Bamwe mu banyururu bafungiwe ibyaha bya Jenoside n’ibindi byaha by’ubugome n’ubujura buremereye, bari bategereje ko bashobora kuzafungurwa by’agateganyo kubera baba baritwaye neza babwiwe kubyibagirwa kuko itegeko ry’u Rwanda ritabyemera.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buratangaza ko abaturage bari batuye mudugudu wa Gakagati ya kabiri mu murenge wa Rwimiyaga bumvise inama z’ubuyobozi mbere bimutse naho abinangiriye aribo basenyewe, kuri ubu bakaba ntaho bafite bikinga.
Kuba Abanyenkombo bagifite imico bakomora muri Congo wo guharika, aho usanga abasore bakiri bato bafite abagore barenze umwe, ngo ni imbogamizi ikomeye muri gahunda yo kuringaniza imbyaro muri kuri iki kirwa.
Umushinga mpuzamahanga DOT (Digital Opportunity Trust) uhugura abantu kwibyazamo impano bafite kugira ngo babone imirimo, uratangaza ko abarangiza Kaminuza bagahugurwa nawo, bafite amahirwe yo kubona imirimo ku kigero cya 85%, ugereranyije na 8% by’ababona imirimo batarahuguwe.
Nyuma y’isozwa ry’igikorwa cyo gusuzuma imikorere y’abakozi ba Leta ku nzego z’imirenge n’utugari, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba abatanga serivisi za Leta ndetse n’abakorera mu nyubako za Leta kuhashyira ibendera ry’igihugu.
Umuryango w’urubyiruko uharanira iterambere rirambye RYOSD (Rwanda Youth for Sustainable Development) n’ubuyobozi bw’intara y’iburasirazuba basuye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babaha ubufasha burimo imyenda n’amasabune.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi burahamagarira abaturage bawutuyemo bajya muri Congo guca ku mipaka izwi kugira ngo bagabanye ihohoterwa riri gukorerwa abaturage basanzwe bicira inzira zidasanzwe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Damas Gatare, yatangaje ko uwari umusirikare mu ngabo z’igihugu, Lit. Joel Mbabazi wabaga muri Uganda yashyikirijwe Polisi y’u Rwanda akurikiranweho icyaha cyo guhungabanya umutekano mu bikorwa byo gutera ibisasu mu Mujyi wa Kigali.
Norbert Shyerezo wari uhagarariye komite y’urubyiruko yo mu karere ka Ngororero yatorewe kuba umuyobozi mukuru w’Inama nkuru y’igihugu y’urubyiruko (NYC), mu matora yabaye tariki 30/10/2013.
Mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga 2013 nibwo abatuye mu mujyi wa Ngororero bishimiraga ko batakigendera mu mwijima kubera amatara yashyizwe ku muhanda no mu mujyi rwagati, ariko nyuma y’amezi 4 gusa ayo matara ntacyaka.
Abarwanyi 15 ba M23 hamwe n’abandi Banyecongo 3 bari kwitabwaho n’umuryango utabara imbabare Croix-Rouge nyuma yo kurasirwa mu mirwano yahuje M23 n’ingabo za Congo nabo bari bafatanyije.
Umunyeshuri w’umunyarwanda wiga Goma taliki ya 29/10/2013 yahohotewe n’ingabo za Congo zikorera ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo i Rubavu zimuhora kuba zarabuze abantu benshi ku rugamba zarwanye na M23 i Kibumba.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye urubyiruko rwaje mu nama ya ‘Transform Africa’ ruturutse mu bihugu bitandukanye bya Afurika, ko ubukire n’imibereho myiza bashaka, batagomba kubisaba Leta cyangwa undi wese, ahubwo ko bagomba kwibyazamo impano bafite bakaziteza imbere, kugirango babeho uko babishaka.
Kuva taliki ya 14/10/2013 abarwanyi 25 n’abandi batatu bo mu miryango yabo batatu bafungiye mu kigo cya MONUSCO cyakira abarwanyi bitandukanyije n’imitwe yitwaza intwaro kiri mu mujyi wa Goma hafi y’ikiyaga cya Kivu.
Abanyarwanda 159 bamaze kugera mu karere ka Gisagara birukanwe mu gihugu cy’Uburundi, nyuma y’uko mu cyumweru gishize iki gihugu cyafashe icyemezo cyo kwirukana Abanyarwanda bakibamo ku buryo butemewe n’amategeko.
Abakozi ba sosiyete y’itumanaho ya Tigo bakorera mu karere ka Ruhango, bamaze kwibwa amafaranga asaga ibihumbi 500 mu buryo batari bamenya.
Nyuma y’ibisasu 20 n’amasasu mato menshi yarashwe mu Rwanda n’ingabo za Congo bigahitana ubuzima bw’Abanyarwnda babili naho abandi 9 bagakomereka hamwe n’abanyecongo 7, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bazafata mu mugongo abagize ibyago.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uwabadepite kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ku nsanganyamatsiko ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo iyo gahunda na bo bayigire iyabo.
Kuva taliki 28/10/2013 Abanyarwanda 4 bo mu murenge wa Bugeshi ahitwa Gasizi baturiye igihugu cya Congo bambuwe ibyabo abandi bakubitwa n’ingabo za Congo ubwo abo baturage bari bagiye hakurya muri Congo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’gihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), tariki 29/10/2013, bwashyikirije minisiteri y’impunzi n’imicungire y’ibiza (MIDIMAR) ibiribwa byafashwe byinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu kandi biri gucuruzwa nyamara bigenerwa impunzi ku buntu.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza “Commonwealth”, Kamalesh Sharma yatangaje ko amatora y’abadepite yabaye tariki 16-18/09/2013 mu Rwanda yabaye mu mutuzo kandi yubahiriza ibipimo bya demokarasi.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uw’abadepite kuri uyu wa 29 Ukwakira 2013 bagiye mu mwiherero w’iminsi itatu mu kigo cya gisirikare i Gabiro, mu karere ka Gatsibo, mu rwego rwo kugira ngo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na bo bayigire iyabo.
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.
Intambara yamaze iminsi ine ibera mu burasirazuba bwa Congo mu gace ka Kibumba yakomerekeyemo abarwanyi 15 ba M23 bahungiye mu Rwanda bagashyikirizwa umuryango mpuzamahanga wita ku mbabare Croix-Rouge nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Umwiherero w’abakozi b’akarere ka Nyamasheke wabereye mu karere ka Rubavu kuva tariki 27-28/10/2013 wize ku ngamba zatuma ahantu hahurira abantu benshi hashyirwa imirindankuba.
Ubwo bizihizaga umunsi bibukaho ivugurura ryakozwe na Martin Luther washinze itorero ryabo, abayobozi b’Itorero ry’Abaruteri mu Rwanda Paruwasi ya Kamembe basinyiye imbere y’Abakiristu babo imihigo y’ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere.
Nyuma yo kwirukana ingabo za M23 mu mujyi wa Kibumba no mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu mujyi wa Kibumba ibyishimo byari byose mu ngabo za Congo (FARDC) kuri uyu wa 28/10/2013.
Bamwe mu bashoferi cyane cyane abatwara abagenzi ku Rusizi ya mbere banze gukorera muri gare kubera ko ngo abakiriya babo b’Abanyacongo baherereye mu mujyi gusa. Bari babanjye kubyubahiriza ariko ngo haje gusanga bari gukorera mu gihombo kubera ko aho gare iri ari kure y’aho abagenzi babo bari.