Nyuma y’uko Banki nkuru y’Igihugu isohoye inoti nshya ya 500, bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero barimo abacuruzi n’abakora muri serivisi zicuruza amafaranga bavuga ko iyo noti ibatera urujijo kuko zijya gusa n’inoti y’amafaranga 1000.
Bamwe mu bagore n’abakobwa bakora uburaya mu mujyi wa Muhanga baravuga ko benshi mu bakiliya bahura nabo baba ari abagabo bubatse ingo kandi ngo ikirenzeho bo ni uko baza badashaka gukoresha agakingirizo.
Abakoresha umuhanda Huye-Kitabi barasaba inzego zibishinzwe ko zatabara mu maguru mashya zigasana uyu muhanda ingendo zitarahagarara, cyane cyane ahitwa mu Gakoma hashize hafi imyaka ibiri haracitse bikabije ku buryo imvura nyinshi iguye hazashiraho burundu.
Abategera muri gare ya Musanze bananiwe kwerekeza mu byerekezo byabo mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013 bitewe n’uko amasosiyete atwara abantu yari yabujijwe gusohoka muri iyi gare bitewe no kutishyura umusoro mushyashya.
U Rwanda rwagaragaye ku ikarita y’ibihugu binyuranye ku isi birangwamo abagore n’abakobwa ngo boroshye cyane guteretwa nk’uko urutonde rwakozwe hagendewe ku buhamya abakerarugendo rubigaragaza.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi bushima igikorwa cy’abagore bafite abagabo babo muri FDLR kuko bahagurukiye kubashishikariza gutaha bakava mu mashyamba ya Congo.
U Rwanda rwashyikirije itsinda ry’ingabo za ICGLR rishinzwe kugenzura imipaka y’u Rwanda na Congo (EJVM) umusirikare wa Congo wafatiwe mu Rwanda yasinze taliki 18/10/2013.
Mathias Van Dis wigishaga Icyongereza mu rwunge w’amashuri rwa Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ngo yaba atakiri mu Rwanda nyuma yo gukurwa aho yigishaga biturutse ku myitwarire mibi.
Abambasaderi batanu bashya bagiye guhagararira ibiguhu byabo mu Rwanda batangaza ko bazashyira imbaraga mu kuzamura umubano w’ibihugu byabo n’u Rwanda ushingiye ku bwumvikane n’iterambere mu bukungu.
Ibyishimo ni byose mu muryango wa Mugiraneza Chrysanthe na Dusabe Francine, nyuma y’igihe kinini barabuze umwana wabo Agwaneza Honoré bakunze kwita Dudu wabonetse taliki 19/10/2013 kwa Nyirasenge mu Murenge wa Kacyiru mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi buvuga ko bwashoboye guca agahigo ko kwandika mu bitabo by’irangamimerere abana bakivuka, aho umurenge wihaye intego yo gusanga abaturage kwa muganga n’aho batuye bakandika abana bavuka kurusha uko abaturage bazaga ku murenge kubandikisha.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, asanga abakozi b’aka karere, abagasura mu rwego rw’akazi ndetse n’abagatuye ubwabo bavunika cyane kubera imiterere mibi yako inatuma aka karere gakomeza kudindira mu iterambere.
Ministre w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musoni James, yashimye ku mugaragaro akarere ka Karongi kuba karabaye aka mbere mu mihigo ya 2012-2013, avuga ko ibanga nta rindi, ari ubufatanye no guhuza ibikorwa hagati y’inzego zose, uhereye kuri Njyanama, Nyobozi, Ingabo na Police, abafatanyabikorwa batandukanye kugera ku rwego (…)
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre-Damien Habumuremyi yasabye Kiriziya Gatolika n’andi matorero, gufasha Intama baragira (abakristu) kubona ibibatunga no kubajijura, kuko ngo umuntu ushonje akaba n’injiji ntacyo bamubwiriza kijyanye no kuba umukristu nyawe ngo agifate.
Umwana uri mu kigero cy’imyaka ibiri n’igice yapfuye azize imyumbati mibisi yahekenye ubwo bayikuraga mu murima, kuri uyu wa Gatanu tariki 18/10/2013. Undi witwa Nathan Niyonzima na Devota Jyamubandi bo barwariye mu bitaro by’i Gitwe.
Igishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Kigali cyamuritswe kigaragaza uburyo uyu murwa mukuru uteganywa guhindurwamo ikitegererezo muri Afurika no ku isi, bitewe n’iteganyamigambi rijyanye n’igihe ryashyizwe imbere mu myubakire izaba iriho.
Umuyobozi wungirije w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB), Ambasaderi Fatouma Ndangiza aratangaza ko nta gihugu gishobora kwigira kitazamuye imisoro. Ibi madamu Ndangiza yabivuze kuri uyu wa kane mu Ntara y’iBurengerazuba, ubwo hatangizwaga ku mugaragaro igikorwa cyo kwihutisha gahunda yo kwigira bahereye mu nzego (…)
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Agnes Karibata, na Oda Gasinzigwa, Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango bifatanyije n’abafatanyabikorwa b’izo Minisiteri n’abaturage n’abayobozi b’akarere ka Ngororero mu kugaburira abantu bari mukiciro cy’abafite intege nke.
Gutura ku midugudu 100% byatumye abatuye umurenge wa Jarama akarere ka Ngoma besa imihigo ku kigereranyo cya 98%, bibahasha igikombe nyuma bahize indi mirenge yose igize aka karere.
Umurenge wa Kinazi wesheje imihigo wari wahigiye ku rugero rwa 90% mu mwaka ushize w’ingengo y’imari, byawuhesheje kuza ku isonga ry’iyindi Mirenge yo mu Karere ka Huye mu kwesa imihigo.
Col. Charles Musitu, Komiseri mu kigo cy’igihugu gishinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) yasuye abacungagereza mu karere ka Nyanza aho bari mu myitozo yo ku rwego rwo hejuru mu gucunga abagororwa nta ntwaro bakoresheje yishimira ubumenyi bamaze kwiyungura mu gihe gito bahamaze.
Inama njyanama idasanzwe y’akarere ka Bugesera yakiriye ubwegure bwa Narumanzi Leonille wari umuyobozi wungirije w’ako karere ushinzwe imibereho myiza y’abaturage wasabye kwegura kubera igihano cy’igifungo cy’imyaka 2 yakatiwe n’urukiko.
Ubwo yarahiriraga kuzatunganya imirimo ye, umuyobozi mushya w’ikigo gishinzwe iterambere (RDB), Amb. Valentine Rugwabiza Sendanyoye, yijeje Perezida Kagame ko ibyo amwitezeho bizagerwaho, hashingiwe ku kwakira abashoramari benshi no gushaka icyatuma bakomeza gukorera mu Rwanda.
Kuri uyu wa 17/10/2013, itorero ry’Abangirikani ryashyikirije ibikoresho bitandukanye Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi buratangaza ko abafatanyabikorwa bako bamaze gukusanya miliyoni zisaga 11 zizakoreshwa mu birori nyirizina byo kwizihiza no gutaha igikombe akarere gaherutse kwegukana mu mihigo ya 2012-2013.
Jean Pierre Ndagijimana wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke weguye ku mirimo ye, yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 17/10/2013, akurikiranwaho kuba yarakoresheje ububasha yari afite agaha isoko Sosiyete yari afitemo inyungu.
Umuyobozi mukuru wungirije w’itorero ry’igihugu avugako Abanyarwanda ba kera bari abantu basobanutse kandi bazima kuko bari bafite itorero ryatozaga abayobozi mu nzego zose. Akemeza ko uyu muco u Rwanda ruri kuwugarura kandi ukareba Umunyarwanda wese uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 20 na 35.
Mu biganiro byahuzaga Sena z’u Rwanda n’iya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, zemeranyijwe gutangiza ubufatanye mu kurandura imitwe y’twaje intwaro ikorera mu burasirazuba bwa Congo, biturutse ku gitekerezo cya Sena y’iki gihugu yemeye ko umutwe wa FDLR ubangamiye iki gihugu ukanahungabanya umutekano w’abaturage.
Abakozi b’umurenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga barasaba ko ikibazo cy’inyubako umurenge ukoreramo cyakemuka kuko iyi nyubako imaze igihe iva mu gihe cy’imvura.
Abakozi bo mu karere ka Rwamagana bakorera ku rwego rw’umurenge n’akagari barinubira ko bamwe mu bayobozi b’imirenge bikubira amafaranga yo gukoresha mu kazi, bakayakoresha uko bashaka mu gihe abo bakozi batanahabwa amafaranga y’urugendo n’ay’ifunguro iyo bagiye mu butumwa bw’akazi.