2013.
Abayobozi b’umugi wa Kigali bari kumwe n’abahagarariye inzego z’urubyiruko, iz’abagore hamwe n’abikorera basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babashyikiriza imfashanyo y’ibikoresho, ibiribwa n’imyambaro bagenewe n’abatuye umujyi wa kigali.
Kanani Pacifique utuye mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro avuga ko aho agereye mu Rwanda ubworozi bw’inka bwanze kongera kumuhira, nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya igitaraganya bikamuviramo gusiga inka ze nkuru 870 atabariyemo utunyana duto.
Ubwo Paruwasi Gatolika ya Rambura yizihizaga yubire y’imyaka 100 imaze ishinzwe yashimiwe ibyiza yagezeho ariko abaturage barimo n’abakirisitu basabwa gucika ku mico mibi irimo n’ubuharike buharangwa.
Mu mirwano ishyamiranyije ingabo za Congo n’umutwe wa M23 ku mugoroba wo kuri icyi cyumweru taliki 27/10/2013 yatumye ibisasu 12 byongera kugwa ku butaka bw’u Rwanda abantu umunani barakomereka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Murambi mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro, Aloys Nahimana, akurikiranyweho kunyereza amafaranga ibihumbi 176 yakusanyijwe guhera mu kwezi kwa kane 2013 mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda atanzwe n’abaturage kugira ngo afashe abacitse ku icumu batishoboye.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abakozi b’akarere ka Nyamasheke kurangwa n’ubufatanye ndetse n’imikoranire myiza kugira ngo babashe kugera ku ntego zo kwesa imihigo no gutera imbere.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika taliki ya 26/10/2013, rivuga ko buhangayikishijwe n’imirwano yongeye kubura mu burasirazuba bwa Congo ndetse ko bwamaganye ibikorwa byo kurasa mu kindi gihugu.
Ambasaderi Eugene Richard Gasana uhagarariye u Rwanda muri LONI yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko u Rwanda rwamaze kumenyesha Umuryango w’Abibumbye LONI ko igihugu cya Kongo Kinshana nikidakumira abatera ibisasu mu Rwanda mu minsi ya vuba aha u Rwanda ruzohereza ingabo muri Kongo kwicyemurira icyo kibazo.
Abana babiri n’umukecuru umwe bo mu murenge wa Bugeshi na Busasamana mu karere ka Rubavu bakomerekejwe n’amasasu yaturutse muri Congo mu ntambara ihuje ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23.
Intambara ihuje ingabo za leta ya Congo FARDC na M23 mu kibaya gihuje u Rwanda na Congo mu masaha ya 6h45 kuri uyu wa gatandatu yakomerekeje Gisubizo umusore w’imyaka 16 mu kagari ka Rusura umudugudu wa kageyo.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/10/2013, umugabo witwa Elie Renzaho w’imyaka 54 yagwiriwe n’ikirombe kiramuhitana, naho bagenzi be batanu bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Umugoroba w’ababyeyi watangijwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 25/10/2013 watangijwe mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu witegezweho kuzakemura byinshi mu miryango y’Abanyarwanda.
Mu mirenge ine yo mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka 43 muri gahunda ya Girinka. Mu murenge wa Bigogwe hatanzwe inka 10, mu wa Kabatwa inka 11, uwa Shyira na Rugera naho hakaba hatanzwe 11 buri hose, Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2013.
Intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yanagize ingaruka ku bice by’u Rwanda byegegeranye, imaze kugwamo Abanyarwanda babiri naho undi arakomereka biturutse ku bisasu byinshi bimaze kuraswa mu Rwanda biturutse mu mpa ingabo za Congo ziherereyemo.
Ishuri ry’Amahoro Rwanda Peace Academy (RPA) riherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 ryashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’urwego rw’ingabo z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye arirwo Eastern Africa Standby Force (EASF).
Kuri uyu wa 25/10/2013, mu Rwanda hinjiye Abanyarwanda 98 bavuye mu buhungiro mu bice bitandukanye bya Congo. Bamwe bavuga ko batashye kubera kurambirwa ubuzima bubi abandi bavuga ko bari bamaze kumenya amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kageyo akagari ka Rusura umurenge wa Busasamana akarere ka Rubavu baratangaza ko ingabo za Congo zitangiye kurasa mu Rwanda.
Ku isaha ya saa kumi z’igitondo cyo kuri uyu wa 25/10/2013 nibwo imirwano yongeye kubura hagati ya M23 n’ingabo za Congo, aho abaturage bari batuye Kibumba barenga 400 bamaze guhungira mu Rwanda.
Bamwe mu batuye akarere ka Kamonyi basanga byaba byiza abakobwa bigishijwe imyitwarire ikwiye irimo kutiyandarika no gukunda umurimo, kuko hari abagaragaza imyitwarire itari myiza, kandi aribo babyeyi b’ejo hazaza.
Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki (NFPO) ryasabye ko imitwe ya politiki yose iririmo, yakwemeza cyangwa igahakana ko ari abanyamuryango, nyuma y’ishyirwaho ry’itegeko rishya rigenga imitwe ya politiki.
Abasirikare 27 ba FDLR bashaka gutaha mu Rwanda kuva tariki 14/10/2013 babujijwe gutaha n’ubuyobozi bwa Congo na MONUSCO. Muri aba harimo 25 bafungiye mu kigo cya MONUSCO naho abandi babiri bari mu maboko ya FARDC.
Abasaza, abakecuru, ababyeyi, abasore n’inkumi babarirwa hafi muri 200 baraye ku biro by’umurenge wa Bwishyura, aho bari baje guhembwa amafaranga y’amezi atatu bamaze batishyurwa na rwiyemezamirimo urimo gusana umuhanda Muhanga-Karongi.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu, tariki ya 23/10/2013 yemeje ivugururwa ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ingufu, amazi n’isukura (EWSA) kikavamo amasosiyete abiri, imwe ishinzwe ingufu naho indi ishinzwe amazi n’isukura.
Nyuma y’uko ubuyobozi bwa RFTC ifite gare ya Musanze, RURA n’abafite amasosiyete atwara abantu bagiranye ibiganiro biyobowe n’umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, hemejwe ko haba hakurikizwa amabwiriza asanzwe ariho, ibitanoze RURA ikabyigaho mu gihe kitarenze icyumweru.
Ingo z’abafite amafaranga nizo zikunda guhura n’ibibazo byo gutandukana kurusha abadafite ayo mafaranga bafatwa nk’akakene, nk’uko byemezwa na bamwe mu bubatse ku mpande zombi.
Ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwashyikirije itsinda ry’ingabo za ICGLR zishinzwe kugenzura impaka y’u Rwanda na Congo (EJVM) abasirikare batatu ba Congo bari bafungiye ku butaka bw’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje abashoramari b’Abashinwa baje kureba ibikenewe kugirango bazane inganda zabo mu Rwanda, ko inyungu bifuza bazazigeraho bitewe n’uko mu Rwanda na Afurika muri rusange, bakeneye byinshi mu buzima bwa buri munsi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu burahamagarira abaturage bahawe gitansi zibaca amande bahawe n’imirenge bazizana kugira ngo zikurikiranwe kuko gitansi zica amande zemewe zitangwa n’akarere.
Ubwo abayoboke b’idini rya Islamu basuraga abagororwa bo muri gereza ya Cyangugu babazaniye ifunguro batangaje ko amategeko agenga iridini harimo n’irivuga ko ifunguro risangiwe n’abantu benshi ritanga umugisha ku muntu warihawe ndetse n’uwaritanze.